RURA
Kigali

Yirahira icupa! Uko Burna Boy yakoze indirimbo ‘Ye’ yaborewe

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:13/03/2025 14:27
0


Mu mwaka wa 2018, nibwo Burna Boy yashyize hanze indirimbo ‘Ye’ yamuhinduriye amateka ku ruhando mpuzamahanga gusa akaba yarayikoze mu minota itarenga 10 kandi yasinze.



Inzoga n’itabi nibyo nshuti magara z’icyamamare Burna Boy dore ko n’aho ataramira ibyo aribyo bintu bya mbere bagomba kuba bafite naho imiziki yo igakorwa nyuma.

Ibi na nyiri ubwite arabishimangira ndetse akavuga ko hari indirimbo ajya akora yasinze n’ubwo benshi mu bahanzi bandika indirimbo ariko mu gihe cyo gufata amajwi yazo, bakabanza kwikora.

Mu kiganiro yagiranye na Rap Radar, Burna Boy yavuze ko akora indirimbo ‘Ye’ atari azi ibyo arimo dore ko yari mu kabari yasinze hamwe n’inshuti ze bahuriye ku gatama no mu buzima busanzwe.

Burna Boy avuga ko yumvaga yahaze ibintu inzoga n’imiziki ashaka kujya ahantu hatari gusakuza ariko inshuti ye Shina Peller bari kumwe, yamuhaye telephone ye amwumvisha ‘beat’ nuko Burna Boy ahita ayikunda.

Nta kuzuyaza, Burna Boy yahise azamuka ajya hejuru mu kindi cyumba atangira gufata amajwi y’indirimbo atanditse ahubwo yumva ‘beat’ agashyiramo amagambo abonye n’ubwo yari yasinze.

Mu gitondo amaze gusinduka, Burna Boy yumvishe indirimbo ‘Ye’ hanyuma akomeza kuyikunda anayishyira kuri album ye yise ye ya gatatu yitwa 'Outside'.

'Ye' yabaye imwe mu ndirimbo zikunzwe cyane, yegukana ibihembo bitandukanye birimo Song of the Year na Listener's Choice mu bihembo bya Soundcity MVP Awards Festival mu mwaka wa 2019.


Burna Boy yavuze ko indirimbo 'Ye' yayikoze yasinze

Umva indirimbo 'Ye' Burna Boy yakoze yasinze ariko ikamuhindurira ubuzima
">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND