Gen Brice Clotaire Oligui Nguema, umusirikare mukuru wayoboye igisirikare cya Gabon mu gihe cy’inzibacyuho ni we watorewe kuba Perezida mushya w’iki gihugu nyuma yo guhirika ku butegetsi Ali Bongo Ondimba ku wa 30 Kanama 2023.
Minisiteri y’Umutekano muri Gabon yatangaje ko ibyavuye mu matora by’agateganyo byagaragaje ko Gen Nguema yatsinze ku majwi 90.35%, bituma yemezwa nk’Umukuru w’Igihugu wemewe mu buryo bw’amategeko.
Inzira yamugejeje ku
butegetsi
Yegukanye uyu mwanya nyuma y'ihirikwa ku butegetsi
ryabaye mu 2023, amasaha macye nyuma y’uko Komisiyo y’amatora itangaje ko Ali Bongo
yatsindiye manda ya gatatu, nyuma y’imyaka 14 yari amaze ayoboye Gabon.
Gen Oligui yahiritse
Bongo bafitanye isano, agaragaza ko amatora yakozwe ameze nk’ikinamico, ku buryo
nta kindi gisubizo cyari gisigaye uretse gukuraho ubuyobozi bwari buriho.
Nyuma y'iminsi micye,
Nguema yarahiriye kuyobora igihugu mu gihe cy’inzibacyuho, mu muhango wabereye mu nyubako ikoreramo Umukuru w’Igihugu i Libreville. Ibirori byitabiriwe
n’abayobozi batandukanye barimo abahoze muri guverinoma ya Bongo,
abadipolomate, abasirikare n’abandi bayobozi bo ku rwego rwo hejuru.
Icyo gihe, Gen Brice yavuze ko azaharanira
kurinda Itegeko Nshinga rishya ryashyizweho n’agatsiko ka gisirikare kahiritse
ubutegetsi, anizeza ko agiye gushyiraho guverinoma nshya, ndetse
hagategurwa Itegeko Nshinga rihuje n’ibyifuzo by’abaturage.
Amavugurura ya politiki
n’amategeko
Mu Ugushyingo 2023, muri
Gabon habaye referandumu yahinduye
zimwe mu ngingo z’Itegeko Nshinga, yemerera abasirikare kwiyamamariza umwanya
w’Umukuru w’Igihugu.
Iri tegeko rishya kandi
ryahinduye imyaka ya manda, ishyirwa kuri irindwi (7), ishobora kongerwa inshuro imwe gusa.
Itegeko rishya ryasize
kandi hashyizwemo ingingo ibuza abantu
bo mu muryango umwe kwikurikiranya ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, mu
rwego rwo gukumira ubuyobozi bwa gihake n’ubw’igisekuru kimwe.
Amateka ya Oligui Nguema
mu gisirikare
Gen Brice Clotaire Oligui
Nguema afite imyaka 50, akaba ari umuhungu w’umwe mu basirikare bakomeye bari
ku butegetsi bwa Omar Bongo, se
wa Ali Bongo.
Yahoze ari umwe mu
basirikare ba hafi ba Omar Bongo kugeza ubwo yitabaga Imana mu 2009. Ali Bongo amaze
gusimbura se, yahise yohereza Oligui kuba ushinzwe ibikorwa bya gisirikare muri
Ambasade ya Gabon i Maroc, nyuma
amwimurira muri Sénégal.
Radiyo Mpuzamahanga
y’Abafaransa (RFI) yatangaje ko Oligui yiyumvise nk’uwajugunywe n’ubutegetsi
bushya, cyane ko Ali Bongo yamushinjaga kuba mu bashatse guhirika ubutegetsi mu
2009.
Mu 2018, ubwo Ali Bongo
yagize ikibazo cya 'stroke', Oligui wari ufite ipeti
rya Colonel yagaruwe mu gihugu,
ahabwa kuyobora Urwego rw’Iperereza rwa Gisirikare rushinzwe kurinda Perezida.
Nyuma y’amezi make,
yahawe kuyobora Umutwe w’Abasirikare
barinda Perezida, ari na wo yakoresheje mu gikorwa cyo guhirika Bongo.
Yize ibya gisirikare mu
Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Maroc,
rizwi nka Académie Royale Militaire de
Meknès.
Icyo igisirikare
cyatangaje nyuma y’ihirikwa
Ubwo igisirikare
cyatangazaga ko cyakuye Bongo ku butegetsi, cyavuze ko cyabikoze “mu rwego rwo
kumwohereza mu kiruhuko cy’izabukuru”, kivuga ko atari agishoboye kuyobora
igihugu neza.
Gen Oligui Nguema yahise
aba Umuyobozi w’inzibacyuho, ariko ubu yamaze kwemezwa nk’umukuru w’igihugu
wemewe n’amategeko, akaba ari we utegerejweho kuyobora Gabon mu gihe cy’imyaka
irindwi iri imbere.
Gen Brice Clotaire Oligui Nguema ni we watorewe kuyobora Gabon mu gihe cy'imyaka 7 iri imbere
Ni nyuma y'uko ahiritse ku butegetsi Ali Bongo nyuma y'amasaha macye atsinze amatora
TANGA IGITECYEREZO