RFL
Kigali

Kings of Comedy bari kumwe na Navio basesekaye mu mujyi wa Kigali-AMAFOTO

Yanditswe na: ndayizeye claude
Taliki:28/06/2013 15:22
0




Abakomoka muri Uganda nibo bamaze gusesekara i Kigali ariko babiri bo muri Kenya barimo kabuhariwe Eric Omondi bo barahagera ku mugoroba.

Kings of Comedy

Ngabo abari bususurutse abatuye i Kigali muri iyi Weekend

Ibitaramo by’aba banyarwenya biteganyijwe kuri uyu wa Gatanu kuri Expo Ground i Gikondo ndetse no muri Serena Hotel, aho bazafatanya n’umunyarwenya w’Umunyarwanda Nkusi Arthur uzwi cyane nka Investigator Gatuza ndetse unafite itsinda rya Comedy Knight.

Sakyi Opoku

Sakyi Opoku umuyobozi muri MTN Rwanda avuga ko iyi sosiyete yateye inkunga football, umuziki none ubu hakaba hagezweho urwenya

Mu kiganiro n’abanyamakuru ku cyicaro cya MTN Rwanda giherereye i Nyarutarama aba banyarwanya batangaje ko bahishiye byinshi Abanyarwanda ndetse n’abarutuye dore ko ubwo baheruka ino hari abaturutse mu bihugu bihana imbibi n’u Rwanda baje kubihera ijisho.

Navio

Navio ubwo yatemberaga icyicaro cya MTN Rwanda yahishimiye cyane

Kwinjira mu gitaramo cya mbere kuri uyu wa Gatanu i Gikondo ahasanzwe habera imurikagurisha akaba ari Rwf5,000 ahasanzwe na Rwf10,000 mu myanya y’icyubahiro. Bucyeye bwaho muri Kigali Serena Hotel kwinjira bikazaba ari Rwf15,000 , ndetse ibi bitaramo byose bigatangira ku isaha ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba birangire saa sita z’ijoro.

REBA AMAFOTO

Kings of Comedy muri Press Conference

Kings of Comedy bari kumwe na Navio mu kiganiro n'abanyamakuru kuri MTN Center

Kansiime Ann

Kansiime Ann ubwo aheruka i Kigali benshi bifuzaga ko yahora agaruka

Kansiime akunzwe na benshi kubera urwenya akunda gushyira kuri YouTube

Patrick Salvado uzwi cyane kuba akomoka ahitwa Ombokolo ndetse akaba akunda gukoresha ingero zo muri ako gace

Nkusi Arthur

Umunyarwanda Nkusi Arthur uzwi nka Investigator Gatuza kuri KFM

Ronny Nsengiyumva

Ronny Nsengiyumva yihaye iri zina kubera gukunda u Rwanda

Kabale

Uyu musore we aba mu mujyi wa Kabale muri Uganda hafi y'u Rwanda akaba ari umwe mu bagize Kings of Comedy

Elisée Mpirwa






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND