RURA
Kigali

KIGALI:Baratabariza umwana wavutse ari umukobwa nyuma aza kuvamo umusore

Yanditswe na: Christophe Renzaho
Taliki:17/02/2015 14:16
15


Umwana w’umusore yavutse agaragara nk’umukobwa inyuma ariko imisemburo y’imbere mu mubiri ari iy’umuhungu . Nyuma y’ibizamini n’izuma ryakozwe n’abaganga hemejwe ko ari umuhungu aho kuba umukobwa kugeza ubu akaba akeneye inkunga yamufasha kwivuza.



Mu kiganiro kirambuye yagiranye na inyarwanda.com, mushiki we mukuru tutari buvuge amazina ye yadusobanuriye uko iki kibazo giteye.

Uko ikibazo giteye

Uyu mwana  w’umusore yavutse ku itariki 30/12/1991. Avukana isura n’imiterere y’abakobwa kugera ku gitsina cye cyari giteye nk’icy’abakobwa. Ahabwa amazina y’abakobwa ndetse akajya abaho nk’abana b’abakobwa .  

Igihe kigeze yatangiye  amashuri abanza,arayarangiza akomereza mu  cyiciro rusange. Mu mwaka wa 2007 ubwo yari ageze mu gihe cy’ubwangavu, yatangiye kugaragaza ibimenyetso n’imiterere by’abasore , harimo guhinduka kw’ijwi, atangira kuzana ubwanwa, ibituza nk’iby’abasore n’ibindi binyuranye.Kuva icyo gihe nibwo yaba we ndetse n’ababyeyi be batangiye kugira amakenga y’ibiri kumubaho, bamujyana kwa muganga mu bitaro bya CHUK.

Photo

Nyuma yo gukura nk'umukobwa ,ibizamini by'abaganga byemeje ko ari umuhungu

Nyuma y’ibizamini binyuranye yakorewe n’umuganga w’umudage witwa Yan, byaje kwemeza ko uyu mwana atari umukobwa ahubwo ari umuhungu wavutse agaragara nk’abakobwa ariko imisemburo(Hormones) y’imbere mu mubiri ari iy’abahungu.

ibaruwa

Ibaruwa

Ibaruwa

Ibaruwa ya Muganga yemeza ko atari umukobwa ahubwo ari umuhungu

Abaganga babasobanuriye ko habayeho ikibazo cya malformation du sexe mu rurimi rw’igifaransa, ugenekereje twavuga ko habayeho  kwirema nabi kw’igitsina cye. Mushiki we akomeza avuga ko kuva icyo gihe muganga Yan yakomeje kumwitaho ,haba kumubaga(Opperation) ndetse no kumutera imisemburo. Gusa ngo ibi nubwo hari icyo byahinduye akagira imiterere y’abasore ntabwo ikibazo cyakemutse kuko igitsina kitiyongererye ngo kimere nk'iby'abandi bagabo bityo abe yabasha gutera inda. Uku kumuvuza bakaba barabibayemo imyaka igera kuri 3(2007-2010) mu bitaro bya CHUK aho yabazwe inshuro zigera muri 4. Kuva icyo gihe akaba yarahise ahagarika amashuri ye kubera iki kibazo.

Urugamba rwo guhinduza izina , gushaka ubufasha no kwitabaza abanyamasengesho

Mushiki we akomeza avuga ko nyuma y’uko bamenye ko umuvandimwe we ari umuhungu atari umukobwa nkuko babyibwiraga hakurikiyeho inzira ndende yo  guhinduza irangamimerere ye banyuze mu nkiko.

Nyuma yaho uyu musore ntiyongeye gusohoka mu rugo kubwo kwirinda amagambo y’abantu bamubonagamo abantu babiri. Mushiki we agira ati”Urumva yakuze ari umukobwa kugeza akuze, nyuma aza guhinduka umuhungu. Byaramugoye kubyakira kuber abantu bamubonagamo abantu babibiri, bakamwibazaho byinshi, kugeza n’ubwo yambwiye ati mba numva uwampa nkigira ahandi hantu batanzi nkikorera byampa amahoro”.

Ibaruwa

ibaruwa

ibaruwa

Ibaruwa isaba guhinduza amazina

Nyuma yo kubona ko ubuvuzi bwo mu Rwanda ntakindi bwamumarira, umuryango w’uyu musore watangiye kugenda ushakisha ubufasha mu nshuti n’abavandimwe ngo haboneke amafaranga yamujyana kumuvuriza mu bihugu byateye imbere mu buvuzi nubwo batabashije kugira icyo baronka. Uyu musore akomeje kubona binaniranye, yahisemo no kujya mu banyamadini ariko nabyo ntibyagira icyo bitanga. Mushiki we avuga ko umunsi  umwe uyu musore yagiye kwirebera minisitiri wubuzima ngo arebe niba hari icyo yamufasha ariko ntibabasha kubonana. Nyuma ngo  yagiye no  kureba umupasiteri wo muri Restauration Church, amusezeranya ko bizakemuka ariko nyuma biza kwanga ntiyagira icyo amumarira.

Ubufasha bukenewe

Ubwo twamubazaga impamvu batinze kuvuga iki kibazo, mushiki we yadusobanuriye ko iyi myaka yose ishize bari bakigerageza kureba niba hari ubundi buryo babonamo ubufasha ariko bikanga.

Kugeza ubu uyu musore asigaye aba mu rugo , ntahantu ajya yerekeza.  Akaba asaba umuntu wese waba afite umutima utabara, kubafasha kugira inkunga yabaha yazabafasha kumuvuza aho ubuvuzi bwateye imbere . Ubwo twamubazaga uko ubu amerewe, yadutangarije ko musaza we iyo umurebye ubona ko koko ari umusore ariko aka akihagarika nk'abakobwa(Yicaye) kuko igitsina cye nanubu kitigeze cyiyongera.

Uwashaka kugira ubufasha atanga Numero ya konti yanyuzaho inkunga ye ni 085653905842 yo muri Banki ya Kigali(BK). Uwashaka ibindi bisobanuro cyangwa kumenya ubundi buryo yafasha uyu muryango yahamagara 0782024357, ikaba ari numero ya mushiki we mukuru ari na we waduhaye aya makuru yose.

R.Christophe






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Rwema10 years ago
    Mbega umwana ufite ibibazo!
  • 10 years ago
    yooo ntibyoroshye pe
  • Umusaza Rwanyabugigira10 years ago
    Nibareke ubwo bujiji bwo kuvuga ngo baramuvuza kuko ibyo si uburwayi. Niyiyakire abeho uko ubuzima bwe bumeze.
  • kazungu10 years ago
    sha nibihangane imana izabafasha kuko itanga uko ishaka
  • Ben Uw 710 years ago
    Mbanze ngushimire wamunyamakuru we watugekejeho iyinkuru ibabaje kandi ukiyemeza no gukorera ubuvugizi uyu muryango. Arko byari bunshimishe birushijeho iyo utubwira ko wahamahaye minister of health wifuza kumubaza ibyiki kibazo. Nonese mwabanyamakuru mwe muzameya ryari ko muri les vois des sans vois? Erega burya igihugu nicyo gifite inshingano zo kwita kubuzima bwabagituye iyo bigeze aho badashoboye!
  • Ben Uw 710 years ago
    Mbanze ngushimire wamunyamakuru we watugekejeho iyinkuru ibabaje kandi ukiyemeza no gukorera ubuvugizi uyu muryango. Arko byari bunshimishe birushijeho iyo utubwira ko wahamahaye minister of health wifuza kumubaza ibyiki kibazo. Nonese mwabanyamakuru mwe muzameya ryari ko muri les vois des sans vois? Erega burya igihugu nicyo gifite inshingano zo kwita kubuzima bwabagituye iyo bigeze aho badashoboye!
  • bouba10 years ago
    bamukorere ubufasha mubuhindi hari inzobere zamufasha guhindura igitsina akaba umugabo wuzuye.
  • 10 years ago
    niyihangane bibaho cyane ntiyigunge siwe wambere bibayeho gusa ntacyo Imana ikora idafite impamvu tuzagerageza kumufasha uko dushoboye
  • Mr John10 years ago
    ayiweee Imana yo mu ijuru nigire icyo ikorera uwo muntu pe.knd rwose irabishoboye.
  • Mr john10 years ago
    gusa icyo mbona ni uko Imana itigeze yibeshya mu kurema uwo muntu.kubwange rero ndabona ntabyita uburwayi ahubwo uwo muntu akwiye kwakira uko Nyagasani yamuremye.
  • Mr john10 years ago
    gusa icyo mbona ni uko Imana itigeze yibeshya mu kurema uwo muntu.kubwange rero ndabona ntabyita uburwayi ahubwo uwo muntu akwiye kwakira uko Nyagasani yamuremye.
  • yego10 years ago
    nonese niba yari umuhungu aho kuba umukobwa izo hormones z abagabo bazimutereraga iki? ntimwumva ko abo bayamahanga aribo bamuhinduye umugabo? none n igitsina bakkaba bashaka kugihindura nako ndumva nacyo barakimuhinduriye kuko yakuze mumwoza mubona afite igitsina cy abakobwa ,none muti icy abahungu ntigikura,ntigikura nyine kuko ni icyo abo baganga bamuteyeho bamubaga, ahah nyamara uyu mwana muramuhemukiye cyane ,ntago Imana ijya yibeshya niyo umukobwa yavuka ntanyababyeyi agira ntibyasobanurako yaba ari umuhungu nkaswe uyu wavutse ndetse agakura ari umukobwa? hanze imisemburu bayitera rwose ushaka kwihinduza wese ko ari cash se, birababaje kuko ubona umuntu ukamwibeshyaho njye hari uwo nibseshyeho wihinduye umukobwa neza neza bamuteye hormones za kigore arajye akuviramo agakobwa keza, ariko igitsina cye yanga kugihinduza ngo azajye akorera hose, so abagbo baramutereta ,nawe akarongora abakobwa , isi irashaje, uyu mvuga yabikoze kubushake bwe araziteresha ngo yihindure gusa,none uyu mwana nawe abanyamahanga nibyo bamuzaniye batwiciye umwana ntibabuze byose, ngaho noneho muzadushirireho ifoto ye atariteresha bino bi hormones turebe tuzasanga ari umukobwa buri buri,none dore aha bamuhinduye igi type, reba uko ahagaze amaboko n ibituza, sha muramwangije kabisa
  • shishoza10 years ago
    NJYE ibi ndabona bidasobanutse ,nonese niba umwana muvugako yakuze ari umukobwa kandi muri icyo gihe akiri muto ntakibazo yari afite mwarangiza muti ubu anyara yicaye kuko igitsina ke ari gito ubwo koko murumva byumvikana? niba yari afite igitsina cy abakobwa akiri muto ubu cyagihe hehe? ubu se murashaka kutwumvishako cyagiye hakaza icy'abahungu? ibi ntibyashoboka ni ikinyoma gisa niba ariko abantu bibwira. mubanze mushishoze neza kuko birasanzwe ko umukobwa ashobora kugira hormones z'abagabo zikamuganza no ku muhungu birashoboka ko yagira iza gikobwa, ariko burya igitsina ufite nicyo kiguha kwitwa kobwa cg hungu, ibindi byo kubeshya ngo umuntu yavutse ari iki ni iki nyuma ahinduka iki ni ukubeshya, kandi numvise bavuga ngo umuzungu wamuvuye niko yavuze, ibi ntibizabagushe ,abanyamahanga niko babaye cyane cyane za burayi na za america, none se iyo bashyigikira ubutinganyi mwibwirako bitwaza iki? bitwazako ariko abantu baremwe, bati ubundi mu imbere baremwe ari abakobwa nubwo inyuma bagaragara gihungu, bati rero tugomba kubaremera ikindi gitsina gisimbura icyo bafite bityo bakaba abakobwa buzuye imbere n inyuma,lol ni uko ahubwo uyu mwana barashaka kumugira umutinganyi,kandi byose babikumvisha muri science yewe,nawe ukajyaho ukemera iyo udafite Umwuka w'IMANA ngo akuyobore, rero mwabantu mwe Imana ntijya yibeshya na gato, igitsina yaguhaye ni icyo ba icyo,apana kwemerera abanyamahanga babazanaho za sciences namwe mukemera ngo nibyo,nyamara mutayobewe ko umwana wanyu ari umukobwa kuko nimwe mwamwirereye, uwo muzungu si we ubarusha kumumenya ngo ni uko yavuze ibi nibi ntibivuzeko ari mukuri, ntamuntu numwe ukubwira igitsina uri cyo,ahubwo niwowe umwibwira kuko uba uzi icyo ufite. hanyuma ibyo mwavuze ngo igitsina ntigikura anyara yicaye, ubwo se icyo gitsina cy 'abahungu muvuze kidakura cyavuye he kandi wumva mwaramwirereye ari umukobwa kandi afite icy abakobwa? ahubwo uwo muzungu yabumvishije uburyo ari indwara maze amuteraho icy abagabo ngo abe umugabo n inyuma, nyamara shahu abantu badashishoza ni akazi kanyu kuko umuzungu uraha nawe azaza akubwireko science yamweretseko utari umuntu ahubwo uri igisimba kitwa gutya na gutya ndetse akubwire ko umaze ku isi imyaka irenga 200 nubwo wowe wari uziko ufite 20 gusa nawe ugikeho uti nibyo rwose ubwo ari science yabikweretse, lol abantu bari guta gushishoza ngo bamenye icy ukuri bagapfa kwikiriza ibije byose ngo ni science yabigaragaje. hano mu mahanga umugabo arabyara abana 4 nyuma ati burya nasanze ndi umugore kuko niyumvamo imico yabo,kandi mfite na characteres zabo,ati dore mfite n amabere none reka mbirangize nibere umugore kuko niko Imana yandemye numbwo nari mfite igitsina cy abagabo,ubwo bakaba baramubaze bagikozemo icy abagore, isi irigushira njye nabonye ababikoze ndumirwa, nyamara nyamugabo afite abana. so njye icyo navuga Imana ntiyibeshya guma uko waremwe hari impamvu si uburwayi, ahubwo abakumvishako aribwo nibo barwaye kandi nubemerera nawe uraba urwaye, aba bantu babonye ibyo kwibagisha bibatwaye menshi bati reka dutabaze, sha njye ntayo nabaha batabanje kunsobanurira aho igitsina umukobwa wabo yari afite cyagiye,hanyuma bagahitamo kumutera icy abahungu, kuk iyo aza no kuba ikinyabibiri baba baizi guhera akiri muto,aho ho yari kuba afite guhitamo bitewe ni igikuze kurusha ikindi,naho kuvuga ngo umuzungu yaraje ababwirako umwana mwareze muzi ko ari umukobwa ataribyo ko ari umuhungu ibi ntibisobanutse ntanubwo bibaho,ni nko kuvuga ngo yakuze ari ihene ihinduka isake nyuma y imyaka 7, muzarebe umukobwa wo muri Nigeria ufite ubwanwa,impwemwe n igihagararo bya gihungu ariko yiyemerera ko ari umukobwa kandi ko yishimira uko yaremwe,kandi yambara gikobwa,ntiyigeze yemerera abazingu kumubeshya ko yavutse ari umuhungu,kuko azi ko ari umukobwa ariko waganjwe na hormones za gihungu. rera bantu ndabagira inama yo kudakurikiza ibivuzwe byose ngo ni uko bivuzwe n umuzungu kuko sicyo cyerekana ko ari ukuri, ibi mutwandikiye aha ntawundi wabarusha kumenya ukuri ni mwe mwenyine,ahubwo aho kugirango mutinyure uwo mukobwa wanyu namwe mwamufashije kwihisha bimugabanyiriza kwiyizera,ndetse bimutera kumva adashaka ko hari umubona, izi ni ingaruka mbi zishobora no kuganisha kwiyahura, mwebwe mumwere kandi mumufashe kwiyakira nk umukobwa wanyu,ikibazo niba nyamuganga yaramuhinduriye igitsina azagisubizaho?
  • HHHH10 years ago
    H
  • ddd10 years ago
    nkurikije uko nasobanuriwe,uyu mwana yavutse adafite uterus na vagin kandi ngo imisemburo(hormone) y'abagore yarafite itageze kuri 30% imbere mu mubiri ni malformation du sex yabayeho,so niyo mpamvu abaganga bakoze ziriya operation of correction,ntabwo rero yahinduwe umugabo ahubwo yariwe imbere mu mubiri naho inyuma agaragara nk'umukobwa. ni ibintu bidakunda kubaho gusa uwo byabayeho ntibyoroshye kubivura ino. sinzi niba Yego na shishoza basobanukiwe.



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND