RURA
Kigali

Harimo abakatiwe abandi bagirwa abere! Ibyamamare 10 byumvikanye mu birego byo gusambanya abana

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:19/02/2025 13:47
0


Ntabwo ari iby'ubu! Mu myaka yatambutse, hagiye humvikana inkuru zinyuranye z’abagabo bari ibikomerezwa, bagiye bashinjwa ibyaha bifitanye isano no gusambanya abana batujuje imyaka y’ubukure ndetse bamwe bisanga mu gihome.



Mu Rwanda, ingingo ya 136 y’Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko iyo umuntu mukuru asambanyije umwana akabihamywa n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 20 ariko kitarenze imyaka 25.

Ni mu gihe iyo umuntu mukuru asambanyije umwana ufite cyangwa urengeje imyaka 14 bigatera umwana indwara idakira cyangwa ubumuga, igihano kiba igifungo cya burundu.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yatangaje ko mu mwaka wa 2023/2024, hakurikiranywe amadosiye 4.567 arebana n’icyaha cyo gusambanya abana.

Yavuze ko muri ayo madosiye yashyikirijwe Ubushinjacyaha, harimo abasambanyijwe 4.849, abakobwa ni 4.646 n’abahungu 203, mu gihe abakekwaho icyo cyaha ari 4.901 barimo 4.767 b’abagabo n’abagore 134

Icyo gihe Abadepite basabye Ubuyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB kugaragaza ingamba zihari zigamije gukumira icyaha cyo gusambanya abana gikomeje kwiganza mu muryango nyarwanda.

Iki cyaha ntikigaragara mu bantu basanzwe gusa, ahubwo hari ibyamamare byaba ibyo mu Rwanda no mu mahanga byagiye byumvikana mu birego byo gusambanya abana. 

Bamwe muri bo, bahamwe n’icyaha barakatirwa, abandi bagirwa abere mu gihe hari n’abagiye bahunga ubutabera.

Dore ibyamamare 10 byavuzweho ibirego byo gusambanya abana:

1.     R. Kelly


Umuririmbyi Robert Sylvester Kelly [R Kelly] wamamaye mu njyana ya RnB, yahamijwe ibyaha byo gufata ku ngufu no gusambanya abana muri Nzeri 2021.

Yakatiwe imyaka 30 y’igifungo muri Kamena 2022 kubera gukoresha abana ibikorwa by’ubusambanyi no kubacuruza.

Ku wa 18 Gashyantare 2023, nibwo umucamanza wa Leta ya Chicago, Harry Leinenweber yatesheje agaciro icyifuzo cy’umuririmbyi R. Kelly wari wasabye kugirwa umwere mu rubanza rushya rwo gukinisha umwana muto filime z’urukozasoni.

Mu 2022, R. Kelly yakatiwe igifungo cy’imyaka 30 ku byaha icyenda birimo gusambanya abana no gushora mu busambanyi abagore n’abakobwa.

Uyu muhanzi mu 2023 yongeye gushinjwa icyaha cyo gukinisha filime z’urukozasoni umwana muto, abashinjacyaha bamusabira gufungwa igifungo cy’imyaka 25 cyikongerwa kuri 30 yari aherutse gukatirwa.

2.     Jeffrey Epstein


Epstein ni umenyemari wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika washinjwe gusambanya abakobwa batujuje imyaka y’ubukure mu 2006.

Mu 2008, yahamijwe ibyaha arafungwa, ashyirwa no ku rutonde rw’abakoze ibyaha byo gusambanya abana.

Nyuma yaho habaye inkundura y’abagore bamushinja ko yabahohoteye, atabwa muri yombi mu 2019, mu 2020 agwa muri gereza yiyahuye, mu gihe yari ategereje kuburanishwa.

Yari azwiho kuba yaragiranaga umubano n’ibyamamare, abanyapolitiki, abacuruzi, abarimu n’abashakashatsi, akabizeza ibitangaza bazungukira muri uwo mubano agamije inyungu ze.

3.   Michael Jackson


Michael Jackson ni umwe mu bahanzi b’ibihe byose, benshi bamwita umwami w’injyana ya pop.

Ni umwe mu bantu bigeze kwandika amateka mu muziki kubera ubuhanga mu miririmbire n’imibyinire ye yihariye. Kuri ubu hashize imyaka 10 yitabye Imana, abantu batandukanye batangiye kuzamura ibirego by’uko yasambanyaga abana b’abahungu.

Mu 2019 ni bwo ku nshuro ya mbere herekanywe filime yitwa “Leaving Neverland” ivuga ku buryo umuhanzi wafatwaga nk’umwami w’injyana ya Pop, Michael Jackson, yasambanyije abana b’abahungu ku ngufu, ibintu byababaje abayirebye.

Iyi filime yerekanywe mu iserukiramuco rya sinema rizwi nka Sundance Film Festival 2019, ryabereye mu nyubako ya Egyptian Theatre mu mujyi wa Park City muri Leta ya Utah.

Icyo gihe Aljazeera yanditse ko iyi filime ishingiye ku witwa Wade Robson uvuga ko Michael Jackson yamusambanyije kuva afite imyaka irindwi kugeza agize 14 na James Safechuck wari ufite imyaka 10.

Leaving Neverland imara amasaha ane, igaragaza uko aba bagabo baryamanye na Michael Jackson, mu gihe yari akunzwe mu 1980 kugera mu 1990 n’uko byabateye ihungabana.

Iyi filime ijya hanze, Robson yavuze ko ntacyo bashobora guhindura ku byababayeho kandi ko ntacyo bakora kuri Michael Jackson kuko yapfuye, ahubwo icyo bagamije ari ugukura ipfunwe ku bahuye n’iki kibazo no kumenyesha abafite inshingano zo kurera abana iby’iki kibazo.

Mu 2021, nibwo umucamanza Mark A. Young wo muri Los Angeles yatesheje agaciro ibirego bya Wade Robson washinjaga sosiyete za Michael Jackson kuba ziri mu byo yifashishaga mu gukora ibikorwa birimo n’ibyo gusambanya abana b’abahungu batarageza imyaka y’ubukure na we arimo.

Umucamanza yavuze ko ntaho imyitwarire ya Michael Jackson yahurira na sosiyete ze, ku buryo Robson yabigira urwitwazo akazijyana mu nkiko.

Yavuze ko nta bihamya bifatika bihari bigaragaza ko sosiyete za Michael Jackson zari zifite inshingano zo kumurinda mu gihe yari ari kumwe n’uyu muhanzi mu myaka yo mu 1990.

Nyuma y’iki cyemezo Vince Finaldi uburanira Wade Robson yatangaje ko atishimiye uyu mwanzuro ku buryo agiye kujuririra iki cyemezo cy’umucamanza umukiliya we akarenganurwa.

Mu 2020 nabwo uyu mucamanza yatesheje agaciro ikirego cya James Safechuck washinjaga sosiyete za Michael Jackson kuba iri mu byamwoshyaga mu gukora ibikorwa birimo n’ibyo gusambanya abana b’abahungu batarageza imyaka y’ubukure.

James Safechuck yavugaga ko yahohotewe n’iki cyamamare ubwo yari afite imyaka 10. Yari ahuje ikirego Wade Robson na we ushinja Michael Jackson kumusambanya afite imyaka irindwi.

James Safechuck mu 2014 yajyanye mu nkiko sosiyete za Jackson zirimo MJJ Productions na MJJ Ventures, avuga ko ‘zari zarashinzwe hagamijwe gufasha Michael Jackson gufata abana ku ngufu kandi zikaba zarabigezeho.’

4.    P. Diddy


Mu mezi ashize, umuraperi Sean Combs, uzwi nka P. Diddy, yarezwe n'abantu batandukanye bamushinja ihohoterwa rishingiye ku gitsina, harimo n'ibirego byo gusambanya abana.

Uyu muraperi yatangiriye uyu mwaka mu mazi abira nyuma y’uko mu rukiko hagaragaye umugore mushya umushinja ko yamusambanyije ku gahato afite imyaka 16 y’amavuko, akanabikora yabanje kumusindisha.

Uyu mugore mushya yiyongereye ku rutonde rw’abandi benshi bajyanye mu nkiko P.Diddy umaze amezi mu gihome akurikiranyweho ibyaha byo gufata ku ngufu, gucuruza abakobwa hamwe no gutera ubwoba abamushinja.

Mu kirego yatanze, uyu mugore wahawe izina rya Jane Doe ku mpamvu z’umutekano we, yavuze ko yahuye na Diddy mu 2000 afite imyaka 16 y’amavuko ari na bwo yamufashe ku ngufu.

Diddy yatawe muri yombi ku wa 16 Nzeri 2024, aho afungiye muri gereza y’i Brooklyn muri New York, akaba ariho ategerereje urubanza rwe ruzaburanishwa ku wa 5 Mata 2025.

5.    Jay-Z

 

Mu minsi ishize, nibwo Buzbee yatanze ikirego cy’uko umuraperi Shawn Carter wamamaye nka Jay-Z yafashe ku ngufu umwana w’umukobwa w’imyaka 13, afatanyije na Sean ‘Diddy’ Combs mu 2000.

Jay-Z yareze uyu munyamategeko mbere gato y’uko ku wa 14 Gashyantare 2025 urukiko rwa New York ruhagarika iki kirego nyuma y’uko bigaragaye ko uwamushinjaga yamubeshyeraga.

Mu mpamvu Jay-Z yabwiye urukiko zituma arega Tony Buzbee wari uhagarariye umukobwa wahawe izina rya Jane Doe, zirimo ko iki kirego cyamugizeho ingaruka mu buryo bw’imitekerereze ndetse kikanamuhombya amafaranga menshi.

Kuri ubu, uyu muraperi ari kubyinira ku rukoma nyuma y’uko ikirego cyamushinjaga we na Diddy gusambanya umukobwa w’imyaka 13, byavugwaga ko cyakozwe mu myaka irenga 20 ishize gikuweho.

Iki kirego cy’umugore wari wiswe Jane Doe cyakuweho ku wa Gatanu tariki 14 Gashyantare 2025. 

6.    Roman Polanski


Mu 1977, umuyobozi wa filime, Roman Polanski yahamijwe icyaha cyo gusambanya umukobwa w’imyaka 13. Yahise ahunga Leta Zunze Ubumwe za Amerika ajya mu Bufaransa, aho atigeze atabwa muri yombi.

7.     . Woody Allen


Uyu mugabo ubusanzwe witwa Allan Stewart Konigsberg [Woody Allen] ni umwe mu bububatse izina mu buryo bukomeye mu ruganda rwa sinema ya Hollywood by’umwihariko mu kuyobora no gutunganya filime.

Mu 1992 nibwo umukobwa Woodey Allen yareraga witwa Dylan Farrow, yareze uyu mugabo ubu ufite imyaka 89 y’amavuko.

Icyo gihe itangazamakuru ryahanze amaso uyu mugabo wamenyekanye ndetse akigwizaho ibihembo byinshi bikomeye muri Amerika.

Mu kiganiro yagiranye na ‘‘CBS Sunday Morning” Allen yavuze ko iki kirego nta shingiro cyari gifite.

Ati ‘‘Nta shingiro ryo kuba nabiryozwa. Ni gute umuntu wari ufite imyaka 57 utarigeze ushinjwa na kimwe mu buzima bwanjye, nari gufungwa ndengana. Ntabwo ntekereza ko byari bikeneweho iperereza, ndetse.’’

Dylan Farrow washinje uyu mugabo wamureraga kumufata ku ngufu ubwo yari afite imyaka irindwi ariko bikaza kurangira habuze ikimenyetso, yigeze kumvikana avuga ko yubaha uyu mugabo ariko kuba amwubaha bitari gukuraho ko aryozwa ibyaha bye.

Woody Allen niwe wakoze filime zirimo ‘The Curse of the Jade Scorpion’, ‘Hollywood Ending’, ‘Anything Else’, ‘Melinda and Melinda’, ‘Match Point’, ‘Scoop’, ‘Vicky Cristina Barcelona’, ‘ Minuit à Paris (Midnight in Paris)’ inagaragaramo Sonia Rolland n’izindi zitandukanye zamenyekanye kuva mu myaka irenga 30 ishize.

8.     Gary Glitter


Umuhanzi Gary Glitter yahamwe n’ibyaha byo gusambanya abana muri Gashyantare 2015, ahabwa igifungo cy’imyaka 16. Yarekuwe mu 2023 ariko yongeye gutabwa muri yombi nyuma y’amezi make.

Umwaka ushize, Urukiko rukuru rwo mu Bwongereza rwategetse umuhanzi Gary Glitter kwishyura Ama-pound ibihumbi 500, nyuma yo kumuhamya ibyaha by'ihohotera yakoreye umwana w'imyaka 12.

9.     Yampano


Umuhanzi Yampano, uri mu bagezweho yahishuye ko yigeze gufungwa azira gusambanya umwana w'umukobwa utujuje imyaka y'ubukure abeshyerwa kugeza ubwo yashatse kwiyahura kubera ubuzima bwo muri gereza.

Ibi Yampano yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n'umuyoboro wa YouTube wa 'MIE Empire', aho yavuze ko ku myaka ye 19 y'amavuko yafunzweho akurikiranyweho gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 17 y'amavuko.

Uyu musore yabaye muri gereza igihe kugeza ubwo haje kuza ibisubizo bigaragaza ko atigeze asambanya wa mwana w'umukobwa w'imyaka 17, ibisubizo byagaragaje ko uyu mukobwa yavukanye ubwandu bw'agakoko gatera Sida. Ni uko Yampano yabaye umwere arafungurwa.

10. Kevin Kade na Davis D


Tariki ya 21 na 24 Mata 2021, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Icyishaka David umaze kwamamara mu muziki nka Davis D na Ngabo Richard uzwi nka Kevin Kade, aho bari bakurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana n’ubufatanyacyaha mu gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 17.

Ku wa 14 Gicurasi 2021 nyuma yo kumva ubwiregure bwabo bwabaye ku wa Gatatu tariki 12 Gicurasi 2021, Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, rwategetse ko Davis D na Kevin Kade barekurwa by’agateganyo ku cyaha bari bakurikiranyweho cyo gusambanya umwana utarageza imyaka y’ubukure.

Mbere yaho ubwo baherukaga mu rukiko, baburanye bahakana ibyo baregwa.


Kevin Kade yatawe muri yombi tariki ya 21 Mata 2021. Nyuma y’iminsi itatu tariki 24 Mata 2021 nibwo inzego z’umukano zaguye gitumo Davis D mu rugo iwe ku Kicukiro, na we ajyanwa gufungwa






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND