RFL
Kigali

U Rwanda rwashimiwe aho rugeze mu iterambere

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:23/10/2024 14:32
0


Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yakiriye itsinda ryaturutse muri Lesotho riyobowe na Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Ubutabera w’Ubwami bwa Lesotho, Nthomeng Majara, mu ruzinduko ruzamara iminsi itandatu, ashima aho u Rwanda rugeze mu iterambere.



Kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente yakiriye itsinda riturutse muri Lesotho riyobowe na Minisitiri w’Intebe wungirije w’iki gihugu, Nthomeng Majara, baganira ku kurushaho kunoza ubufatanye busanzwe hagati y'ibihugu byombi.

Minisitiri w’Intebe wungirije wa Lesotho, Nthomeng Majara yavuze ko iri tsinda rije ari irya kabiri rikurikiye irindi riherutse kuza mu mezi make ashize aho bagamije kwigira ku Rwanda bakareba gahunda zitandukanye u Rwanda rwakoresheje mu kwiyubaka, no guteza imbere ubumwe bw’Abanyarwanda. 

Umuganda n’Urubuga Irembo ni zimwe muri gahunda bashimye cyane bashaka kwigira ku Rwanda.

Yagize ati: "Impamvu nyamakuru y’uru rugendo rwacu ni urugendo shuri, twaje hano kwiga ku bijyanye na gahunda nyinshi u Rwanda rufite harimo ibijyanye n’imiyoborere myiza, gukorera mu mucyo, kureba umusaruro w’ibyakozwe, gahunda nk'iriya mugira ya buri wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi y’Umuganda, Irembo, mbega hari byinshi bihari byo kwiga.”

Nthomeng Majara akomeza avuga ko uru rugendo rugamije kungurana ibitekerezo hagati y’abayobozi b’u Rwanda na Lesotho, dore ko ibihugu byombi ari ibihugu bidakora kunyanja, ashima aho u Rwanda rugeze mu iterambere n'ubwo rwaciye mu mateka akakaye ariko rukabasha gutera imbere no kunga ubumwe bw’Abanyarwanda.

Ati: "U Rwanda rurimo gutera imbere atari muri Afurika gusa ahubwo ku isi hose kubera gahunda zarwo nziza kandi bagendeye ku mateka yabo, rero tuje mu rugendo shuri njye n'itsinda ryanjye tuko turi itsinda rya kabiri rije hano mu Rwanda. Nakunze isuku iri mu Rwanda, uburyo Abanyarwanda bagira urugwiro."

Biteganyijwe ko bazasura ibigo bitandukanye bareba uko bikora ndetse bahure n’abayobozi mu nzego zitandukanye z’igihugu basobanurirwe zimwe muri gahunda u Rwanda rwashyizeho. 

Ni uruzinduko rukurikiye amasezerano y’imikoranire Guverinoma y’u Rwanda n’Ubwami bwa Lesotho byasinye azagira uruhare mu gufasha ibihugu byombi kwagura imikoranire igamije inyungu ku mpande zombie ku wa 4 Ukwakira 2024.

Ni amasezerano yasinywe ubwo Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yari muri ubwo bwami aho yari yitabiriye ibirori byo kwizihiza imyaka 200 bumaze bushinzwe ndetse na 58 bumaze bwigenga.

U Rwanda na Lesotho bisanzwe bifitanye ubutwererane mu nzego zirimo n’iz’umutekano, ibi byatumye muri Mutarama 2022 uwari Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, agirira uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ine muri Lesotho aho yagiye gusura polisi y’iki gihugu.

Mu biganiro byahuje abayobozi bombi, banaganiriye ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’ubufatanye inzego zombi zashyizeho umukono i Kigali mu Rwanda tariki ya 24 Kanama 2021.


Minisitiri w'Intebe wungirije wa Lesotho yashimye aho u Rwanda rugeze mu iterambere  





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND