RURA
Kigali

Bigaragaza ko ubuyobozi n’Abanyarwanda bakunda ibyo dukora – Fally Merci watsindiye Miliyoni 10 Frw

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:19/02/2025 10:58
0


Ibyishimo ni byose ku munyarwenya Fally Merci utegura ibitaramo bya Gen-z Comedy binyuze mu kigo CIM, nyuma yo guhembwa miliyoni 10 Frw mu irushanwa ngarukamwaka rizwi nka YouthConnekt ryabereye muri Convention Center ku nshuro ya 13.



Ni amarushanwa yasojwe kuri uyu wa 18 Gashyantare 2025, aho hahembwe abantu icyenda bahize abandi mu byiciro bitandukanye mu gushyigikira urubyiruko rukora ishoramari no kuruzamura.

Mu mafaranga agera kuri miliyoni 500 Frw yatanzwe harimo arenga miliyoni 100 Frw zatsindiwe n’abantu icyenda bahize abandi mu byiciro byose barimo n’Umunyarwenya Fall Merci watangije ibitaramo by’urwenya bya Gen-z Comedy.

Nyuma yo guhabwa igihembo, umunyarwenya Fally Merci yatangaje ko rwari urugendo rutoroshye, kuko rwari rurimo abahanga benshi bafite imishinga ihambaye, ariko akaba ari we usekerwa n'amahirwe.

Ati: "Ni ibyishimo byinshi kuba ari njye watwaye igihembo cya ArtConnekt ku nshuro ya mbere muri 'Performing Art'."

Merci yavuze ko atangira guhatanira iki gihembo, yatekerezaga ko naramuka agitsindiye kizamufasha kurushaho kwiteza imbere, 'kuko miliyoni 10 zakora ibintu bizima.'

Yumvikanishije ko aya mafaranga agiye kuyifashisha mu kugura ibikoresho bye bwite bikenerwa mu gutegura ibitaramo bya Gen-z Comedy, mu gihe yari asanzwe abitangaho akayabo abikodesha.

Ati: "Buriya kugira ngo kompanyi ibike amafaranga, ni uko ibintu biyajyana biba byagabanyutse cyangwa bitagihari. Iyi si inguzanyo, ni ayanjye. Iyo ubonye amafaranga ikintu akora; agufasha kugenda ahantu wari kuzagenda imyaka itanu mu gihe cy'umwaka cyangwa imyaka ibiri."

"Izi miliyoni 10 Frw zigiye gufasha Gen-z gutera imbere byihuse birushijeho, kubera ko hari ibyari bisanzwe amafaranga bigiye kuvaho kubera iki gihembo."

Yasobanuye ko gutsindira igihembo nk'iki atari inzozi yigeze arota ubwo yatangiraga uyu mushinga, kuko yabitangiye nk'ibintu yumvaga akunze gusa. 

Ati: "Gukora ibintu ukunda birafasha, bizana umusaruro ariko ntabwo aba ari yo ntego. Intego ni uko bigenda neza. Rero ibintu byose wakora iyo byagenze neza, kugenda neza ni uko nawe hari aho bikugeza."

Uyu munyarwenya yasobanuye iki gihembo kivuze ikintu gikomeye ku mushinga we wa 'Gen-z Comedy,' aho yagize ati: "Ni igihembo kigaragaza ko ari ubayobozi, ari Abanyarwanda bakunda ibintu dukora, baranabizi."

Yakomeje avuga ko nyuma y'intambwe ikomeye nk'iyi, urugendo rukomeje kuko nta rwitwazo rundi ruhari cyane ko n'amafaranga ahari kandi akaba yamaze kubona ko ashyigikiwe.

Ati: "Urabona ko Minisiteri y'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi baba badutekereje, kuba bashyigikiye ubuhanzi, bigiye gufasha ubuhanzi."

Fally Merci yibukije urubyiruko ko imishinga yahawe ibihembo ari iri gukora atari iri mu bitekerezo gusa, abashishikariza gutangirira ku byo bafite batarebeye ku bandi.

Ati: "Ushobora gukoresha ibintu ufite nonaha ngaha, ukagera ku byo ushaka udafite. Rero, ibyo bitekerezo tubishyire ahagaragara. Akenshi dutangirira aho tubona ibintu kandi si ho biba byaratangiriye. Ntiwigane umuntu uwo ari we wese wowe utangire nkawe uvuge ngo ndahera kuri iki kuko nicyo nshoboye, ni na cyo mfite. Icyo kizakugeza ku kindi ushaka, nugira ikinyabupfura no guhozaho."

Yashimiye Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi ku bwo gushyigikira urubyiruko n’ubuhanzi muri rusange. Ati “Ubuhanzi bwagutunga, nta bahanzi muzi butunze? Turashimira Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi kuba yaratekereje ku buhanzi kuko ubuhanzi bugera kure.”

Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi yatangaje ko mu marushanwa ya YouthConnekt 2024 hakoreshejwe arenga miliyoni 500 Frw mu guhemba abayitabiriye guhera ku rwego rw’Umurenge kugera ku rwego rw’Igihugu.

Abiyandikishije bose hamwe bari 2.268, abarushanyijwe ku rwego rw’Akarere 643, hahembwa 30 ku rwego rw’Intara n’Umujyi wa Kigali, aho buri wese yahawe miliyoni 1 Frw.

Hatanzwe kandi amahugurwa y’ubucuruzi kuri ba rwiyemezamirimo 260 bafite imishinga itanga icyizere aho uzabona make muri abo azahabwa miliyoni 1 Frw yo kumuherekeza mu gihe hahembwe arenga miliyoni 125 Frw ku bahize abandi.

Ibyo wamenya ku rugendo rwagejeje Fally Merci kuri Gen-z Comedy

Umunyarwenya Fally Merci yigeze guhishura ko urugendo rw’ibitaramo bya Gen-z Comedy yabitangije yifashishije ibihumbi 70Frw nayo yari yahawe nka ‘Minerval,' mu gihe kuri ubu bikaba byinjiza ama miliyoni.

Fally Merci yahishuye ko igitekerezo cya Gen-z cyamuje mu mutwe mu gihe cya Covid-19 ubwo ibitaramo byahagararaga benshi mu bakoraga umwuga wo gusetsa bakayoboka filime mu gihe we byamunaniye.

Merci wakoraga urwenya, yaje kugira igitekerezo cyo gushakisha abanyempano bashya ku buryo abateguraga ibitaramo binini bazongera kubisubukura bamwiyambaza akajya abaha n’abakizamuka.

Fally Merci uri mu banyarwenya bazamukiye mu bitaramo bya Nkusi Arthur, yaje kujya kumugisha inama kuri uyu mushinga, amusaba ko baba abafatanyabikorwa ku buryo ibitaramo bye yajya amuha umwanya w’abanyempano bashya.

Yavuze ko nyuma y’uko Nkusi Arthur abasuye agashima impano zabo, bayemereye kubatumira muri Seka Live ariko atanga umukoro ko bahagarika kwitoza bonyine ahubwo bagatumira abandi kugira ngo barebe uko urwenya rwabo rwakirwa.

Ati: “Mbere twabaga twitoza twenyine, ugasanga umuntu aratera urwenya bagenzi be bagaseka kugira ngo nabo nibajyaho aseke, nyuma rero nibwo twatangiye gutekereza gukora ibitaramo hakaza abandi bantu ku buryo noneho byajya bidufasha kwisuzuma.

Igitaramo cyabo cya mbere cyabaye ku wa 21 Werurwe 2022, nyuma y’amezi ane abanyarwenya bitoza ariko batarabona igitaramo.

Iki gihe abanyarwenya bari bamaze kuba 32, mu gutegura iki gitaramo cya mbere narwo rwari urundi rugamba kuko atari afite aho azajya agikorera.

Fally Merci wabanje gushakishiriza muri hoteli, banze kumwakira yigira inama yo kujya gutira ihema ryo muri ArtRwanda-Ubuhanzi.

Nyuma yo kwemererwa gukorera mu ihema rya ArtRwanda-Ubuhanzi, Fally Merci wari ufite ibihumbi 70 Frw yari yahawe ngo yishyure isomo abone uko akora ikizamini yaje kuyashoramo.

Umunsi wa mbere w’igitaramo cya Gen-z, kwinjira byari ubuntu ateganya kubona abantu barenga 70 bonyine.

Nyuma yo gutumira inshuti ze n’abo biganaga akababura, Fally Merci yigiriye inama y’uko igitaramo cya kabiri yatumira Rusine ahita atangira kwishyuza 5000 Frw.

Uyu munyarwenya ahamya ko igitaramo cye cya mbere cyitabiriwe n’abantu bagera kuri 20 bimuha icyizere cy’uko abikomeje yazagera kure.

Ibitaramo bye byakomeje akajya abikora kabiri mu kwezi, rya hema yatijwe aza kurivanwamo n’imvura kuko umunsi umwe yaje kugwa bari mu gitaramo abantu baranyagirwa.

Imvura ikimwimura muri ArtRwanda-Ubuhanzi, Fally Merci wari watangiye kubona ubushobozi, yaje kwimukira muri Mundi Center i Gikondo.

Yahamaze igihe kugeza ubwo Umujyi wa Kigali waje guhagarika iki kigo nticyongere kwakira ibitaramo biba ngombwa ko yimuka.

Yimukiye muri Camp Kigali aho kugeza uyu munsi ari gukorera ibi bitaramo bikunzwe n’abatari bake.

Nubwo yanyuze mu rugendo rurerure, Fally Merci ahamya ko ashimishwa no kuba igitekerezo cye cyaratanze umusaruro kuko kugeza uyu munsi uretse kuba byitabirwa cyane ariko cyatangiye kuzamura abanyempano.

Fally Merci yegukanye miliyoni 10 Frw mu irushanwa rya 'YouthConnekt Awards 2024'


Ari mu byishimo bidasanzwe nyuma yo kwegukana igihembo cyatangwaga ku nshuro ya mbere

Fally Merci yatangaje ko iki gihembo kigiye kumufasha kurushaho guteza imbere umushinga we wa 'Gen-z Comedy'






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND