RURA
Kigali

Courtois yifatiye ku gahanga Diego Simeone ashinja guhora yiriza

Yanditswe na: Ndayishimiye Fabrice
Taliki:13/03/2025 10:22
0


Umunyezamu wa Real Madrid, Thibaut Courtois, yatangaje ko arambiwe kwiriza kwa Diego Simeone utoza Atletico Madrid uhora wiriza, nyuma y’uko yateje ubwega avuga ko ikipe ye yasezerewe yibwe.



Mu ijoro ryakeye nibwo Real Madrid yasezereye mukeba wayo Atletico Madrid muri kimwe cya munani cya UEFA Champions League aho byasabye penariti, umukino wari warangiye Atletico yishyuye igitego yatsinzwe mu mukino ubanza.

Muri izi penariti nibwo habaye icyo kugeza ubu abakunzi ba ruhago ku isi batavugaho rumwe, aho penariti ya Julian Alvarez wa Atletico Madrid yanzwe nyuma y’uko abasifuzi bemeje ko mu gutera umupira yawukozeho kabiri. Iyi penariti ni nayo yatumye iyi kipe isezererwa, nubwo bahushije ebyiri.


Penariti ya Alvarez ikomeje guteza impagarara

Mu kiganiro n’itangazamakuru nyuma y’umukino, Diego Simeone, ntiyahishe amarangamutima ye aho yahamijwe ko ikipe ye yibwe kuko Alvarez atigeze akora ku mupira kabiri nk’uko abasifuzi babyemeje.

Ati: ”Muzamure ibiganza byanyu niba mutekereza ko Alvarez yakoze ku mupira kabiri. Nta n’umwe uzamuye!”.

Thibaut Courtois we yatangaje ko yabonye ko Alvrez yakoze ku mupira incuro ebyiri, akaba ariwe ubwira umusifuzi ngo babirebe neza. Uyu muzamu kandi avuga ko arambiwe no kumva umutoza Diego Simeone ahora yiriza.

Ati:”Ni ibintu bigaragara. Ndambiwe n’uku guhora yiriza, ahora yiriza ku bintu nk’ibi. Abasifuzi nta kipe bashaka kubera haba muri Espagne n’i Burayi. Hamwe n’ikoranabuhanga, mu cyumba cya VAR babibonye neza , bafite camera nyinshi n’amashusho menshi.”

Carlo Ancelotti utoza Real Madrid we yagize ati:”Nge nabonye yakoze ku mupira n’ukuguru kw’imoso.”

Kugeza ubu penariti ya Julian Alvarez iracyari ingingo itavugwago rumwe n’abakunzi b’umupira w’amaguru ku isi bamwe bemeza ko yari kwemerwa abandi bagahamya nk’uko yagombaga kwangwa nk’uko byagenze.

Real Madrid yahise ikomeza muri kimwe cya kane aho izahura na Arsenal. Uko andi makipe, FC Barcelona izahura na Borussia Dortmund, PSG ihure na Aston Villa, naho Bayern Munich ihure na Inter Milan.


Simeone utoza Atletico Madrid yagaragaje ko yibwe


Courtois we yatangaje ko arambiwe kwiriza kwa Simeone





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND