Terry Dolan, umwe mu bayobozi bakuru ba U.S. Bank, birakekwa ko ari mu baguye mu mpanuka y’indege yabereye muri Minnesota ku wa Gatandatu, tariki 29 Werurwe.
Iyo ndege nto yari yanditse mu mazina ye, yari ivuye ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Des
Moines muri Iowa, igana ku Kibuga cy’Indege cya Anoka County-Blaine i
Minneapolis.
Nk’uko byatangajwe na CBS
News, iyo ndege yaguye ku nzu i Brooklyn Park, ndetse nta n’umwe wabashije kurokoka. Shawn
Conway, umuyobozi wa serivisi z’ubutabazi muri Brooklyn Park, yavuze ko kugeza
ubu hataramenyekana umubare nyawo w’abantu bari bari muri iyo ndege, ariko nta n’umwe
wabashije kurokoka.
U.S. Bank yemeje ko Dolan ashobora kuba yari muri iyo ndege
Mu itangazo ryashyizwe
ahagaragara kuri uyu wa Mbere, tariki 31 Werurwe, U.S. Bank yavuze ko nubwo
bitaremezwa ku mugaragaro ko Dolan yari muri iyo ndege, bishoboka cyane ko ari
we wari uyitwaye.
Iri tangazo riragira riti: "Iyi ndege yahanutse yari yanditse mu izina rya Terry Dolan, umuyobozi wacu wungirije ushinzwe imiyoborere. Kugeza ubu, ibiro by’ubugenzuzi bw’ibizamini by’abapfuye ntibiratangaza niba yari arimo, ariko turizera ko ari we wari uyitwaye."
Ubuyobozi bw’iyi banki
bwagaragaje akababaro bwatewe n’iyi mpanuka, buvuga ko bwifatanyije n’umuryango
wa Dolan, inshuti ze, n’abandi bose bababajwe n’iyi mpanuka.
Umuturage yasimbutse urupfu
Serivisi z’ubutabazi
zasabye abantu gutabara ahagana saa 12:22 ku munsi iyo mpanuka yabereyeho, nyuma y’uko bimenyekanye ko hari indege yaguye igateza inkongi y’umuriro ku nzu. Muri iyo
nzu habagamo abantu babiri, ariko umwe ni we wari urimo ubwo impanuka yabaga.
Uwo muturage yabashije kurokoka nta gikomere, nubwo inzu ye yangiritse bikomeye.
Ubushinjacyaha bwa
Hennepin ntiburatangaza ku mugaragaro umwirondoro wa nyakwigendera wari
utwaye iyo ndege, mu gihe Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Iperereza ku Mpamvu Indege Zakoze Impanuka (NTSB) kikiri mu iperereza kuri iyi mpanuka.
Terry Dolan yakundaga ubukerarugendo bwo mu kirere
Terry Dolan, wari ufite
imyaka 63, yari azwi nk’umuntu wakundaga cyane gutwara indege ye. Tim Marx,
wahoze ari umuyobozi wa Catholic Charities Twin Cities, yavuze ko iyi nkuru
yamushenguye cyane, kuko yari yarakoranye bya hafi na Dolan hagati ya 2012 na
2017 ubwo yari muri komite nyobozi y’icyo kigo.
Marx yabwiye itangazamakuru ati: “Ni inkuru iteye agahinda kandi
itunguranye cyane.”
Dolan yari umuyobozi
wungirije ushinzwe imiyoborere muri U.S. Bank kuva mu 2023, aho yari yarakoze
mu mirimo itandukanye, irimo kuba umuyobozi ushinzwe imari (CFO) ndetse
n’umuyobozi mukuru ushinzwe ibikorwa.
NTSB irateganya gushyira ahagaragara icyegeranyo cy’ibanze kuri iyi mpanuka mu byumweru biri imbere.
TANGA IGITECYEREZO