Kugira umutungo uhagije ni inzozi za benshi, ariko si bose babigeraho. Abahanga mu bijyanye n’imari bavuga ko gukira bisaba imbaraga, kwiyemeza ndetse no kugira ingeso nziza zo gucunga neza amafaranga. Hano hari amabwiriza 10 akomeye ushobora gukurikiza mu rugendo rwo kwiyubakira ubukire:
1.Shyira imbere kuzigama n’iyo byaba ari bike. Amafaranga make uzigama buri munsi ashobora kuba menshi nyuma y’igihe runaka. Ntukagire umubare w’amafaranga ugereranya n’agato nk'uko tubikesha The Millionaire Next Door yanditswe na Thomas J.Stanley na William D.Danko.
2.Itondere gukoresha amakarita y’inguzanyo. Kwishyura ukoresheje amakarita y’inguzanyo kenshi bigushyira mu myenda itari ngombwa. Ibuka ko imyenda atari umusingi mwiza w’ubukire.
5.Menya guciririkanya mu guhaha. Kwiga uburyo bwo kumvikana ku biciro no guhahira kubiciro byiza udahenzwe ibyo biza gufasha kongera amafaraga ushora mu bindi bikorwa bibyara inyungu no kuzamura ubwizigame.
8.Tandukanya ibyifuzo n’ibikenewe. Menya gutandukanya ibyo
ukeneye kuko n’ibyo ushaka aho usanga ugura ibintu udakeneye guhita ukoresha
bitari ngombwa, banza urebe ibintu by’ingenzi ukeneye kurusha ibindi abe aribyo
utakaza ho amafaranga yawe. Bizagufasha kudatakaza amafaranga ku bintu bidafite
akamaro.
10.Haranira kugira aho ukura amafaranga henshi. Ntukiringire akazi kamwe gusa. Tekereza ku mishinga y’inyongera, nk’ubucuruzi, imitungo itimukanwa cyangwa ubundi buryo bwo kunguka amafaranga. Ibaze uti ese akazi gahagaze nakomeza kubaho nkuko bisanzwe? Ubundi utekereze ahandi wazajya ukura amafaranga.
Gushyira mu bikorwa izi nama bishobora kugufasha gutangira urugendo
rwo kugera kubukire burambye.
Genzura neza niba koko ibintu utakazaho amafaranga biba ari ngombwa
Gira amakenga kuba kwereka inzira kugeza kubukire utavunitse.
Tangira wizigamire kabone nubwo yaba ari make
TANGA IGITECYEREZO