RFL
Kigali

Ahenze agura ibihumbi 250 Frw: Amakositimu 6 agezweho muri Kigali yambarwa n'abasilimu bari mu rugero-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:13/06/2022 15:39
0


Ikositimu ni umwambaro wambarwa n’abasilimu, abanyacyubahiro, abaherwe n’abaserutse mu birori byihariye. Amakositimu atandukanya ibyiciro bijyanye n'aho ugiye cyangwa igiciro.



Ibihumbi 250 Frw si amafaranga macye ariko na none bitewe n'aho umuntu aherereye mu rw’imisozi 1000, si menshi kuko hari abagenda mu nzira bayambaye (250,000 Frw) bakanayarenza uteranije ibyo bambaye byose kuva ku kirenge kugera ku mutwe.

INYARWANDA yasuye iduka riri muri Care Free Zone ryitwa Ma Colombe, ibegeranyiriza amakositimu agezweho ari kwambarwa muri iyi minsi n’abasilimu bari mu kigero kitari icyo hejuru cyane muri Kigali.

Ibiciro by'aya makote n'amapantalo yayo biri hagati y’ibihumbi mirongo 60 Frw n’ibihumbi 250 Frw ndetse iyo unyujije amaso mu banya-Kigali b’igitsinagabo hafi ya bose usanga ku kigero kiri hejuru ari yo baba bambaye.

 

Lamberty igura ibihumbi 250Frw

Elelto igura ibihumbi 120Frw

Giorgen Man igura ibihumbi 100Frw

Raach Bondi igura ibihumbi 100 Frw


Pierre Gordim igura ibihumbi 60 Frw

Zara Milano igura ibihumbi 60 Frw

Uwambaye neza agaragara neza 

Ipantalo yonyine ya Ozelitte iri mu ibara risa nk'ivu igura ibihumbi 25Frw

Ipantalo ya Vardano Mauri Italy iri mu ibara ry'ubururu (urete ko hari n'andi mabara) igura ibihumbi 60 Frw

Ma Colombe ni ryo duka ricuruza aya makote

Ma Colombe ikorera muri haruguru ya Car Free Zone rwagati mu mujyi wa Kigali






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND