RURA
Kigali

Gukora urugendo rw’isaha n’amaguru buri munsi birinda indwara zirimo n’umubyibuho ukabije – Minisitiri Dr Nsanzimana

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:3/03/2025 14:33
0


Hari siporo zitandukanye abantu bakora kugira ngo bakomeze kugira ubuzima buzira umuze, abandi bagakora iz’umwuga nk’akazi kababeshejeho, ariko hari indi siporo yoroshye kandi ifitiye akamaro kanini abayikora itanagombera ibikoresho runaka. Iyo nta yindi ni iyo kugenda n'amaguru.



Turi mu isi yihuta, aho imodoka, moto, n’ibindi binyabiziga byihuta bifasha abantu kugera aho bajya mu kanya gato, ariko hari ikintu cy’ingenzi benshi batangiye kwibagirwa: kugenda n’amaguru.

Iyi ni siporo ishobora kumvikana nk’aho ntacyo ivuze, ariko ubushakashatsi bugaragaza ko ifite akamaro kadasanzwe ku buzima. Abahanga mu by’ubuzima bavuga ko kugenda n’amaguru ari kimwe mu bikorwa byoroshye ariko bifite ingaruka nziza ku mubiri n’ubwonko bwa muntu.

Kugenda n’amaguru bifasha imitsi, umutima, n’imiyoboro y’amaraso gukora neza, bikagabanya ibyago byo kurwara indwara zifata umutima n’umuvuduko w’amaraso.

Ibi bishimangirwa na Dr. Thomas Frieden, wahoze ayobora Ikigo cy’Amerika gishinzwe kurwanya no gukumira indwara (CDC), wigeze kuvuga ati: "Kugenda n’amaguru buri munsi ni imwe mu nzira zoroshye kandi zikora neza mu rugendo rwo kugira ubuzima bwiza.”

Dr. Paul Dudley White, umuhanga mu buvuzi bw’indwara z’umutima, avuga ko kugenda n’amaguru ari kimwe mu bisubizo bishobora gufasha umuntu kumva aruhutse no kugira amarangamutima atekanye.

Ati: “Indwara z’umutima ntizikeneye imiti gusa, ahubwo n’imyitozo yoroshye nka ‘walk’ ishobora gutanga ibisubizo birambye.”

Nk’uko Dr. John Ratey, umuhanga mu bijyanye n’imikorere y’ubwonko, abivuga, ngo “Gukora imyitozo nk’iyo kugenda n’amaguru ni nko gukoza ubwonko, kuko bituma bukora neza kandi bukagumana ubushobozi bwo gutekereza vuba.”

Ubushakashatsi bwagaragaje kandi ko abantu bagenda n’amaguru buri munsi bagira amahirwe menshi yo kwirinda indwara zifata ubwonko nko kwibagirwa bikabije (Alzheimer’s).

Si aba bahanga gusa bagiye babikomozaho, kuko na Minisitiri w’Ubuzima mu Rwanda, Dr Sabin Nsanzimana yabigarutseho kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, aho yagaragaje ko umuntu ushaka kugira ubuzima buzira umuze akwiye gutangira kwimenyereza gukora urugendo n’amaguru buri munsi rutwara nibura igihe kiri hagati y’isaha n’isaha imwe n’igice, akagenda ibilometero biri hagati ya 5-8, ni ukuvuga intambwe 5,000-10,000.

Ni ubutumwa yatanze abunyujije ku rubuga rwa X, aho yakomeje agaragaza ko ukoze iyo siporo bimurinda indwara zinyuranye zirimo iz’umutima, umubyibuho ukabije, Diabetes, umuvuduko ukabije w’amaraso, ndetse n’agahinda gakabije.

Agigarutseho mu gihe abahanga mu miterere y’umubiri w’umuntu bavuga ko amaguru yombi afite 50% by’imitsi iri mu mubiri w’umuntu, bityo 50% by’amaraso akaba atembera mu mubiri anyuze muri iyo mitsi.

Ubuvuzi bwa gihanga n’ubuvuzi bwa kizungu, bwombi buhuriye ku kwemera ko ibirenge ari ingingo z’umubiri w’umuntu zishobora kugaragaza ko afite ibibazo mu mubiri cyangwa afite ubuzima bwiza. Ni yo mpamvu abantu bafite amaguru afite imikaya ikomeye kubera kuyakoresha siporo usanga n’imitima yabo iba imeze neza.

Uko umuntu agenda asaza, ubudahusha n’umuvuduko wo kohereza amabwiriza hagati y’ubwonko n’amaguru cyangwa ibirenge, bigenda bigabanuka kurusha uko biba bimeze iyo umuntu akiri muto.

Uko igihe kigenda gishira, ibikomeza amagufa biziwi nka kalisiumu na byo bigenda bigabanuka ndetse bikagera aho bigashira kubera iza bukuru ari yo mpamvu abantu bashaje bagira ibyago byo kudakira imvune z’amagufa byihuse. Bityo gukora imyitozo y’amaguru ugenda buri munsi, byemezwa ko ari bumwe mu buryo bwongera amahirwe yo gusaza ufite amagufa y’amaguru atavunika ubusa.

Minisitiri w'Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana yagaragaje akamaro ko kugenda n'amaguru ku buzima bwa muntu 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND