Mu gihe Tom Close yatanze igitekerezo cy’uko abahanzi nyarwanda bashyira hamwe bagakora igitaramo cyo kwihimura kuri Tems, bamwe mu bakunzi b’umuziki nyarwanda bagaragaje abahanzi batabura muri icyo gitaramo.
Muri
iyi minsi nta kindi kiri kugarukwaho cyane mu myidagaduro uretse Tems
wahagaritse igitaramo yari afite mu Rwanda ku mpamvu abantu benshi bafashe nk’aho
zitumvikana.
Ku
ikubitiro, umuhanzi Tom Close utaranyuzwe n’uburyo iki gitaramo cyasubitswe,
yatanze igitekerezo cy’uko abahanzi nyarwanda bo bakwikorera igitaramo ku
itariki Tems yari kuzataramiraho aha mu Rwanda hanyuma bagaha abafana babo
ibyishimo bidasabye ab’imahanga.
Ni
igitekerezo cyakiriwe neza cyane haba abahanzi bagenzi be, abafana, abanyamakuru,
ibyamamare bitandukanye aha mu Rwanda.
Ku
ruhande rw’abafana ari bo bagenerwabikorwa bakaba na ba boss b’abahanzi,
batangiye gutanga ibitekerezo by’abahanzi batekerezwaho ku buryo batazabura
muri icyo gitaramo benshi bahigiye kwitabira.
Binyuze
mu matora ku mbuga nkoranyambaga zacu, abarenga 600 batanze ibitekerezo by’abahanzi
bifuza kuzabona uwo munsi mu gihe icyifuzo cya Tom Close cyaba gihawe umugisha
bagatarama icyo gihe.
Unyujije
amaso muri ibyo bitekerezo byose, usanga baravuze abahanzi benshi ariko
hakagira abahanzi bahurizaho cyane. Abo ni;
1. Bruce
Melodie
Kuba
Bruce Melodie ari umuhanzi uri mu bihe bye byiza akaba afite n’abafana benshi
badaherutse kumubona mu bitaramo aha i Kigali, benshi bifuza kumubona kuri uwo
munsi mu gihe igitekerezo cyaba gisizwe amavuta.
Bruce
Melodie aheruka gutarama mu Rwanda ubwo yari mu bitaramo bizenguruka igihugu
bya MTN Iwacu Mzika Festival gusa muri Kigali ho ntabwo byigeze bihabera.
2. The
Ben
N’ubwo
The Ben aheruka gutaramira muri BK Arena ku wa 01 Mutarama 2025, abantu bifuza
ko mu gihe iki cyemezo cyaba cyahawe umugisha yazongera agataramira abantu dore
ko uyu mugabo ari umwe mu bafite abafana batakwemerakumuvaho uko byagenda kose.
Kuba ari umwe mu bari ku ruhembe rwo hejuru ndetse abantu bakamuhanganisha na
Bruce Melodie, bituma buri mufana we wese yifuza kumushyira imbere y’undi
muhanzi kabone n’ubwo na Bruce Melodie ari uko.
3. Yampano
Uyu
musore ukiri kuzamuka mu muziki, aheruka guhabwa iminota 7 mu gitaramo New Year
Groove and Album Launch cya The Ben icyo gihe agaragaza ubushongore n’ubukaka
bwe bituma abantu bagira inyota yo kumubona umwanya munini dore ko icyo gihe
yaririmbye iminota micye.
Abantu
batabashije kuboneka n’abari bahari bifuza kongera kumubona kugira ngo barebe
niba koko za mbaraga zigihari cyangwa yaritwikiriye umutaka w’iminota 7 gusa.
4. Tuff
Gang
Nyuma
y’uko bataririmbye mu Cyumba cya Rap kubera impamvu zitandukanye, abafana ba
Tuff Gang bifuza kubona aba bagabo baririmba bityo bakaba bifuza ko muri iki
gitaramo bataburamo ubundi bagatanga ibyishimo.
Uretse
no kuba batararirimbye mu Cyumba cya Rap, byaba ari mu buryo bwo kuvanga
injyana kugira ngo buri wese yisange muri iki gitaramo.
5. Butera
Knowless
Butera
Knowless wamamaye mu myaka yatambutse, ntabwo yakunze gutaramira abafana be
cyane nyuma y’uko ashinze urugo nyamara benshi barakuze bamukunda ndetse na
bamwe mu bahanzikazi benshi bakiri bato bakaba bamufatiraho urugero.
Mu
rwego rwo gushyiramo uburinganire mu bahanzi, Butera Knowless yaba ari urugero
rwiza rw’umuhanzikazi wanyura benshi cyane ko mu gihe iki gitaramo cyaba
kibaye, ahanini cyaba gishingiye ku busabane bw’abahanzi n’abafana.
6. Chriss
Eazy
Uyu
musore urebererwa inyungu na Junior Giti, ni umwe mu bakora indirimbo zikundwa
cyane n’ubwo nawe adakunze kugaragara cyane mu bitaramo. Ni umwe mu batanga
ikizere cy’umuziki nyarwanda w’ejo hazaza.
7. Riderman
Nk’uko
umwaka ushize ndetse no mu ntangirio z’uyu mwaka injyana ya Hip Hop yari
iyoboye, Riderman na Bulldog nibo bagize uruhare runini mu kongera kunga ubumwe
abaraperi no kongera guhuriza hamwe abafana ba Hip Hop.
8. Zeo
Trap
Uyu
musore uzamukanye amashagaga mu muziki, ni umwe mu bakunzwe cyane byumwihariko
urubyiruko cyane cyane. Benshi mu rubyiruko batanze ibitekerezo bagiye bagaruka
cyane kuri Zeo Trap.
9. Kevin
Kade
Uyu
musore yagarutsweho cyane kubwo kuba aheruka gukora imiziki yakunzwe cyane
ariko nawe ibitaramo bye bikaba bicye. Ubwo aheruka gutaramira muri BK Arena mu
gitaramo cyari cyateguwe na The Ben, yagaragaje imbaraga zidasanzwe.
10.
Bwiza
Uyu
muhanzikazi nawe ni umwe mu bifuzwa n’abafana mu gihe iki gitaramo cyaba
cyabaye, akaba yatekerezwaho nawe agasusurutsa abakunzi b’umuziki nyarwanda.
Mu
byukuri, hari abandi bahanzi benshi bagiye bagarukwaho nka Kenny Sol, Kivumbi
King, Bushali, Ariel Wayz ku buryo nta gushidikanya ko muri aba bahanzi babaye
bahuye bagakora igitaramo n’iyo bajya muri Sitade Amahoro nk’uko Yampano
yabyifuje, igitaramo cyagenda neza cyane.
Kuri
uru rutonde, ntabwo twigeze dushyiraho Tom Close kuko niwe nyiri igitekerezo
kandi n’abafana bose bavuze aba bahanzi, bagaragaza ko bamushyigikiye bityo iki
gitaramo kibaye, ntabwo hazaho kumusaba ahubwo cyaba ari igitekerezo cye kigiye
gushyirwa mu bikorwa.
Nyamara
n’ubwo abafana bifuza aba bahanzi bose, biragoye ko baboneka bose nk’uko
bavuzwe ariko bacye muri aba babonetse byaba ari umugisha ku bafana cyangwa se
bose bakaba banaboneka bitewe no guhuza intego.
Tom Close ni we wagize igitekerezo cyo gukora igitaramo cyo guca agasuzuguro ka Tems
Tems yanze gutaramira mu Rwanda bifatwa nko gusuzugura u Rwanda
Tems yaraye yegukanye igikombe cya Grammy Award
TANGA IGITECYEREZO