Sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda yatangaje ko Ali Monzer ari we wagizwe Umuyobozi Mukuru (CEO) mushya, asimbuye Mapula Bodibe wari uyoboye iki kigo kuva muri Nzeri 2022.
Ni
amakuru yagiye ahagaragara ku wa Kane tariki 20 Werurwe 2025, bikaba
biteganyijwe ko uyu muyobozi mushya wa MTN Rwanda azatangira imirimo ye ku wa
22 Mata.
Ubunararibonye
bwa Ali Monzer mu itumanaho
Ali
Monzer afite uburambe bw’imyaka 24 mu rwego rw’itumanaho. Yatangiye gukorera
MTN mu 2004, aho yagiye ahabwa imyanya itandukanye y’ubuyobozi. Monzer yari
asanzwe ari Umuyobozi wa MTN, ishami rya Sudani y’Epfo, kuva tariki ya 1 Mata
2024.
Mbere
yo kuba Umuyobozi Mukuru w’ishami ry’iyi sosiyete muri Sudani y’Epfo, yari
Umuyobozi ushinzwe ikoranabuhanga n’amakuru muri MTN Uganda.
Amashuri
n'impamyabumenyi
Ali Monzer afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza (Master's degree) mu bijyanye n’ubugenge bw’itumanaho rya mudasobwa (computer communication engineering), ndetse n'izindi mpamyabumenyi zijyanye n’urwego rw’itumanaho.
Umusanzu
wa Mapula Bodibe muri MTN Rwanda
Mapula Bodibe wari Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda kuva muri Nzeri 2022, yagize uruhare rukomeye mu guteza imbere serivisi z’itumanaho mu gihugu. Mu gihe cye, MTN Rwanda yateye intambwe mu kongera ubwiza bwa serivisi no kwagura ibikorwa byayo.
Icyerekezo
gishya cya MTN Rwanda
Ali Monzer nk’Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, ategerejweho gukomeza guteza
imbere serivisi z’itumanaho mu gihugu, hifashishijwe ubunararibonye bwe mu
ikoranabuhanga no mu miyoborere, bijyanye n’ibikubiye muri gahunda y’ibikorwa
bya MTN Rwanda y’umwaka wa 2025, aho yiyemeje gukomeza gutanga serivisi nziza,
yunguka mu buryo burambye, no kurushaho guhanga udushya hagamijwe guteza imbere
serivisi z’imari mu gihugu.
MTN
Group igaragaza ko imikorere myiza ya Monzer, udushya afite mu ikoranabuhanga
ndetse n’ubunararibonye afite mu kwita ku bakiriya, byatumye MTN ishami rya
Sudani y’Epfo riba ku isonga mu bigo by’itumanaho bikora neza muri iki gihugu.
Iyi sosiyete igaragaza ko ubumenyi n’ubunararibonye Monzer afite, buzafasha MTN Rwanda gukomeza kwesa imihigo muri iki gihugu.
MTN Rwanda yabonye Umuyobozi Mukuru mushya
Ali Monzer afite uburambe bw'imyaka 24 mu itumanaho
Ali Monzer asimbuye Mapula Bodibe wayoboraga MTN Rwanda kuva muri Nzeri 2022
TANGA IGITECYEREZO