Kigali

Kenya: Umugore yishe abana be batatu mbere yo kwiyahura

Yanditswe na: KUBWIMANA Solange
Taliki:13/02/2025 9:41
0


Umunyakenya witwa Junior Wa Githogoro ari mu gahinda gakomeye nyuma yo kubura abagize umuryango we bose icyarimwe, aho yakubiswe n’inkuba itagira amazi nyuma yo gusanga umugore we n’abana babo batatu bapfuye ubwo yari avuye ku kazi.



Polisi ya Kenya iri mu iperereza ku kibazo cyateje impagarara cy’ubwicanyi n’ubwiyahuzi, ni nyuma y'uko umugore yishe  abana be batatu mbere yo kwiyahura.

 Ibi byabereye mu mujyi wa Nairobi mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki ya 11 Gashyantare 2025, aho bivugwa ko umubyeyi w’abana batatu witwa Monica Junior Wa Githogoro yishe  abana be bose uko ari batatu abanigishije amashuka hanyuma nawe agahita yimanika agapfa.

Imirambo yabonwe n’umugabo we , Junior Wa Githogoro, aho yari agarutse mu rugo avuye mu kazi kuko asanzwe akorera kure y’urugo rwe. Uyu mugabo yahise atabaza abaturanyi ari nabo bahise bahamagara polisi.

Umuyobozi wungirije wa Polisi muri Gigiri, Fredrick Alata, avuga ko basanze mu nzu urwandiko rurimo amagambo yo gusezera agaragaza ko uyu mugore yiyahuye, ubu polisi iri mu iperereza ryimbitse kugira ngo imenye impamvu y’ubwo bwicanyi, ndetse imenye neza ukuri kw’ibyabaye.

 Imirambo yose uko ari ine ubu ikaba iri mu buruhukiro bw’ibitaro bya Kenyatta Teaching and Referral and Research Hospital.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND