RFL
Kigali

Umubyeyi wa Migi yasezeweho bwa nyuma mu marira n’agahinda – AMAFOTO

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:4/11/2021 21:30
1


Kuri uyu wa Kane tariki ya 04 Ugushyingo 2021, nibwo habaye umuhango wo gusezera bwa nyuma umubyeyi wa Mugiraneza Jean Baptiste uzwi nka Migi mu mupira w’amaguru, Bandirimbako Pascasie, witabye Imana azize uburwayi.



Ku wa Mbere tariki ya 01 Ugushyingo 2021, nibwo hasakaye inkuru mbi ko nyina wa Migi yitabye Imana aguye mu bitaro bya CHUK azize uburwayi yari amaranye igihe kirekire.

Bandirimbako Pascasie wari ufite imyaka 63 y’amavuko, yajyanwe mu bitaro bya CHUK ku cyumweru avuye gusenga, ubwo yumvaga atameze neza mu mubiri, abaganga bagerageza kumwitaho ariko ntiyamaze amasaha menshi aza gushiramo umwuka.

Uyu mubyeyi uruhukiye mu irimbi rya Nyamirambo, yakundaga gusenga cyane ndetse akaba yabaniraga neza buri wese bikaba byanagaragaye ku munsi wo kumusezeraho bwa nyuma, aho uyu muhango witabiriwe n’imbaga y’abantu baturutse imihanda yose.

Umuhango wo gusezera bwa nyuma kuri uyu mubyeyi watabarutse asize abana 9 n’abuzukuru 15, watangiriye ku bitaro bya CHUK ubwo bajyaga gufata umurambo, ukomereza mu rugo iwe ku Mumena aho yasezeweho bwa nyuma n’inshuti n’abavandimwe ndetse n’abaturanyi, ukomereza mu rusengero rwa ADPR ku Mumena, aho yasezeweho n’abo basenganaga, umuhango usorezwa ku irimbi ry’i Nyamirambo aho yashyinguwe.

Mu buhamya bwatanzwe n’inshuti n’abo babanye ndetse n’abaturanyi, bose bagarukaga ku kuba yari umubyeyi w’Intangarugero wubaha kandi agaha agaciro buri wese, wakundaga Imana no gusenga, wakundaga abantu akaba inshuti y’abana n’abakuze ndetse akaba yari umujyanama mwiza, ugira impuhwe agakunda gufasha.

Umuhango wo guherekeza Bandirimbako Pascasie, waranzwe n’amarira n’agahinda kuri buri wese wari umuzi cyangwa babanye, gusa bizera ko agiye heza kandi igihe kimwe bazongera kubonana.

Uyu mubyeyi yibarutse abakinnyi b’umupira w’amaguru barimo Mugiraneza Jean Baptiste Migi wakiniye ikipe y’igihugu Amavubi igihe kirekire, kuri ubu ukinira KMC yo muri Tanzania na Mbonyingabo Regis ukinira Kiyovu Sport.

Abana ba Pascasie bashenguwe no kubura umubyeyi wabo bari bagikeneye cyane

Abakristo basenganaga muri ADPR bahamya ko uyu mubyeyi watabarutse yicaye i jabiro kwa Jambo
Nizigiyimana Karim Mackenzie ukinira Rayon Sports yagiye gutabara Migi

Kapiteni wa APR FC Manishimwe Djabel nawe yagiye gutabara Migi bakinanye mu Amavubi

Umutoza wa Mukura Ruremesha Emmanuel mu batabaye Migi wabuze umubyeyi

Migi yatangaje ko yashenguwe n’uko umubyeyi we agiye atamwituye ibyo yakoreye abana be

Umuryango w'umubyeyi Pascasie wababajwe cyane n'urupfu rwe


Umuryango wa nyakwigendera Pascasie mu gahinda ko kubura umubyeyi

Pascasie yasezeweho mu marira n'agahinda kenshi

Migi n'umugore we Gisa basezera ku mubyeyi bwa nyuma





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Laidah2 years ago
    Mubyeyi wacu iruhukire iman'igukunze kuturusha ruhukira mu mahoro Rest in peace My momy





Inyarwanda BACKGROUND