Kigali

Vini Junior yatanze ubutumwa mbere yo gukina na Arsenal

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:14/04/2025 13:42
0


Mu gihe hasigaye iminsi ibiri ngo Real Madrid yakire Arsenal mu mukino wa kabiri wa ¼ cy’irushanwa rya UEFA Champions League, rutahizamu w’iyi kipe, Vinicius Junior, yanditse ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga ze aha icyizere abakunzi ba Real Madrid.



Uyu mukinnyi ukomoka muri Brazil, yasangije abakunzi ba Real Madrid ubutumwa yanyujije kuri Instagram, agaragaza uburyo we na bagenzi be biteguye gutanga byose kuri Santiago Bernabeu.

Yagize ati: "Ndimo gutekereza kuri uyu wa Gatatu!!! Twiteguye kandi dutegereje dufite amatsiko menshi. Tuzabonana kuri Bernabeu kandi tuzahatana dushyizeho umwete wose. TURI REAL!!! HALA MADRID!"

Ni amagambo agaragaza icyizere, nubwo Real Madrid yahuye n’akaga mu mukino ubanza wabereye i Londres, aho yatsinzwe na Arsenal ku bitego 3-0, bituma urugendo rwo kugera muri ½ kirushaho kuba rurerure.

Kwishyura ibitego bitatu ntibyoroshye imbere y’ikipe yihagazeho nka Arsenal, ariko Real Madrid, ifite amateka akomeye muri Champions League, kuko idakunze kwitwara nk’ikipe yataye icyizere n’ubwo yatsindwa.

Vinicius, umwe mu bakinnyi bari gufasha Real Madrid mu myaka ya vuba, yagaragaje ko bafite intego imwe yo guhindura amateka no kugera ku nzozi z’abakunzi babo.

Uyu mukino utegerejwe na benshi uzabera kuri Stade Santiago Bernabeu kuwa Gatatu, aho Real Madrid izaba isabwa gutsinda byibura 3-0 kugira ngo yongere icyizere cyo gukomeza.

 

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND