RURA
Kigali

Uko wambara bigira ingaruka ku myitwarire yawe, uko wiyumva n’uko abandi bakubona

Yanditswe na: KUBWIMANA Solange
Taliki:24/03/2025 8:23
0


Iyo utekereza ku myambarire, usanga akenshi wibanda ku ibara ry’imyenda, idini, ibigezweho n'ibyo ukunda. Ariko se wigeze utekereza aho uburyo wambara bihurira n’imitekerereze n’imyitwarire yawe? Yego, bifitanye isano ya bugufi cyane kuruta uko ubitekereza. Uko wambaye bigira uruhare mu gutuma umunsi wawe ugenda neza cyangwa nabi.



Imyambarire yawe igira ingaruka ku myitwarire yawe n’uko wiyumva. Ntabwo kwambara ari ukwifubika gusa, cyangwa gupfuka umubiri wawe biri aho, imyambarire yawe isobanuye byinshi kuri wowe. Abahanga mu by’imitekerereze ya muntu, basobanura ko burya imyambarire ifite byinshi ivuze nk’uko tubikesha inyandiko yasohotse mu kinyamakuru Science of People:

 Ese ujya wibaza impamvu mugenzi wawe akunda kwambara amakanzu magufi ariko wowe ugakunda amaremare? Ni ukubera iki abantu bahitamo kwambara imyenda y’ubwoko butandukanye? Umwe akumva yambaye neza mu gihe yambaye umwenda runaka, nyamara undi akaba atanawambara. Ibyo umuntu ahitamo kwambara bijyana n’ibintu bitandukanye:Aho yakuriye n’uko yarezwe, ibyo akunda, aho agiye, akazi akora n’ibindi.

 

Urugero, abantu bakora mu biro bakunda kwambara amakote, mbese bakagerageza kugaragara neza, ibi byamaze kujya mu bantu benshi ku buryo ushobora no guhura n’umuntu bitewe n’uko yambaye ugahita utekereza ku kazi akora. Ni muri urwo rwego kandi ushobora no guhura n’umuntu ugahita utekereza ko akazi akora nta birenze, bitewe nyine n’uko yambaye.

 Ushobora kuba ujya umara umwanya munini cyane kuruta n’uwo wamaze mu bwogero, ukiri kugerageza guhitamo imyenda uri bwambare. Utekereza ko ari ukubera iki? Imyambarire yawe ifitanye isano n’ibyiyumvo byawe, iyo wambaye imyenda wumva ko ari myiza kandi ikubereye, uba wifitiye icyizere kandi wishimye. Nyamara uzarebe cya gihe uba wumva wambaye nabi, uba uhangayikishijwe n’uburyo abandi bari bukubone cyangwa bagufata, bityo ukumva utifitiye icyizere.

 

Nk’uko ikinyamakuru Science America kibitangaza, uburyo umuntu yambaye bishobora kugira uruhare mu buryo akora, haba kugira umurava cyangwa ubunebwe. Umuntu wambaye imyenda yishimiye, yumva ko ari myiza aba afite akanyamuneza. Ndetse akorana umuhate akanakurikira buri kimwe, nyamara uwumva ko adasa neza aba ahangayitse, nta murava, ahubwo yifuza icyamukura aho.

Ibi bisobanura impamvu umuntu ashobora gusiba nk’inama runaka kuko gusa yumva ko nta mwenda wo kwambara afite, nyamara ivarisi ye mu rugo yuzuyemo, ari uko gusa yumva ko nta mwenda ujyanye n’iyo nama afite.


Nanone imyambarire yawe igaragaza abandi uwo uri we. Iyo uhuye n’umuntu bwa mbere, mu by'ukuri atakuzi ashobora kugutekereza akurikije uko wambaye, akaba yanatekereza k’uko witwara bitewe n’imyambarire yawe. Akenshi abantu bacira undi imanza bashingiye ku myambarire ye, ugasanga muhuye ku nshuro ya mbere ariko bakagenda bafite ishusho y’imyitwarire yawe batwaye mu mutwe.

Imyenda wambara igaragaza uwo uri we, imyitwarire yawe n’ibindi. Abanyarwanda bakunda kuvuga bati “Mbwira uwo mugendana, nkubwire uwo uri we,” mu bijya gusa n’ibi rero uko wambara bigaragaza wowe wa nyawe. Niba uri umusirimu, niba ukunda ubwisanzure, cyangwa idini ryawe, akazi ukora, n’ibindi.

 Abahanga mu by’imitekerereze bavuga ko imyambarire y'abantu ishobora kugira ingaruka zikomeye ku myitwarire yabo mu bihe bitandukanye. Iyo umuntu asabwa kubahiriza amabwiriza yihariye y'imyambarire, akenshi bigira ingaruka ku myitwarire n’imitekerereze bye.

Urugero, mu bice by'umwuga aho imyambaro y’abakozi bahakora iba isanzwe iteguye, nko mu biro cyangwa mu bigo by'ubucuruzi, amategeko y'imyambarire ashobora guteza imbere imyumvire y'ubunyamwuga ndetse bikagabanya ubusumbane no gusuzugurana hagati y'abakozi. 

Ahubwo kuko bose baba bambaye bimwe buri wese yita ku kazi ke nta kurangazwa n’ibyo undi yambaye.


Mu buryo nk'ubwo, mu bigo by'amashuri aho, hasanzwe hari impuzankano, amategeko y'imyambarire ashobora guteza imbere ubumwe n'uburinganire hagati y'abanyeshuri. Impuzankano, ituma abanyeshuri bose bumva bari ku rwego rumwe, maze bakaba banafatanya mu masomo yabo kuruta uko buri umwe yakwishyira mu kiciro runaka bitewe n’uko yambara.

 

Niba uri guhitamo umwenda wo kwambara uyu munsi, gerageza wambare imyenda ijyanye n’ahantu ugiye, imyenda itari butume wumva ubangamiwe cyangwa wumva itakubereye. Ni byiza kuva mu rugo wumva usa neza, wambaye neza ndetse uberewe. Ibi bigufasha kumara umunsi wose unezerewe kandi wumva wifitiye icyizere. 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND