RURA
Kigali

Karongi: Umugore yishe umugabo we ahita yihamagarira ubuyobozi

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:19/03/2025 10:08
0


Umugore w’imyaka 53 wo mu Karere ka Karongi, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 63 agahita ahamagara ubuyobozi ngo abumenyeshe ibyo yakoze.



Mukandoreyaho Josephine w’imyaka 53 utuye mu Mudugudu wa Uwiraro, Akagari ka Murengezo, Umurenge wa Mutuntu, Akarere ka Karongi, yivuganye umugabo we akoresheje umupanga hanyuma ahamagara umuyobozi w’umudugudu amumenyesha ko yamwishe.

Dusengimana Michel w’imyaka 30 n’umukobwa wa nyakwigendera witwa w’imyaka 17 y’amavuko, nibo bikekwa ko baba ari abafatanyacyaha na Mukandoreyaho Josephine.

Umukuru w’umudugudu yabwiye Imvaho Nshya ko uyu mugore yishe umugabo we nyuma y’uko ku wa 17 Werurwe bari bagiranye amakimbirane akaba aribyo bishobora kuba byarabaye umusemburo wo gukora iki cyaha.

Mudugudu avuga ko nyakwigendera witwa Uwifashije Metusela ku wa 17 Werurwe yari yiriwe mu isoko rya Mukungu, atashye anyura muri Santere y’ubucuruzi ya Karambo, anatahana icupa ry’urwagwa, arishyira mu nzu, arasohoka akomangira uwo mugore we wari mu yindi nzu batangira gutongana.

Ati “Muri uko gutongana ni bwo umugore yasohokanye umupanga, hari mu ma Saa Tatu z’ijoro umugabo ariruka ubwatsi bw’inka bwari buri iruhande rw’ibiraro byazo buramutega,yikubita hasi agwira urubavu, umugore ahita amugeraho umutwe arawujanjagura.”

Uwo mugore yatemye umugabo we ahita anashiramo umwuka hanyuma we ahita ajya kwiryamira bwenda gucya, yandikira ubutumwa bugufi umukuru w’umudugudu amumenyesha ko yishe umugabo we.

Umuyobozi w’Umudugudu yagize ati “Mbibonye namuhamagaye ntiyacamo, mpamagara umuhungu we mubaza icyo nyina ampamagariye ambwira ko yiryamiye ntabyo azi. Muhamagaye nanone icamo, arambwira ngo ya makimbirane abyaye urupfu, ndamurangije.”

Umukuru w’mudugudu avuga ko yahise yihutira kujya kureba ibibaye agezeyo asanga nibyo koko nyakwigendera aryamye hafi y’ibiraro by’inka yashizemo umwuka.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND