Mu ijoro ryakeye, u Rwanda rwatangaje ko ruhagaritse amasezerano y’ubufatanye rwari rufitanye n’u Bubirigi ku mpamvu z’uko u Bubirigi bukomeje gucira akabo u Rwanda ku kibazo cya DRC na M23.
Muri
Mutarama 2025, Abanyapolitiki b’ababirigi Els Van Hoof na Samuel Cogolati
bagiye gusaba umuryango w’ubumwe bw’uburayi (European Union) gufatira ibihano u
Rwanda barushinja gutera DRC banyuze mu mutwe witwaje intwaro wa M23.
Ibi
binyoma byatanzwe mu bushake bwa Perezida Tshisekedi utifuza gucoca ikibazo
afitanye na M23 ahubwo agakomeza kurangaza no kuyobya amahanga menshi yemera
kwiyambika igitambaro mu maso mu rwego rwo gukomeza kunyunyuza imitsi DRC.
Minisitiri
w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubirigi, Bernard Quintin yakunze kumvikana mu nama
zitandukanye ko ibyo u Rwanda ruri gukora atari ibintu byo kwihanganirwa n’ubwo
atangaza ibi binyoma yirengagije ukuri ahubwo afite izindi nyungu ateze ku bo
afasha kubeshya amahanga.
Nyamara
n’ubwo bimeze bityo, mu mwaka wa 2024 u Rwanda n’u Bubirigi byasinye
amasezerano y’ubufatanye mu gihe cy’imyaka itanu. Ni amasezerano afite agaciro
ka a miliyoni €95 (ni ukuvuga miliyari zisaga 131 z’amafaranga y’u Rwanda).
Bitari
aya masezerano gusa, hari andi masezerano yo kuva mu mwaka wa 2022 kugera mu
mwaka wa 2026 u Rwanda rwari rufitanye n’u Bubirigi afite agaciro ka miliyoni
€17.6. Ni mu mushinga uhuriweho n’ibihugu nka DRC na Uganda ufite ingengo
y’imari ya miliyoni €50.
Gusa n’ubwo u Bubirigi bwaba bwariyemeje kuzatanga iyo nkunga ingana gutyo, si urukundo rwo kwishimira kubaka u Rwanda ahubwo nabwo bufite izindi nyungu bukura mu Rwanda harimo kwagura isoko ry’ibicuruzwa byabo nk'uko umuvugizi wungirije wa Guverinoma abivuga.
Mu
ijoro ryo kuri uyu wa 18 Gashyantare 2025, Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko
yahagaritse imikoranire mu by’iterambere n’u Bubiligi kuko bwahisemo gufatanya
na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu bukangurambaga
bugamije gukomanyiriza u Rwanda ngo ruhagarikirwe inkunga yo kwifashishwa mu
rugamba rw’iterambere.
Mu
nzira z’ibiganiro no gushaka uko umutekano mucye uri mu burasizuba bwa DRC wacyemuka,
u Bubirigi bwemeye kujya ku ruhande rwa DRC idakozwa ibyo gukemura ikibazo
bafite ahubwo bashaka impamvu zikomeza gutuma bayobya abaturage mu gihe bo uwo
mutakano mucye baba bawungukiramo.
Iryo
tangazo rigira riti “U Bubiligi bwahisemo icyemezo gishingiye kuri politiki cyo
guhitamo uruhande muri aya makimbirane kandi bubifitiye uburenganzira, ariko
kuvanga ibikorwa by’iterambere na politiki ni ibintu bidakwiye. Nta gihugu mu
Karere gikwiye gukumirwa mu kubona inkunga igamije iterambere nk’intwaro yo
kugishyiraho igitutu.”
Umuvugizi
wa Guverinoma wungirije, Alain Mukuralinda yavuze ko u Rwanda rusanga
imyitwarire y’u Bubirigi ntacyo yaba imariye u Rwanda mu gihe Ababirigi baca
ruhinganyuma bakajya gusabira ibihano by’ubukungu u Rwanda kandi harashyizweho
inzira y’ubuhuza mu kibazo cya DRC kuruta gushinja ibinyoma u Rwanda.
Yagize
ati “Hari impamvu zivugwa ku birebana n’abanyekongo bavuga ikinyarwanda bari
kuzira uko bavutse ariko ugasanga Igihugu runaka gihisemo kwirengagiza impamvu
z’igihugu kimwe ahubwo kigahitamo kujya ku ruhande ruvugwa n’ikindi gihugu.”
Akomeza
agira ati “Icyo gihe rero ni uburenganzira bw’igihugu guhitamo ariko rero
gushaka kuvuga y’uko wagira ubutwererane cyangwa se amasezerano y’ubutwererane
ukayagira igikangisho kandi bakwereka y’uko ikibazo gihari ari icy’umutekano w’u
Rwanda n’abanyarwanda, ibyo ngibyo ntabwo byaba ari ibyo kwihanganirwa.”
Umuvugizi
wungirije wa Guverinoma yakomeje avuga ko iyi myitwarire y’Ububirigi ibangamiye
inzira zatewe mu gucoca ibi bibazo kuko inama nyinshi zabaye zavugaga ko
hakwiye inzira ya Dipolomasi nyamara ikindi gihugu kikaza kigashyigikira DRC mu
kudashyira mu bikorwa ibyemezo by’inama nyinshi zateranye kubera iki kibazo
ahubwo bo bagahitamo inzira ya dipolomasi.
Ati
“Abandi bose bavuga uko byagenda kose hakwiye inzira y’ibiganiro ariko u
Bubirigi bwo bwahisemo gufatanya na DRC mu nzira bahisemo y’intambara bityo uba
ubangamiye inzira ya dipolomasi zafashwe n’ibindi bihugu.”
Alain
Mukurarinda avuga ko nta na rimwe imfashanyo zizaba umutego wo gushyira mu
kangaratete umutekano n’ubusugire bw’u Rwanda n’abanyarwanda muri rusange,
ahubwo hakwiye gushakwa indi nzira n’uburyo bwo guhangana n’igihombo cyava muri
uku guhagarika amasezerano y’ubutwererane n’u Bubirigi.
Kuva
mu mwaka wa 1958, u Rwanda rubaye igihugu cya mbere gihagaritse amasezerano y’ubutwererane
ku gihugu gikize dore ko byaherukaga ubwo Ahmed Sékou Touré wari Perezida wa
Guinée yatunguye General De Gaulle akanga gutora umushinga wo kugira intara z’Ubufaransa
ibihugu byose Ubufaransa bwakoronizaga.
Nyuma
y’iminsi micye amaze kwanga ko Guinée yaba intara y’u Bufaransa, iki gihugu
cyahise kibona ubwigenge hanyuma n’ibindi byari bisigaye bikomerezaho.
u Rwanda rwatangaje ko rwahagaritse amasezerano y'ubutwererane rwari rufitanye n'u Bubirigi kubera imyitwarire yabwo idahwitse ku kibazo cy'umutekano mucye muri DRC
TANGA IGITECYEREZO