RFL
Kigali

Ubwitabire buke bw’abahanzi mu nama yabahuje na Rwanda Revenue Authority ntibwayibujije kuba-AMAFOTO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:14/02/2019 14:49
3


Kuri uyu wa Kane tariki 14 Gashyantare 2019 ni bwo habaye inama ihuza abahanzi n’ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro. Iyi nama mu by’ukuri ntabwo yitabiriwe nk'uko byari byitezwe cyane ko hitabiriye abahanzi mbarwa ugereranyije n’umubare munini w’abahanzi. Icyakora ubu bwitabire buri hasi ntibwabujije inama kuba.



Iyi nama yari iyobowe na Dada Richard komiseri muri Rwanda Revenue Authority ushinzwe abasoreshwa bato n’abaringaniye mu gihe ikiganiro cyo cyatanzwe na Kayitana Innocent umwe mu bashinzwe iyandikishwa ry’abasoreshwa muri Rwanda Revenue. Iyi nama mu by’ukuri yari igamije guhugura abahanzi kuri amwe mu mategeko y’imisoro ndetse bakanakangurirwa kwandikisha kompanyi zabo kugira ngo batangire gusora cyangwa birinde amande aherekeza .

Abahanzi bake bitabiriye iyi nama nyuma yo gusobanurirwa ibijyanye n’imisoro basoreshwa ndetse bagakangurirwa kwirinda amakosa yatuma bagwa mu bihano basabye ko abaguye mu bihano batarasobanurirwa bahita bakomorerwa ibihano bafite yewe n’ibirarane, bagatangira gusora bundi bushya. Icyakora nyuma yo kumvwa bikanagirwaho impaka ubuyobozi bwa Rwanda Revenue Authority bwabatangarije ko abahanzi bafite ibirarane n’amande ku mpamvu zinyuranye bagomba kwegera Rwanda Revenue Authority bakaganira umwe kuri umwe binyuze mu mahuriro yabo bityo ufashwa agafashwa ariko nanone ugonzwe n'amategeko akishyura.

RRA

Uhereye i bumoso, nabayobozi bo muri Rwanda Revenue Authority baganiriye n'abahanzi...

Rwanda Revenue Autority yamenyesheje abahanzi ko hari abafite imibare ya TIN nyinshi muri iki kigo kandi imwe ikaba irimo ibirarane n’imyenda mu buryo batazi, aha babemereye ko uzagaragaza iki kibazo agomba gufashwa ariko ikijyanye no kubakomorera ibirarane n’imyenda bafitiye ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro byo bisa naho bahakaniwe nubwo babijeje kuzaborohereza mu gihe bazaba biga ku cyibazo cya buri muhanzi.

Ikibazo cy’ubwitabire buke bw’abahanzi baje gusanga cyatewe nuburyo abahanzi bamenyeshwamo izi gahunda cyane ko byacaga muri RALC bikaza gushyikirizwa abahanzi nyuma, bityo guca muri RALC bigatuma habaho gutinda bahita basaba ko bajya batumwaho binyuze mu ihuriro ry’abahanzi aho kugira ngo hagire izindi nzego binyuzwamo cyane ko bituma habaho gutinda kumenyeshwa igikorwa.

RRAOda Paccy umwe mu bahanzi bitabiriye iyi nama...

RRA

Umuyobozi wa EAP yari yitabiriye iyi nama

RRA

Kina Music bari bahagarariwe muri iyi nama

RRA

Ubwitabire bwari hasi cyane

RRA

Eric Senderi mu nama...

RRARRA

Munyanshoza Dieudonne n'abandi bake bari bitabiriye iyi nama

RRARRA

Makanyaga Abdoul n'abandi bahanzi bari bitabiriye inama...

RRARRA

Abayobozi b'ingaga zinyuranye z'abahanzi bari bitabiriye...





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Uwera5 years ago
    Abo ariko bari bahagije. Erega uyu munsi barimo gutegura kuza gukorera ibitaramo abizihiza Saint Valentin. Ubundi se ibyemezo bifatiwe abatanga umusoro hari icyo bihindurwaho n'inama
  • kuku 5 years ago
    arko abahanzi bo mu Rwanda,muri iyi minsi bigize iki? ko ibintu byagakwiye kubagirira akamaro barikubyima agaciro??!!! ubwo koko ibi birakwiriye? nyuma yuko bamwe bateye utwatsi igikorwa cya Salax award none banze no kujya mu nama na RRA ku mategeko abareba kdi mpamya ko abenshi badasobanukiwe!! ibi bintu nyamara abantu bahaguruke barebe naho ubundi muzika nyarwanda iraza kwicwa nabakayubatse aribo banyirubwite barikurangwa nubwiyemezi utamenya ikibuhatse kbsa ikibabaje ni uko abenshi bashukwa(n'abajyanama babi)
  • Eric5 years ago
    Hari uburyo ibi bintu twabirebamo ese ubwinshi bw'abantu nibwo butanga umusaruro ikindi ese ubundi buriya abahanzi bose baratumiwe kko hari abo tumaze kubiganira bambwirako batatumiwe cyane nkabo muri film urugero abo bayobozi babo bafite ibibazo kbs





Inyarwanda BACKGROUND