RFL
Kigali

Inzu y’imideli ‘Moshions’ izambika mu bukwe umuryango wa Ndahimana wambaye kamambili asezerana mu murenge

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:6/12/2018 9:44
10


Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo amafoto n’amashusho ya Ndahimana Narcisse wasezeranye mu mategeko ya leta yambaye kamambili yasesekaye hirya no hino. Benshi babifashe nk’urwenya ariko nyuma ubuzima bushaririye umuryango we ubayemo bwaje kumenyekana benshi bakorwa ku mutima, barimo na Moses Turahirwa nyir’inzu ikomeye y’imideli mu Rwand



Ndahimana Narcisse ni umugabo w’imyaka 42, we n’umufasha we batuye mu karere ka Muhanga mu murenge wa Shyogwe ari naho baherutse gusezeranira imbere y’amategeko nk’abashakanye tariki 29/11/2018. Mu gihe bimenyerewe ko n’ubwo abantu baba ari abakene iyo bageze mu gihe cy’ibirori bashaka imyambaro myiza yo guserukana, umuryango wa Ndahimana wo ntiwabashije kubona ubushobozi bwo guserukana umucyo bajya gusezerana mu murenge wa Shyogwe, ari nabyo byatumye benshi batangarira uburyo Ndahimana yari yambaye ishati y’amaboko magufi, karuvati, ipantalo na kamambiri.

Iyo asobanura ubuzima bwe bw’ubukene buvanze n’uburwayi amaranye igihe kini bwamuteye kumugara no kutabasha kugira icyo akora, Ndahimana agaragaza agahinda n’umubabaro kandi agashimira cyane umugore we wabashije kwihanganira ubwo buzima bwose banyuzemo, agashimangira ko uko baserutse bajya mu murenge ari nako bazajya kwa padiri bameze ndetse ngo nta n’ibirori bateganya kuko nta bushobozi bafite.

Image result for turahirwa moses

Turahirwa Moses ufite inzu y'imideli ikomeye mu Rwanda Moshions yemeje ko azambika umuryango wa Ndahimana mu bukwe

Tuganira na Turahirwa Moses washinze inzu y’imideli imaze kubaka izina rikomeye mu Rwanda Moshions, yavuze ko iyi nkuru y’uyu mugabo yamugezeho ku munsi w’ejo hashize tariki 04/12/2018 ndetse ikamukora ku mutima, ndetse ngo imibereho y’uyu muryango iragoye kuyiyumvisha.Twamubajije icyo yaba atekereza kuri uyu muryango, avuga ko nawe yatekereje kugira uruhare mu gufasha uyu muryango awuha imyambaro yazambarwa mu bukwe ndetse niba hari n’abazabambarira bose inzu ya Moshions ikabambika.

Nyuma y’uko iyi nkuru itangajwe bikagera mu nzego zibishinzwe, Ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu yemeje ko akarere ka Muhanga kagiye kwita ku bibazo by’uyu muryango. Uretse ubufasha bwa leta, abanyarwanda batandukanye bahugukiye kwegera uyu muryango no kuwufasha kwikura mu bukene, kimwe no kuwuherekeza mu myiteguro y’ubukwe bwabo buteganijwe tariki 29/12/2018 nk’uko Ndahimana avuga ko yabyifuje.

Kanda hano urebe Turahirwa Moses avuga ko inzu ye izambika umuryango wa Ndahimana Narcisse mu bukwe bwe:






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • gasigwa ernest5 years ago
    nyamara ikibazo gikomeye nicyo kubanza gushaka uko yakira iriya ndwara kuko imenyekanye uko yitwa yatabarizwa kuko byanze bikunze abaganga dufite mû Rwanda ntihabura uwayivura ,ikindi kumwambika sicyo kihutirwa ahubwo yamufasha muburyo buri financier kuko nubwo yakwambara ipantalo nishati nikote biciriritse yabibona mumumasoko yamuhanga .
  • UWIMOUHWE5 years ago
    MUDUHE NO ZABO ZATELEPHONE TUZABOHEREREZE AGAFANTA KURI MOMO.WENDA NIBAVA IMBERE YI IMANA BAZIYAKIRIRE MU RUGO.
  • Atete5 years ago
    Nukuri uwiteka aguhe umugisha utagabanyije kandi asubize aho uzakura ishuro 1000
  • Nina5 years ago
    Moshions Urakoze cyane Kabisa. Imana iguhe umugisha
  • gihozo5 years ago
    Wiriwe muvandi.Gutanga ibitekerezo by'uko wumva ibintu ni byiza,ariko tujye twiga no gushima uwakoze neza.Ibyo uri kuvuga ngo imyenda siyo yihutirwa,iyo batambara isa kuriya,ahari wenda ntitwari kubamenya.Ubuzima bwa bariya bantu bukeneye ibintu byinshi,haba uko kwivuza,imyambaro,ibyo kurya n'ibindi.Buri wese rero afasha uko ashoboye.Moses niba ashoboye kubabonera imyambaro,undi akaba yavuze ko azatanga aga fanta,n'undi araza akore ikindi,maze bifatanyirize hamwe kuzamura imibereho yabo.Wigaya uwatanze imyenda rero,ahubwo wowe icyo wumva basize kandi kiri ngombwa,gikore mu bushobozi bwawe,ureke kugayira umuntu icyo yabashije kubona.Murakoze kubyumva.
  • ddd5 years ago
    @ Gasigwa, Moses yakoze ibyo ashoboye kandi n'umutima mwiza, nawe kora icyo ushoboye nange nkore icyo nshoboye mu buryo buri wese yemeranya n'umutimanama we, ibintu bizaba byiza, erega n'inkunga y'isengesho irakenewe kandi niyo nkuru kurenza Frw . so twagiye...icyo nzi cyo Imana izabiduhera umugisha . ahubwo abanyamakuru badufasha kubona number yuwo muryango ubonye igihumbi acyoihereze, ubonye bitanu, iyo ahuye aba menshi
  • Bernadette HABYARIMANA5 years ago
    Ndashimira abantu bose bifuza gufasha aba bavandimwe. Abaka telefone zabo ngo babafashe ntazo bagira kuko badafite 'amafaranga yo kuzigura. Twe twishyize hamwe kandi twabonye umuntu uzajyana imfashanyo tuzaba twarabonye. Abifuza kujya muri iyo groupe mwatubwira tukabongeraho. Imana ibahe umugisha n'amahoro ayiturutseho kubw'ubwitange n'umutima mukorana iki gikorwa
  • sebera Dodos 5 years ago
    Nukuri ndishimye nanjye byankozeho Peee Imana ishimwe kdi gufasha bariya nukwiteganyiriza Peee Moses rwose Yezu Nyirimpuhwe Azakumva Iteka Ryose Uzamwambaza
  • John5 years ago
    Ariko se hari igitangaza kirimo!
  • Jd Kwizera5 years ago
    Nshimiye byimazeyo mbere na mbere maebwe abanyamakuru mwatumwe timentimenya Ubuzima bwa bariya bavandimwe. Nshimiye kandi buri wese uri kugira icyo yitanga mubushobozi bwe! Indwara nayo nizera ntashidikanya ko abagiraneza bazaguma kwisuganya bagahuza ubushobozi ndetse na Leta yacu ireberera abaturage bayo ndizera ko izagira icyo ikora ikamufasha nawe mukwivuza nkuko idahwema gutabara abari mu kaga. Ndakomeza nanjye kunga mu ijambo ry'abasabye numero yabariya kugira ngo dutambutse inkunga yacu. Imana iduhane imigisha mwese!





Inyarwanda BACKGROUND