Kigali

Game Changers: APR yegukanye igikombe, amakipe ariyubaka naho Arsenal ikosora Man City -VIDEO

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:3/02/2025 19:37
0


Nk’uko bisanzwe buri wa Mbere ku Inyarwanda TV hatambuka ikiganiro Game Changers kigaruka ku makuru y’imikino aba yaravuzwe muri Weekend mu Rwanda no ku mugabane w’iburayi.



Mu kiganiro Game Changers cyo kuri uyu wa mbere twagarutse ku kuntu ikipe ya APR FC yegukanye igikombe cy’Intwari. Iyi kipe y’ingabo z’igihugu yatwaye igikombe cy’intwari nyuma yo gutsinda Police FC ku mukino wa nyuma penaliti 4-2, isa n’aho iyihimuyeho kuko mu gikombe cy’Intwari cya 2024 Police FC ariyo yari yatwaye iki gikombe itsinze APR FC.

Muri iki kiganiro kandi twagarutse ku buryo amakipe ane ya mbere mu Rwanda yiyubatse mu isoko ry’igura n’igurisha ryo muri uku kwa mbere. Ayo makipe akomeye ni Police FC, AS Kigali, APR FC na Rayon Sports.

Mu kwiyubaka ikipe ya Police FC yaguze Byiringiro Lague wari uherutse gutandukana na Sandvikens IF yo muri Suede.

AS Kigali yo abakinnyi bashya yinjijemo harimo Haruna Niyonzima, Nibikora Arthur ukomoka mu Burundi, Nshimirimana Jospin wakiniraga Kiyovu Sports na Rudasingwa Prince wamamaye muri Rayon Sports.

Ikipe ya Rayon Sports yo abakinnyi bashya yaguze harimo Biramahire Abeddy wamamaye mu makipe atandukanye ya hano mu Rwanda, Asana Nah Innocent, Adulai Jalo na Souleymane Daffe. Ikipe ya APR FC yo abakinnyi yongereye mu ikipe ni Denis Omedi, Hakim Kiwanuka na Cheik Djibril Ouattra.

Mu kiganiro Game Changers kandi twagarutse kuri shampiyona y’u Bwongereza English Premier League tureba uko Arsenal yatsinze Man City 5-1, ndetse Manchester United itsindwa na Crystal Palace 2-0.

Ni ikiganiro mwagejejweho na ISHIMWE Walter na Byiringiro Gasana Nerva

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND