RFL
Kigali

Amasomo Alpha Rwirangira yigiye kuri Richard Nick Ngendahayo bagiye kongera gutaramana-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:23/10/2024 10:52
0


Umuhanzi akaba n’umwanditsi w’indirimbo, Alpha Rwirangira yatangaje ko yanyuzwe n’uburyo Richard Nick Ngendahayo yamushyigikiye mu gitaramo yise “Amashimwe Concert” cy’ivugabutumwa yakoreye mu gihugu cya Canada, kandi yamwigiyeho guca bugufi no gukunda Imana mu buryo bwagutse.



Aba bombi ni ubwa mbere bari bahuriye mu gitaramo nubwo batuye mu gihugu kimwe. Ibi bitaramo Alpha Rwirangira asanzwe abitegura mu rwego rwo gufasha abafana be n’abakunzi b’umuziki kwiyegereza Imana no kubafasha gusoza neza umwaka.

Mu bihe bitandukanye Richard Nick Ngendahayo yakoze indirimbo zomoye imitima ku buryo hari abagiye bagerageza kumutumira mu Rwanda ariko bikanga. Byabaye amahirwe adasanzwe kuri Alpha Rwirangira kuko yemeye kumushyigikira.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Alpha yasobanuye Richard Nick Ngendahayo “nk’umuntu ukunda Imana cyane, uciye bugufi, ugira urukundo rwinshi kandi ugira amahame ye,”

Akomeza ati “Ubundi buri wese yakameze uko. Gusa, iyo yizereye mu kintu agikora neza akijyamo. Twakora neza cyane. Ni umugabo w’inyangamugayo. Ni umugabo nakubwira ko akunda Imana cyane we n’umuryango we.”

Yavuze ko mbere y’uko ahurira ku rubyiniro na Richard Nick Ngendahayo bagiranye ibihe byiza no kugeza ku munsi w’igitaramo. Alpha avuga ko Richard Nick ari ‘umuntu udasanzwe kandi ndizera ko tuzagirana n’ibihe byiza mu gitaramo cyo muri Ottawa kizaba tariki 23 Ugushyingo 2024.”

Ni igitaramo cya Kabiri bazakora binyuze mu ruhererekane rw’ibitaramo yise “Amahimwe Concert” aho kwinjira ari ukwishyura amadorali 50. Ati “Ni umuhanga. Mwari muzi ko Richard azi gucuranga ibicurangisho byose by’umuziki se.”

Yavuze ko Richard yanabigaragaje muri kiriya gitaramo bahuriyemo. Kuri Alpha Rwirangira “byari umugisha guhura nawe, nakumuyeho byinshi, iyo uhuye n’umuntu w’umunyabigwi nk’uriya kenshi urumwumva, uba ushaka kugira ngo umwigeho byinshi, yambereye umugisha mu by’ukuri kandi yabereye n’umugisha abantu bo muri Edmonton.”

Rwirangira wahagarariye u Rwanda mu marushanwa ya ‘Tusker Project’, yavuze ko ategura ibi bitaramo agamije gufasha abatuye Canada guhimbaza Imana.

Ati “Ibi bitaramo ni ngaruka mwaka, bibaka bigamije gushima Imana. Hari abandi bahanzi bazabana nanjye muri iki gitaramo cyo kuri iyi nshuro. Gusa tuzabimenyesha abantu mu minsi iri imbere.”

Yavuze ko mu byo ateganya muri uyu mwaka harimo no kugera i Kigali agasura umuryango we, ariko kandi bidakunze yagera i Kigali mu 2025. Ati “Ndabiteganya cyane (kuza mu Rwanda) ni vuba cyane.”

Richard Ngendahayo ari imbere mu bahanzi bakomeye ba ‘Gospel’ babashije gushyira hanze Album igakundwa mu buryo bukomeye, kugeza ubwo indirimbo ziyigize zigaruriye imitima ya benshi.

Mu bihe bitandukanye, abategura ibitaramo i Kigali bagiye bagerageza kumutumira ariko bikanga ku munota wa nyuma. Hari amakuru avuga ko mu mpera z’uyu mwaka, uyu muramyi ubarizwa muri Amerika ashobora kuzataramira i Kigali.

Umwibuke cyane mu ndirimbo zirimo nka: “Mbwira ibyo ushaka”, “Ibuka”, “Gusimba Umwonga”, “Si Umuhemu”, “Yambaye Icyubahiro”, “Wemere ngushime”, “Ijwi rinyongorera”, “Unyitayeho”, “Sinzakwitesha” n’izindi.

Ngendahayo amaze imyaka isaga 12 muri Amerika. Ariko impano ye n’ibihangano bye byatangiye gucengera mu bantu kuva mu 2005, aho ibihangano bye byifashishwa cyane n’insengero zinyuranye. 


Richard Nick Ngendahayo yabaye umuhanzi w'umunyabigwi mu muziki w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Richard yafashije 


Alpha Rwirangira mu bitaramo bikomeye amaze gukorera muri Canada  

Amagana y'abantu yahuriye mu gitaramo cya Alpha Rwirangira na Richard Nick Ngendahayo 


Richard yisunze indirimbo ze zakunzwe mu bihe bitandukanye muri iki gitaramo 


Alpha yavuze ko Richard yamubereye umugisha, kandi amwigiraho guca bugufi 


Abaririmbyi bafashije Alpha na Richard Nick muri iki gitaramo  


Alpha yatangaje ko agiye kongera gutaramana na Richard mu bitaramo muri Canada 


Alpha yisunze indirimbo ze zakunzwe mu bihe bitandukanye ataramira abakunzi be 


Bamwe barabohotse muri iki gitaramo, baryama hasi mu rwego rwo gushimira Imana








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND