RFL
Kigali

Ku myaka 62 umuhazikazi witabiriye Mrs. World yatangaje ko akeneye umugabo umumara imbeho

Yanditswe na: Neza valens Vava
Taliki:25/04/2022 14:08
0


Halima Namakula wakanyujijeho mu muziki wo muri Uganda, ku myaka 62 yatangaje ko akeneye umugabo umuba hafi ntiyongere kwicwa n'imbeho mu ijoro.



Ibi yabitangaje kuri imwe muri Televiziyo zo muri Uganda nk'uko ikinyamakuru blizz.co. ug cyibanda ku myidagaduro cyabigarutseho. Mu mvugo ye yagaragaje ko arambiwe kubaho wenyine no guhora abazwa na rubanda impamvu adashaka umugabo. 

Hari aho yagize ati: "Yes ndi kumushaka. Abantu bahora bambwira ngo nongere njye mu rukundo, ntekereza ko ari cyo gihe. Nkeneye ko abana banjye banshakira umugabo ndusha imyaka 3, ufite imbaraga, ufite amafaranga kubera ko njye ntatanga amafaranga".


Uyu muhanzikazi ni umubyeyi w'abana 3, umugabo we akaba yaritabye Imana mu mwaka wa 1994. Yamamaye mu ndirimbo zitandukanye nka “Ekimbeewo”, “Omusajja wa Taxi”,” Tuzina”,” Cheza”,“Cheza” n’izindi nyinshi.

Mu 2009 yatorewe guhagararira Uganda muri Mrs. World Beauty pageant irushnwa ry’ubwiza ku rwego rw’isi ry’abagore. Usibye kuba umunyamuziki, ni n’umukinnyi ukomeye w’ama filime.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND