Intumwa ihoraho ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo muri Loni, Zénon Mukongo, yavugiye imbere y’akanama ka LONI yashinzwe umutekano ko ½ cy’ingabo z’u Rwanda ziri muri RDC mu gihe Amb Nduhungirehe yagaragaje ko M23 ariyo yigaruriye ibice bya RDC atari u Rwanda.
Ni
mu nama yabaye kuwa Kane igamije gushakira hamwe umuti w’ibibazo bya RDC
bimaze igihe kitari gito ndetse impande zirebwa n’ibi bibazo ari zo DRC na M23 zikaba zikomeje
kwitana ba mwana.
Zénon
Mukongo wari uhagarariye RDC muri aka kanama, yavuze ko ½ cy’ingabo z’u Rwanda
ziri mu burasirazuba bwa Congo kandi bakaba batarabiherewe uburenganzira.
Zénon
Mukongo yagize ati: “Mu gihe duteraniye aha, u Rwanda rufite kimwe cya kabiri
cy’ingabo zarwo zoherejwe ku butaka bwa Congo, batabanje kubiherwa uruhushya na
Leta ya Congo. Uburenganzira bwo kwirwanaho ntibushobora kwitwazwa nk’impamvu
y’igitero cya gisirikare cyangwa gushyiraho ubuyobozi bubangikanye ku butaka
bw’igihugu cyigenga”.
Nyamara
n’ubwo yatangaje ibi, Amb Olivier Nduhungirehe we yagaragaje ko M23 ariyo
yafashe Goma na Bukavu atari u Rwanda nk’uko ubuyobozi bwa RDC bubitangaza aho
gucyemura ikibazo bafitanye na M23.
Yagize
ati: “M23 ni yo yigaruriye uduce two mu burasirazuba bwa RDC turimo Goma na
Bukavu, si u Rwanda. Impamvu ni uko nta duce two mu burasirazuba bwa RDC u
Rwanda rwafashe, twafashe ingamba z’ubwirinzi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo
gusa.”
Amb
Olivier Nduhungirehe yavuze ko n’ubwo u Rwanda rugerekwaho ibirego byinshi,
ntiruteze kureka ingamba zarwo z’ubwirinzi no kurinda ubusugire bw’u Rwanda.
Ati
“Ukurikije uko ibintu bimeze, u Rwanda rurifuzwaho iki? Kuki u Rwanda rukomeje
kwibasirwa cyane? Ntabwo bisobanutse. Ikigaragara nk’u Rwanda, ni uko ingamba
z’ubwirinzi twashyizeho zizagumaho, kugeza igihe hazaba hari urwego rwizewe
rw’umutekano mu gihe kirekire, ku mupaka na DRC.”
Iyi
nama yabaye mu gihe hakomeje inzira z’ubuhuza n’abarebwa n’ikibazo cya DRC
kugira ngo gishakirwe umuti urambye n’abaturage basubire mu buzima busanzwe nk’uko
byahoze ndetse byagakwiye.
Amb Olivier Nduhungirehe yagaragaje ko M23 ariyo iri kurwanira uburenganzira bwayo muri RDC mu gihe Congo yo itsimbaraye ku Rwanda
TANGA IGITECYEREZO