Mu gihe Arsenal yitegura kujya i Madrid gukina umukino wa kabiri wa ¼ cya UEFA Champions League, Marcelo wahoze ari kapiteni wa Real Madrid yateye abafana akanyabugabo abizeza ko nta na rimwe wakwemeza ko Real yarangiye.
Nyuma
y’uko Arsenal itsinze Real Madrid ibitego 3-0 mu mukino ubanza wabereye i
Londres, benshi batangiye kwemeza ko urugendo rwa Los Blancos muri uyu mwaka
rurangiye. Gusa ku bwa Marcelo, iyi si inshuro ya mbere abantu bibeshye kuri
Real Madrid.
Mu
kiganiro yahaye ESPN ubwo yitabiraga umukino w’abakinnyi b’inararibonye ba El
Clasico muri Mexique. Yagize ati: “Nubwo ibitego bitatu ari byinshi,
Real Madrid ifite amateka yihariye. Twatojwe kudacika intege kuva tukinjira
muri iyi kipe. Abafana bazadushyigikira, twese twizeye ko bishoboka.”
“Gukinana umurava biri mu maraso ya Real Madrid, kwicisha bugufi, n’akazi gakomeye. Ibyo
byose bigira uruhare mu gutuma dukora ibidasanzwe. Real izagaruka.”
Uyu
mukino uzabera kuri Santiago Bernabeu, ahakorerwa ibitangaza kenshi ndetse umukino uzakinwa igisenge cy’iyo
stade gifunzwe, nk’uko byagenze umwaka ushize ubwo bari bakiriye Manchester City,
ibi bikaba bigamije gufunga urusaku rw’abafana imbere mu kibuga no gutera
igitutu Arsenal.
Marcelo wabaye icyogere muri Real Madrid yavuze ko Arsenal itakwizera gusezerera Real Madrid kuko ifite umuco wihariye
Arsenal iracakirana na Real Madrid kuri uyu wa Gatatu
TANGA IGITECYEREZO