Nyuma
y’uko Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurica ‘CAF’ yinjiye mu
kibazo cya APR FC yagombaga kujya muri Maroc yahagaritse ingendo zerekezayo, Ishyirahamwe
ry’Umupira w’Amaguru muri iki gihugu giherereye mu majyaruguru ya Afurika
ryatangaje ko imikino mpuzamahanga yose igomba kuba nta gisibya.
Kuva
ku Cyumweru tariki ya 28 Ugushyingo 2021, Maroc yatangaje ko yahagaritse
ingenzo ziyihuza n’ibindi bihugu kubera ubwoko bushya bwa COVID-19 bwagaragaye
mu bihugu bimwe na bimwe.
Ibi
byatumye ikipe ya APR FC yagombaga kujyayo kuri uyu wa Mbere tariki ya 29
Ugushyingo mu kwitegura umukino wo kwishyura wa RS Berkana iterecyezayo, bisaba
ko itegereza umwanzuro uzava hagati y’iki gihugu na CAF.
CAF
yari yasabye Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru muri Maroc gutanga umurongo ku
mikino mpuzamahanga irimo n’uwa APR w’irushanwa rya CAF Confederation Cup.
Ishyirahamwe
ry’umupira w’Amaguru muri Maroc ‘FRMF’ ntiryazuyaje gusubiza CAF kuri iyi
ngingo aho ryavuze ko icyemezo cyo guhagarika ingendo zerecyeza muri iki gihugu
kitazagira ingaruka ku mikino mpuzamahanga yari iteganyijwe kuhabera.
Itangazo
rya FRMF rimenyesha CAF ko kandi rigiye gutegura umukino uzahuza ikipe
y’Igihugu y’abagore y’abatarengeje imyaka 20 n’iya Gambia ndetse ko uzaba kimwe
n’uwo kwishyura.
Biteganyijwe
ko APR FC ikimara kubona iri tangazo igomba guhita itegura urugendo ruyerekeza
muri Maroc gukina umukino wo kwishyura na RS Berkane, umukino uteganyijwe
tariki ya 05 Ukuboza 2021, ukazabera muri Maroc.
APR FC yemerewe kwerekeza muri Maroc guhangana na RS Berkane yo muri Maroc