RURA
Kigali

Abanyarwanda baba badakunda abatoza beza?

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:26/03/2025 11:48
1


Nyuma yo gutandukana n’umudage Trosten Frank Spitller, inkuru irasa nk’aho igiye kwisubiramo ku byabaye muri 2015 aho u Rwanda rwananiwe kugumana Stephen Costantine maze ibyo yari amaze kubaka mu mupira w’u Rwanda bigasenyuka mu isegonda rimwe.



Ku itariki 21 Mutarama 2025 ni bwo abakunzi ba ruhago mu Rwanda ndetse n’ikipe y’igihugu y’u Rwanda "Amavubi" bakiyiye inkuru mbi ko umudage watozaga Amavubi atagikomezanyije nayo kubera byinshi bitumvikanyweho mu masezerano yashakaga kongera.

Nyuma yo kudakomezanya n’u Rwanda, umutoza wamusimbuye ni Umubirigi Adel Amrouche ufite amamuko mu gihugi cya Algeria. Mu mikino ibiri Adel Amrouche amaze gutoza ikipe y’igihugu y’u Rwanda "Amavubi" amaze kubona inota rimwe gusa mu manota ane kuko yanganyije na Lesotho igitego 1-1, atsindwa na Nigeria ibitego 2-0.

Ubwo yafataga ikipe y’igihugu y’u Rwanda "Amavubi", Adel Amrouche yasanze iri ku mwanya wa mbere mu itsinda C mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2026 kizabera USA, Canada na Mexico. Ni itsinda ririmo ibihugu bikomeye nka Nigeria, Benin, South Africa, Lesotho, u Rwanda na Zimbabwe.

Imikino ibiri Adel Amrouche amaze gutoza u Rwanda nayo ni iyo gushaka itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ariko n’ubwo u Rwanda ari urwa kabiri mu itsinda C, Africa y’Epfo ya mbere yamaze kurushyiramo ikinyuranyo cy’amanota atanu kandi nta kanunu ko u Rwanda rwakuramo ayo manota ukurikije imikinire rwagaragaje mu mikino ibiri rumaze gukina ku bwa Adel Amrouce.

Iyi nkuru y’uko abanyarwanda batangiye kubabazwa no kubona imikino y’Amavubi adafite umutoza Trossten Frank Spitller, irasa neza n'iyo muri 2015 ubwo u Rwanda rwatandukanaga na Stephen Constantine wari umaze kugira umupira w'u Rwanda indorerwamo ya Africa ariko yamara kugenda bigasaba imyaka 9 kugira ngo rwongere kubona umutoza nka Trosten Frank Spitller.

Ku bwa Stephen Constantine, nabwo u Rwanda mu mupira w'amaguru rwari rufite umwuka mwiza nk'uwo ku bwa Trosten Frank Spittler. 

Ubwo yageraga mu Rwanda, umukino we wa mbere, Stephen Constantine yatsinze ikipe y'igihugu ya Libya ibitego bitatu ku busa, ubwo bashakaga itike yo kujya mu gikombe cya Afurika, byari biteganyijwe ko cyari kubera muri Morocco, kikaza kubera muri Guinea Equatorial kubera icyorezo cya Ebola cyavugwaga muri Morocco. 

Umukino wa kabiri yatoje ikipe y'igihugu y'u Rwanda 'Amavubi', wari umukino wa gicuti wahuje u Rwanda na Gabon. Icyo gihe Gabon yari yanamanuye i Kigali intwaro nka Pierre-Emerick Aubameyang wari umeze neza muri Brussia Dortmund, ariko ibyo ntabwo byakanze Stephen Constantine kuko yatsinze Gabon igitego kimwe ku busa cya Jacques Tuyisenge. 

Nyuma y'ibyumweru kimwe, Stephen Constantine n'Amavubi ye bagiye muri Gabon yari igifite Pierre-Emerick Aubameyang, ayisigira impamba y'igitego kimwe ku busa, igitego cyatsinzwe na Medie Kagere. 

Nyuma yo kwahuranya Gabon inshuro ebyiri, Stephen Constantine yikojeje muri Congo Brazzaville mu mikino yo gushaka itike y'Igikombe cya Africa AFCON, ntabwo yahiriwe kuko u Rwanda rwatsinzwe na Congo Brazzaville 

Nubwo Stephen Constantine yari yatsindiwe muri Congo Brazzaville, yatashye akubita agatoki ku kandi, nuko na Congo igeze mu Rwanda ayitsinda ibitego bibiri ku busa, abifashijwemo na Ndahinduka Michael (Bugesera) Na Meddie Kagere. 

Nyuma y'uko amakipe yombi yari agize ibitego bibiri, u Rwanda rwasezereye Congo Brazzaville muri Penaliti. Ibyo gukomeza ku Rwanda ntabwo byajemo amahirwe, kuko rwagonzwe n'ikibazo cy'uko rwakinishije umukinnyi ufite ibyangobwa bibiri nuko Congo Brazzaville, ikomeza mu gikombe cya Afurik ityo ariko itashoboye gutsinda u Rwanda. 

Izo ntsinzi zisukiranyaga gutyo, zarangiranye n'igenda rya Stephen Constantine mu 2015 aho ikipe y'Igihugu y'u Rwanda 'Amavubi' yatangiye gutsindwa umusubirizo. Nyuma yo kugenda kwa Stephen Constantine, u Rwanda twatojwe n'abatoza batandukanye nka Johnathan McKinstry, Mashami Vincent, Carlos Alós Ferrer, Antoine Hey n'abandi batigeze bahabwa amasezerano, gusa ibyishyimo byarabuze, ahubwo amarira aba yose ku bakunzi b'ikipe y'igihugu 'Amavubi'. 

Nyuma yo kugenda kwa Stephen Constantine byasabye imyaka ikenda ngo u Rwanda rwongere kubona umutoza ukina umupira unyuze abanyarwanda. Ubwo yatozaga ikipe y'igihugu y'u Rwanda "Amavubi", Torsten Frank Spittler uretse imikino ibiri ya Benin yatsindiwe muri Cote d'Ivoire, mu gushakla itike yo kujya mu gikombe cy'Isi no gushaka itike y'igikombe cya Africa, nta wundi mukino yatsinzwe. 

Mu mikino y'amarushanwa uyu mutoza yakinnye, yatsinze Afurika y'Epfo na Lesotho na Nigeria imbere y'abafana bayo, naho amakipe nka Libya, Nigeria mu Rwanda na Mozambique anganya nu Rwanda. 

Mu gushaka itike y'Igikombe cy'Isi cya 2026 kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexico, Frank Spittler n'Amavubi yasize u Rwanda ku mwanya wa mbere mu itsinda H ririmo amakipe y'ibigugu nka Nigeria, Afurika y'Epfo, Benin, Mozambique na Lesotho.

Mu gushaka itike y'Igikombe cya Africa AFCON ya 2025, nabwo Amavubi ya Torsten Frank Spittler yasoreje ku mwanya wa Gatatu inyuma ya Benin na Nigeria, ariko u Rwanda rubura itike yo kujya mu gikombe cya Africa kubera rwannganyaga amanota umunani na Benin ariko Benin ikaba iaritwaye neza kurusha u rWanda mu mikino yahuje ibi bihugu byombi.

Imikino ibiri umutoza mushya w'Amavubi Adel Amrouche amaze gutoza iraca amarenga ko nyuma yo gutakaza umutoza Trissten Frank Spitller Ikipe y'igihugu y'u Rwanda 'Amavubi', ishobora gusubira mu bihe yari imazemo imyaka icyenda byo kujya itsindwa umusubirizo. 

Ndetse bikongera kugora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda 'FERWAFA', kongera kubona umutoza mwiza uri ku rwego rwa Torsten Frank Spittler cyangwa  Stephen Constantine

 

Umusaruro w'umutoza wasimbuye Trossten Frank Spitller uteye isoni

Mu manota atandatu adel Amrouche amaze gusarura rimwe gusa

Trossten Frank spitller yasize u Rwanda ku mwanya wa mbere mu gushaka itike yo kujya mu gikombe cy'isi

Byasabye imyaka icyenda kugira ngo u Rwanda rubone uwo gukorera mu ngata Stephen Costantine






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ndayishimiye2 days ago
    Bavandi nawe yatangiye mumunenga mumuhe umwanya nawe amenye ikipe



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND