RURA
Kigali

Diamond ntarimo! Abahanzi bo muri Afurika bibitseho ibihembo byinshi

Yanditswe na: NKUSI Germain
Taliki:19/02/2025 10:23
0


Umuhanzi Wizkid wo muri Nigeria ni we uyoboye urutonde rw’abahanzi bo muri Afurika bafite ibihembo byinshi, aho amaze kwegukana 166.



Dore urutonde rw'abahanzi 10 bo muri Afurika  bamaze kwegukana ibihembo byinshi  haba mu bihugu byabo ndetse no ku Isi hose muri rusange.

1. Wizkid

Umuhanzi Wizkid wo muri Nigeria ni we uyoboye urutonde rw’abahanzi bo muri Afurika bafite ibihembo byinshi, aho amaze gutsindira ibihembo 166. Azwi ku bw’indirimbo ze zigezweho ziri mu njyana ya Afrobeats.

2. Angelique Kidjo 

Angelique Kidjo, umuhanzikazi w’umunyabigwi ukomoka mu gihugu cya Benin, amaze kugera ku bihembo 140. Kidjo, akaba azwi cyane mu rwego rw’umuziki wa "World Music", ni umwe mu bahanzi babayeho kandi barushijeho kugaragaza impano zabo ahenshi ku Isi.


3. Sarkodie 

Sarkodie, umuhanzi w’icyamamare wo mu gihugu cya Ghana, ni we wa Gatatu ku rutonde, afite ibihembo 120.

Azwi mu njyana ya Hip-hop na Rap ndetse akaba ari umwe mu bahanzi bakomeye mu muziki wa Afurika y’Iburengerazuba.

4. Davido 

Davido wo muri Nigeria, ni umwe mu bahanzi b’abahanga bafite impano muri Afurika. Afite ibihembo 104, akaba azwi cyane ku ndirimbo ze zamugejeje kure nka Fall na If  ndetse ni umwe mu bahanzi bakunzwe cyane ku rwego mpuzamahanga.

5. Shatta Wale 

Shatta Wale, umuhanzi wo muri Ghana akaba ari mu bantu 5 ba mbere bafite ibihembo byinshi ku mugabane wa Afurika. Azwi cyane mu njyana ya Dancehall.

 Amaze kwegukana ibihembo 102. 

6. Burna Boy 

Burna Boy wo muri Nigeria amaze gutsindira ibihembo 99, kandi ni umwe mu bahanzi bakunzwe cyane mu muziki w’Isi.

Burna Boy amenyerezweho gukora ibitaramo byitabirwa mu buryo budasanzwe.

7. 2Baba 

2Baba ni umwe mu bahanzi b’icyitegererezo muri Nigeria, akaba amaze gutsindira ibihembo 81. Azwi cyane ku ndirimbo ze nka African Queen ndetse n’izindi nyinshi zakunzwe mu gihe cyahise kandi n'ubu zikaba zigishimangira ubudasa bwe.

8. Stonebwoy

Stonebwoy ni umwe mu bahanzi bo muri Ghana bafite ibihembo byinshi, akaba amaze kugira ibihembo birenga 80. Azwi cyane ku njyana ya Dancehall ndetse afite umwihariko mu muziki wa Afurika y'Iburengerazuba nk'uko tubikesha  Africa Facts Zone.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND