RURA
Kigali

Shalom Choir iheruka kuzuza BK Arena igiye kongera guhembura imitima y’Abanyarwanda mu gitaramo cy’iminsi ibiri

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:24/02/2025 11:01
0


Itsinda ry'abaramyi ba Shalom Choir banditse amateka avuguruye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, bakorera umurimo w'Imana muri ADEPR Nyarugenge bateguye igitaramo gikomeye bise "Shalom Worship Experience", kizaba mu minsi ibiri kuwa 22-23 Werurwe 2025.



Shalom choir ikunzwe mu ndirimbo "Abami n'Abategetsi", "Nyabihanga", "Uravuga Bikaba" n'izindi. Yaherukaga gukora igitaramo ubwo yataramiraga muri BK Arena mu gitaramo bari bise 'Shalom Gospel Festival.'

Ni igitaramo cyubakiye ku ivugabutumwa no gufasha abantu gusabana n’Imana, kikaba kiri mu byavuzwe cyane mbere y’uko kiba, ahanini biturutse ku buhangange bwa Shalom Choir no kuba barahuje imbaraga na Israel Mbonyi.

Bakoze iki gitaramo cy’amasaha arenga atanu ku Cyumweru tariki ya 17 Nzeri 2023. Iki gitaramo cyasize Shalom Choir ibaye korali ya mbere yabashije kuzuza inyubako ya BK Arena, ibi byatumye abantu barenga 1000 basubirayo ntibareba iki gitaramo.

Iyi korali yakoze iki gitaramo yizihiza imyaka 40 imaze ifasha abantu kwegerana n’Imana. Kandi yatangije ku mugaragaro igikorwa yise “Shalom Charity” mu gufasha abatishoboye mu bihe bitandukanye.

Korali Shalom ibarizwa mu itorero rya ADEPR Nyarugenge aho abayishinze bisanishije n'ijambo ry'Imana rivuga ngo "Ariko njyeweho nzaririmba imbaraga zawe, Kuko wambereye igihome kirekire kinkingira. Mu gitondo nzaririmbisha imbabazi zawe ijwi rirenga, N'ubuhungiro ku munsi w'amakuba yanjye". (Zaburi 59:17)

Korali Shalom yashinzwe mu mwaka wa 1986, itangira ari korali y’abana bato. Icyo gihe muri ADEPR Nyarugenge hari korali nkuru imwe ariyo Hoziyana.

Mu 1986, abari bayigize bari bafite imyaka iri hagati ya 15-17 y'amavuko. Yaje kuba korali y’urubyiruko, icyo gihe mu Gakinjiro haza indi korali yitwaga korali Cyahafi kuri ubu yitwa Baraka ari nayo yahise iba iya kabiri.

Mu mwaka 1990, ni bwo Shalom choir yaje kwemererwa n'itorero ryabo kwitwa izina dore ko yari imaze igihe kirekire ari iy'abana yitwa Korali Umunezero hanyuma bahita bitwa Shalom choir. 

Iyi korali yahise izamukana imbaduko mu murimo w'Imana aho yakoze album mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi ariko ntibayisohora ku bwo kumva iri ku rwego rwo hasi, ariko biyifasha mu rwego rwo kongera ubumenyi no kwiyongerera umuhate dore ko abagiye inama, Imana ibasanga.

Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yahitanye abarenga Miliyoni, Shalom Choir nayo yagizweho ingaruka nyinshi nk'uko mu gihugu hose nta kanyamuneza kaharangwaga n'ibyishimo. 

Nyamara n'ubwo baciye muri byinshi, Shalom Choir yakomeje kwiyubaka kugira ngo agahinda katabatwara bakibagirwa gukorera Imana kandi ariyo igena byose imenya ikiri imbere umuntu atazi.

Nyuma yo guca muri ibyo bihe bitoroshye, bongeye gukora Album ariko nanone ntibayigurisha kuko bumvaga iri ku rwego rwo hasi bitewe n'umwimerere bashakaga muri album yabo.

Nyamara n'ubwo batakoze album, bakoze indirimbo nyinshi zo kuvuga no kwamamaza imirimo y'Imana harimo indirimbo nka; 'Nzirata Umusaraba', 'Nyabihanga', 'Abami n'Abategetsi', ‘Uravuga bikaba, ‘Umuntu w’imbere’, ‘Mfite Ibyiringiro’, ‘Ijambo Rirarema’, ‘Icyizere’, ‘Nduhiwe’ n’izindi.

Shalom choir, niyo korali rukumbi yo muri ADEPR yakoreye igitaramo mu nyubako ihenze mu Rwanda ariyo Kigali Convention Center. Ni igitaramo cyabaye tariki 12/08/2018 gihembukiramo imitima ya benshi. Cyaritabiriwe bikomeye mu gihe kwinjira byari ukugura Album yabo nshya.

Bitari ukuririmbira abantu gusa, Shalom Choir ijya ikora ibikorwa by'urukundo bagafasha abatishoboye bitari ukubahumuriza no kubabwira ijambo ry'Imana gusa.

Shalom Choir yahuye n'ibigusha, ibisitaza n'ibigeragezo byinshi mu murimo wo gukorera Imana ariko kubera umuhamagaro n'umuhate wo gukorera Imana babashije kubicamo amahoro.

Muri uwo mujyo wo gukorera Imana no kuvuga ubutumwa bwiza, Shalom Choir irimo gutegura igitaramo gikomeye yise ‘Shalom Worship Experience,’ kizamara iminsi ibiri gihembura imitima y’ubwoko bw’Imana, aho kizaba kuwa 22-23 Werurwe 2025. 


Nyuma yo kwandika amateka avuguruye ikuzuza BK Arena, Shalom Choir ya ADEPR Nyarugenge yongeye gutegura igitaramo cy'amateka kizamara iminsi ibiri

Bamaze imyaka 39 bakorera Imana


Shalom Choir izwiho kwamamaza ubutumwa bwiza itizigama

Muri Werurwe ni bwo Shalom Choir izakora iki gitaramo kitezweho gusiga amateka ahambaye aruta cyane ayanditswe mu bitaramo byabanje






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND