FPR
RFL
Kigali

Kwa Kecapu uherutse kwibaruka impanga bagaragaje igisobanuro cy’urugo rwiza

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:4/09/2023 12:24
0


Umukinnyi wa filime, Kecapu wamenyekanye muri filime “Bamenya Series”yagarutse ku gisobanuro cy’urugo rwiza,nyuma yo kwibaruka abana batatu icyarimwe,ashimira umugabo we umubahafi muri byose.



Mukayizera Jalia Nelly wamenyekanye nka Kecapu muri filime nyarwanda,mu kiganiro n’umugabo we,batangaje ibiranga urugo rwiza ndetse bagaruka no ku mibarire hagati yabo.

Mutabazi Jean Luck  yatangaje ko urugo rwiza ari ahantu hamuha amahoro akahaturiza ndetse akaba yishimye atekereza neza.

Yatangaje agira ati “Urugo rwiza kuri njye,ni ahantu hampa amahoro,urugo ntakwifuza guhunga,ahantu mba ntuje ntekereza neza”.

Yagarutse ku mibanire ye n’umugore we Kecapu,avuga ko yishimiye uburyo abanye na we ndetse ashima Imana yabahaye umugisha wo kwibaruka abana batatu b’impanga,kandi avuga ko yizeye kugera no ku bindi yarotaga mu buzima bwe.

Kecapu we yagize ati “ Urugo rwiza ni urugo ndimo kuko mbona ibyiza nifuza,sinzi niba hari urundi rugo rwiza nk’urugo rwanjye n’umugabo wanjye n’umuryango muri rusange”.

Kecapu kandi yafashe umwanya ukomeye wo gushimira umugabo we ku bwo kumuba hafi no kumushyigikira umunsi ku wundi mu bikorwa bye akora buri munsi.

Mu bigaragara uyu mukinnyi wa filime Kecapu yashimye urugo,nk'uko akomeza kubitangaza.Ubwo yari kuri Kecapu Tv Show, yavuze ko urugo rwe rumushimisha kandi atifuza ko ruhungabanywa n’ibihe.

Uyu mugore wamenyekanye muri Sinema nyarwanda,yibukije abakunzi be kubana n’abandi bantu amahoro kandi bakiga kubana nabo batabakomeretsa yaba mu magambo bavuga yaba mu biganiro cyangwa mu nama batanga.

Kecapu yigeze atangariza InyaRwanda ko uyu mugabo we amukunda urukundo rwuzuye kandi ko anyuzwe no kuba umugore we akaramata.

Kecapu yagize ati “ankunda bitari iby’izina,atari uko ashaka ko abantu bamenya ko turi kumwe gusa,bituma mukunda cyane.Arankunda nkanyurwa,ni umuntu udashobora kuvuga kuki wakoze ibi? Ahubwo areba ibiri imbere”.

Ashimira ingo zose zibanye neza kandi akifuriza abantu batagize umugisha wo kubona urugo rwiza kurubona,bakamurikirwa n’Imana bakabona ingo bishimiye kuko urugo rwiza ari ijuru rito.


Nyuma yo kwibaruka abana 3 b'Impanga Kecapu yavuze ko atewe ishema n'urugo rwe  





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND