RURA
Kigali

Batumwe guteza imbere igihugu bakizanira ibiboko n’amacakubiri! Dr Bizimana yasobanuye uko Ababiligi binjiye mu Rwanda

Yanditswe na: Ndayishimiye Fabrice
Taliki:26/03/2025 11:38
0


Minisitiri wa MINUBUMWE, Dr. Bizimana Jean Damascene, yaganirije urubyiruko arusobanurira amateka y’u Rwanda kuva ku mwaduko w’abazungu, kugera kuri Jenoside yakorewe Abatutsi yashegeshe igihugu itewe n’amacakubiri yazanwe n’Ababiligi.



Kuwa Kabiri tariki 25 Werurwe 2025, muri Lycee de Kigali habereye igikorwa cya ‘Rubyiruko Menya Amateka Yawe’ aho urubyiruko rusaga igihumbi rwaturutse mu turere twa Kamonyi, Muhanga, Bugesera, Nyarugenge, Gasabo na Kicukiro rwaganirijwe ndetse rugasobanukirwa amateka y’u Rwanda.

Dr. Bizimana Jean Damascene wari Umushyitsi Mukuru muri iki gikorwa, yavuye imuzi ibibazo bikomeye u Rwanda rwagiye rucamo ahanini bitewe n’ubukoroni. Dr. Bizimana avuga ko mu 1984 ubwo ibihugu by’i Burayi byagabanaga Afurika, Abadage baje mu Rwamda bakaza bagakorana n’ubuyobozi bahasanze.

Ikibazo gikomeye cyaje kuba ubwo abadage batsindwaga intambara ya mbere y’isi, mu 1916 bikemezwa ko u Rwanda, u Burundi na Namibia byamburwa u Budage ahubwo bigahabwa u Bubiligi akaba ari bwo bukoroneza ibyo bihugu byari byarakoronejwe n’u Budage.

Mu mpinduka za mbere Ababirigi bakoze bakigera mu Rwanda, harimo ko bazanye icyo bise itegeko ry’umurimo ryaje ritorohera abaturage. Aha byaterwaga nuko hari hakenewe kubaka ibikorwa remezo byinshi, ryarebaga umuntu mukuru wese udafite ubumuga. 

Aha icyakorwaga burimunsi wahabwaga umurimo ukora nko gukora umuhanda cyangwa ibindi, ari byo byitwaga igikonkwane. Umuntu utarabashaga gukora akazi yahawe uwo munsi yahanishwaga gukubitwa inkoni arizo zitwaga ibiboko, aho yakubitwaga inkoni 25.

Zimwe mu ngero Dr. Bizimana Jean Damascene yatanze zigaragaza uburyo icyo gikonkwane abaturage bahabwaga yabaga ari imirimo ivunanye cyane, nuko nko mu kubaka Kiliziya ya St Famille iri mu mujyi wa Kigali amatafari yakurwaga i Muhanga kandi abayazana bakayazana bayikoreye ku mutwe bagenda n’amaguru.

Nyuma yo kubona ko ibyo u Bubiligi buri gukora atari byiza, mu 1924, Umuryango w’Abibumbye wagiranye amasezerano n’icyo gihugu ko bakwiye gukora ibintu bitatu ari byo gufasha abenegihugu kugera ku bwisanzure buzatuma babona ubwigenge, gufasha igihugu kuzagera ku iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu nta vangura na rimwe, ndetse, kugeza ibihugu bafite ku burezi bwa bose no kunoza imibereho y’abaturage. Dr. Bizimana avuga ko ibyari bikubiye muri ayo masezerano muri rusange ari kugeza igihugu ku iterambere.

Dr. Bizimana yakomeje avuga ko ikindi kintu kibi cyane ababiligi bazaniye abanyarwanda ari amacakubiri, bakaza bahindura uko abanyarwanda bafataga ibyiciro by’Abahutu n’Abatutsi.

Ati: ”Kugira ngo bashobore gutegeka u Rwanda bazanye amacakubiri, banashingira ku macakubiri yari iwabo. Iwabo bafite amoko abiri aba-framands n’aba-Waloons. Aba-Waloons ni bake, aba-framands bakaba benshi. Bageze rero no mu Rwanda aba-framands bibonye nk’abahutu kuko iwabo nabo umwuga bakoraga cyane cyane wari ubuhinzi, hanyuma baje basanga mu Rwanda uwo bita umuhutu ni umuhinzi. 

“Hanyuma abakoroni baje ari aba-Waloons kuko bo iwabo bifataga nk’ubwoko budakora imirimo ivunanye, bagakora indi ariko badahinga, nabo bibona mu batutsi kuko imirimo bakoraga yari iyo korora.”


Dr. Bizimana Jean Damascene yasobanuriye urubyiruko amateka y'u Rwanda

Minisitiri Dr. Bizimana Jean Damascene avuga ko abanyarwanda bibonaga nk’abantu bamwe dore ko mbere washoboraga kuba wari umututsi ugakena ugahita uba umuhutu, ariko Ababirigi baje bakabigira amoko bakagaragaza ko badateye kimwe ndetse ko badakomoka hamwe kugeza aho abantu bangana bakanicana.

Yakomeje asobanura uko ababiligi bakomeje kurema amacakubiri bigisha ko abatutsi ari abantu bazi ubwenge mu gihe abahutu ari abantu baraho gusa, ari nabyo byatumye bakora amashuri atandukanye. Muri aya mashuri hatoranywaga abatutsi bakabashyira mu mashuri meza, abahutu bemeye kwiga nabo bakabashyira ukwabo, gahunda yamaze imyaka isaga 30.

Ibi ni byo byatumye akenshi abisanga mu myanya ikomeye ari abatutsi kuko babaga barize neza ndetse n’abakoroni bemeza ko aribo bazi ubwenge, ku buryo bajya gutangira kumvisha abahutu ko abatutsi babakandamije byoroshye kuko wasangaga imyanya ikomeye harangwamo abahutu bake cyane.

 
Urubyiruko rusaga 1000 rwari rwakoraniye muri Lycee de Kigali






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND