RFL
Kigali

MBAMENE: Ubusatirizi bukomeye ku Isi bwitezweho gukora ibishoboka n’ibidashoboka muri PSG

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:11/08/2021 19:23
0


Nta gushidikanya kuko bigaragarira buri wese ko magingo aya ikipe ya Paris Saint Germain ariyo kipe ku Isi yose ifite ubusatirizi bukomeye kandi bwitezweho gukora byose (Ibishoboka n’ibidashoboka) ku ruhando mpuzamahanga by’umwihariko kwegukana Champions League nk’uko Messi yabitangaje.



Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Kanama 2021, nibwo ikipe ya Paris Saint Germain yasinyishije kizigenza Lionel Messi amasezerano y’imyaka ibiri ishobora kongerwaho umwe, nyuma yo gutandukana na FC Barcelona yari amazemo imyaka 21.

Nyuma yo kwerekwa abafana nk’umukinnyi mushya wa Paris Saint Germain, Messi yabaye umukinnyi wa Gatanu mushya uguzwe na Paris Saint-Germain muri iyi mpeshyi nyuma ya Georginio Wijnaldum, Sergio Ramos, Gianluigi Donnarumma na Achraf Hakimi.

Messi yageze muri PSG nk’umusumari wa nyuma wari ukenewe ku nzu kugira ngo itahwe, bituma iyi kipe ishaka cyane igikombe cya UEFA Champions League igira ubusatirizi bukomeye cyane bwa Mbappe, Neymar na Messi.

Iyi ‘Trio’ y’aba bakinnyi yitezweho gukora ibikomeye i Burayi no ku Isi, birimo no kwegukana igikombe cya Champions League umwaka utaha.

Ubu butatu bwa Mbape, Messi na Neymar benshi bahimbye ‘MBAMENE’ yagereranyijwe n’ubusatirizi bwa FC Barcelona yo mu myaka yashize bwari bugizwe na Messi, Suarez na Neymar bitaga ‘MSN’ bwatigishe u Burayi karahava, buhesha iyi kipe ibikombe bitandukanye.

PSG imaze imyaka itatu ikomanga ku gikombe cya Champions League, harimo n’umukino wa nyuma yatsinzwe na Bayern Munich 1-0, byatumye abayobozi n’abafana b’iyi kipe babona ko byose bishoboka biyemeza gukora ibishoboka byose kugira ngo bashake uko bakwegukana iki gikombe.

Ubuyobozi bw’iyi kipe bwasanze Neymar na Mbappe bonyine badahagije kugira ngo PSG igere ku ntego zayo, bahitamo kuzana Leo Messi i Parcs des Prince kugira ngo aze abafashe gukora ibyabananiye ndetse anafashe ikipe kwandika amateka mashya.

Nyuma yo gusinyira PSG, Messi yagize ati “Ntegereje gutangira urugendo rushya hano i Paris. Ikipe n’icyerekezo cyayo bihura cyane n’intego zanjye”.

Yakomeje agira ati “Nzi uburyo abatoza n’abakinnyi bari hano ari abanyempano. Niteguye gukorana na bo, tukubaka ikintu gikomeye ku ikipe n’abafana. Si njye uzabona nkandagiza ikirenge mu kibuga cya Parc des Princes”.

Ubwo yahuraga n’abafana ba PSG kuri uyu wa Gatatu, Messi yavuze ko ikimuraje ishinga ari uguhesha iyi kipe igikombe cya Champions League no kubaka amateka muri iyi kipe y’icyerekezo.

Perezida wa Paris Saint-Germain, Nasser al-Khelaifi, yavuze ko kugira Messi bizafasha iyi kipe gukora amateka ku Isi.

Yagize ati “Nishimiye ko Messi yahisemo kuza muri Paris St-Germain kandi dutewe ishema no kumuha ikaze i Paris hamwe n’umuryango we”.

Messi yafashije Barcelona yakiniye imyaka 21 kwegukana ibikombe 35, anatwara Ballon d’Or esheshatu ku giti cye nk’umukinnyi. Yatsindiye Barcelona ibitego 672 mu mikino 778 yakiniye kuva ayigezemo afite imyaka 13.

Messi, Mbappe na Neymar bitezweho gushimangira ko aribwo busatirizi bukomeye ku Isi bwegukana buri gikombe iyi kipe izakinira, ndetse butsinda buri umwe.

Messi na Neymar bagiye gukinana ku nshuro ya kabiri nyuma yo kubana muri FC Barcelona hagati ya 2013 na 2017, yagaragaye asa n’uwemeza ko byarangiye, aho yashyize hanze ifoto ari kumwe na Messi, ayikurikiza amagambo agira ati “Turasubiranye”.

Ubwo bari kumwe i Camp Nou, batwaye ibikombe bibiri bya La Liga, Copa del Rey eshatu na UEFA Champions League.

Ubusatirizi bwa Messi, Mbappe na Neymar muri PSG burindwa mubi







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND