RURA
Kigali

Umwe mu Ntwari z’u Rwanda yagizwe Meya

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:29/03/2025 8:05
0


Mu matora y’inyongera yabaye ku wa Gatanu, tariki ya 28 Werurwe 2025, Phanuel Sindayiheba,umwe mu Ntwari z'u Rwanda z'abanyeshuri b'i Nyange, yatorewe kuyobora Akarere ka Rusizi, naho Gerald Muzungu atorwa nk’Umuyobozi w’Akarere ka Karongi.



Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ni yo yatangaje aya makuru, nyuma y’uko aba bayobozi basimbuye abari barasezeye ku mirimo yabo.

Phanuel Sindayiheba ni umwe mu banyeshuri bigaga ku Ishuri rya Nyange ubwo abacengezi babateraga mu 1997, bagashaka kubacamo ibice hakurikijwe amoko. 

Abo banyeshuri banze kwitandukanya, bihagararaho nubwo byabasabye gutanga ubuzima bwabo. Abantu batandatu barishwe, ariko ubutwari bwabo bwaranzwe no kwanga ivangura, bikomeza kwibukwa mu mateka y’u Rwanda.

Sindayiheba yasimbuye Anicet Kibiriga, weguye ku mwanya wa Meya wa Rusizi mu Gushyingo 2024, kimwe na Visi Meya ushinzwe imibereho myiza, Anne Marie Dukuzumuremyi. Muri ayo matora y’inyongera, Francine Mukakalisa ni we watorewe kuba Visi Meya ushinzwe imibereho myiza y’abaturage.

Gerald Muzungu, wigeze kuba Meya w’Akarere ka Kirehe, yari amaze amezi make ari Umuyobozi w’agateganyo wa Karongi nyuma y’uko Valentine Mukase yari yeguye. Mu matora yabaye kuri uyu wa Gatanu, Muzungu yatorewe kuyobora Karongi byemewe n’amategeko.

Muri Karongi, habaye impinduka no ku mwanya wa Visi Meya ushinzwe iterambere ry’ubukungu, aho Julienne Ntakirutimana yatowe kuri uwo mwanya. Yari asanzwe ashinzwe gahunda yo kuzigama igihe kirekire izwi nka Ejo Heza muri ako karere. Yasimbuye Théophile Niragire, wari wagiyeho by’agateganyo ariko akaza kwegura mu Gushyingo 2024.

Nanone muri Karongi, Vedaste Ngarambe yatowe nk’Umuyobozi w’Inama Njyanama y’Akarere, asimbuye Donatha Dusingize weguye mu Gushyingo. Protais Nyamurinda na we yatowe nk’Umuyobozi Wungirije w’iyo Nama Njyanama.

Aya matora y’inyongera yakurikiye kwegura kw’abayobozi batandukanye, ariko azanye impinduka nshya ku miyoborere y’uturere twa Rusizi na Karongi. 

Abaturage b’utu turere biteze iterambere no gukemurwa kw’ibibazo byabo ku bufatanye n’aba bayobozi bashya.

 

Sindayiheba wagaga i Nyange mu 1997 ubwo Abanyeshuri baho bagaragaje ubutwari yagizwe Meya wa Rusizi mu gihe Muzungu we yagizwe Meya wa Karongi






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND