RURA
Kigali

Umutoza wa Lesotho yatanze isezerano ryo gutsinda Amavubi y’u Rwanda

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:24/03/2025 13:53
0


Nyuma yo gutsindwa na Afurika y’Epfo ibitego 2-0 mu mukino wa gatanu wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, umutoza wa Lesotho, Leslie Notsi, yatangaje ko bagiye guhura n’u Rwanda bafite intego yo gukina umukino usatira cyane. Uyu mukino uzabera kuri Stade Amahoro i Kigali ku wa Kabiri.



Mu mukino uheruka, Lesotho yihagazeho mu gice cya mbere ariko igice cya kabiri kibabera kibi ubwo Relebohile Mofokeng na Jayden Adams batsindaga ibitego bibiri byafashije Bafana Bafana kwegukana amanota atatu. Nubwo batsinzwe, Notsi asanga ikipe ye yari ifite imbaraga, akaba yizeye ko izitwara neza imbere y’Amavubi.

U Rwanda narwo ruzijira muri uyu mukino nyuma yo gutsindwa na Nigeria ibitego 2-0, byose byatsinzwe na rutahizamu Victor Osimhen. Notsi avuga ko u Rwanda ari ikipe bamaze gukina na yo mbere, bityo ko bamaze kuyimenya neza ku buryo bagiye gukina bazi neza icyo bagomba gukora.

Notsi yagize ati: “Tugomba gukina dushaka ibitego kuko twamaze guhura n’u Rwanda mbere. Ubu turabizi icyo tugomba gutegereza, ntabwo bikiri ibanga. Kandi nk’uko nabibajijwe mbere, hari itandukaniro ry’amanota atanu (n’u Rwanda), tugomba gukora uko dushoboye kugira ngo tuge mu itsinda rihatanira itike.”

“Nta kintu dufite cyo gutakaza, icyo tugomba gukora ni ukugera imbere y’izamu ry’u Rwanda no gushyira igitutu ku bakiriye umukino. Uko ni ko tuzajya mu mukino.”

Kugeza ubu, Lesotho iri ku mwanya wa gatanu mu itsinda C n’amanota atanu, mu gihe u Rwanda ruri ku mwanya wa gatatu n’amanota arindwi. Uyu mukino uzagira uruhare rukomeye mu gufasha impande zombi kwiyongerera amahirwe yo gukomeza mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 ku ikipe izawutsinda.

Umutoza wa Lesotho yasobanuye ko azi imikinire y'u Rwanda bityo akaba yiyemeje kuzarwataka bikomeye cyane

Lesotho izakina n'u Rwanda kuri uyu wa Kabiri






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND