Umuhanzi Muhoranimana Eloi uzwi nka Eloi El wibanda ku ndirimbo zubakiye ku mudiho wa EDM, yatangaje ko ari gukorera album mu inzu ifasha abahanzi ya Palm Tree Record, ishami rya Sony Music Entertainment.
Ni nyuma y’uko kuri uyu wa
Gatanu tariki 7 Nyakanga 2023, asohoye indirimbo ya mbere yise ‘Any more’ kuri
iyi album ateganya ko izaba igizwe n’indirimbo 11.
Yabwiye InyaRwanda ko album
ye izaba iriho indirimbo yakoranye n’abahanzi bo mu bihugu bitandukanye birimo Afurika
y’Epfo n’ahandi.
Avuga ko idasanzwe mu buzima bwe, kuko izumvikanaho indirimbo ya mbere yakoranye na
Mukuru we Sean Brizz uherutse gusohora indirimbo ‘Niko kuri yatunganyijwe mu buryo bw'amajwi nawe (Eloi El).
Ati “Bimpesheje ishema
cyane no kuba iyi ndirimbo ariyo ya mbere tugiye gusohorana kandi ikaba
izanasohokera muri Sony Music ndetse nawe akamenyeka mu bihugu byo hanze.”
Uyu musore avuga ko amaze
gutunganya indirimbo eshanu mu zigize iyi album, kandi mu minsi iri imbere
azatangaza izina yahaye iyi album.
Eloi avuga ko indirimbo
ziri kuri iyi album zishingiye ku buzima abantu banyuramo cyane cyane urukundo,
kandi izumvikanisha ubuhanga bwe mu gutunganya indirimbo ‘Production’.
Ati “Ubutumwa bw’iyi album,
mbere na mbere izaba ikubiyemo ‘sound signature’ yanjye nk’umu producer.
Indirimbo ziriho harimo izerekeye urukundo n’izindi zerekeye ubuzima, aho
navuye, aho ndikwerekeza n’ibindi.”
Eloi El ni murumuna wa
Chris Cheetah wamenyekanye mu gutunganya indirimbo z’abahanzi bakomeye mu
Rwanda, na Sean Brizzz.
Mu nzozi z’uyu musore avuga
ko ashaka gukora umuziki utandukanye n’uwo abandi bahanzi mu Rwanda bakora
kandi wisangamo abantu bose.
Ati “Indoto mfite ni izo
gukora umuziki utandukanye kandi wisangamo ingeri zose haba mu Rwanda no mu
mahanga hose bakaba bawisangamo ngerageza no kuzamura igihugu cyanjye.”
Eloi El mu bo afatiraho
urugero bakora EDM harimo aba-Dj nka Black Coffee, Kygo na Sun-El Musician.
Avuga ko impamvu yahisemo EDM ari uko ari injyana akunda kandi yakunze kumva
cyane kuva mu buto bwe kandi akaba ari injyana ikunzwe ahantu henshi.
Uyu musore mu myandikire
avuga ko yibanda ku rukundo no ku buzima busanzwe.
Ubu amaze gukora indirimbo
24. Akaba ashaka gukorana izindi nyinshi n’abahanzi bo mu Rwanda n’abandi
mpuzamahanga cyane ko hari label nyinshi bakorana zakunze umuziki akora.
Eloi El yize amashuri
abanza kuri Groupe Scolaire Cyahafi, naho ayisumbuye ayiga muri Ecole Technique
Muhazi [ETM] aho yasoje mu ishami rya Computer Science and Managment. Studio
akoreramo umuziki, ikorera mu rugo iwabo.
Electronic Dance Music
(EDM) uyu musore akora, izwi na none nka Dance Music, Club Music cyangwa Simply
Dance. Ni uruhurirane rw’imiziki iri mu mujyo wa Electronic ukunze kwifashishwa
cyane n’aba-Djs mu tubyiniro n’ahandi.
Aba ba-Dj bo hanze
bafatanya n’abandi baririmbyi baba basanzwe bazwi baririmba. Izwi ku ba-Djs
bakomeye bo hanze nka David Guetta, Martin Garrix, Alan Walker, AVICII,
Chainsmokers n’abandi.
Mu mpera zo mu myaka yo mu
1980 no mu ntangiriro za 1990 ni bwo iyi njyana yatangiye kugira umuriri mu
bihugu by’i Burayi.
Hari izindi njyana
zamenyekanye zishamikiye kuri EDM zirimo nka Dance-pop, House, Techno, Trance,
Drum & Bass, Dubstep na Trap n’izindi.
Eloi El yatangaje ko ari
gukorera album muri Sony Music, kandi izamufasha kuyimenyekanisha
Eloi yavuze ko bishimishije
kuba agiye guhurira mu ndirimbo na Mukuru we Sean Brizz
Eloi avuga ko iyi album ye
ya mbere izitsa cyane ku rukundo
KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO‘ANY MORE’ YA ELOI EL
TANGA IGITECYEREZO