RURA
Kigali

Kenya: Chris Brown yasimbujwe Burna Boy kubera ibura ry’ibikorwaremezo

Yanditswe na: Ndayishimiye Fabrice
Taliki:25/02/2025 13:52
0


Umunya-Nigeria Burna Boy aritegura gutaramira abanya-Kenya, mu gihe Chris Brown washakwaga muri icyo gitaramo bitashobotse ko acyitabira.



Tariki 01 Werurwe 2025 nibwo umunya-Nigeria Burna Boy azataramira i Nairobi muri Kenya, mu gitaramo cya MadfunXperience cyateguwe na kompanyi ya Madfun Group. 

Iki gitaramo cyagombaga kubera muri Nairobi Polo Club ariko kubera ubwinshi bw’abaguze amatike mbere y’uko umunsi w’igitaramo ugera, hanzuwe ko cyimurirwa kuri Uhuru Gardens kugira ngo bazabashe kwakira abantu benshi.

Gusa Burna Boy wataramiye abanya-Kenya mu 2017 na 2019, siwe abategura iki gitaramo bashakaga nka nimero ya mbere, ahubwo bifuzaga umunyamerika Christopher Maurice Brown wamamaye mu muziki nka Chris Brown ariko birangira bidakunze.

Nk’uko byemejwe na Joy Wachira MD wa Madfun Group, baganirije Chris Brown bifuza ko ariwe uzaza muri iki gitaramo ariko bikanga kubera ko we n’ikipe ye babonaga nta bikorwaremezo bihagije ngo bahataramire, by'umwihariko ku kintu cyo kumanukira no kugendera ku migozi akunda gukora bakabona ntaho yabikorera hahari.

Joy Wachira yagize ati:”Chris Brown yadusobanuriye ko atari ikibazo cy’amafaranga. Nta guca ku ruhande yatubwiye ko Kenya idafite igikorwaremezo cyamufasha gutaramira abakunzi be mu buryo asanzwe abikoramo. Kandi ndatekereza ko yari mu kuri. 

Reba ibyo aherutse gukora muri Afurika y’Epfo. Ashaka kuza ku rubyiniro aguruka mu kirere akava ku ruhande rumwe rwa Arena akagera ku rundi. Muri Kenya nihe yakorera ibyo? Yabaye nk’udukangura ko dukwiye gukora ibirenze ibyo dufite.”

Amakuru y’ibitangazamakuru birimo Buzzroom Kenya, avuga ko Chris Bown yari yahawe ibihumbi $900(Asaga miliyari imwe na miliyoni 274 Frw), ariko akaza gusimbuzwa Burna Boy ku bw’izo mpamvu zavuzwe.

Chris Brown w’imyaka 35, ni umwe mu bahanzi bakunzwe cyane ku Isi mu myaka igiye kuba 20 amaze mu muziki, akaba yibitseho ibihembo birimo nka Grammy Awards ebyiri ndetse n’ibindi bihembo bikomeye ku Isi birimo nka MTV Awads, BET Awads n’ibindi.


 Chris Brown yanze gutaramira muri Kenya kubera kubura ibikorwaremezo


Burna Boy niwe witabajwe nyuma yo kubura Chris Brown





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND