RFL
Kigali

Yayisize nk’impano ku bagore be! Ibitaravuzwe ku ndirimbo ya Jay Polly na Li John

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:23/10/2024 8:16
0


Producer akaba n’umuhanzi Li John yatangaje isohoka ry’indirimbo ‘Shenge’ yakoranye n’umuraperi Tuyishime Joshua wamamaye nka Jay Polly iri mu zigize Album ye nshya yise ‘Hozana’.



Ni Album avuga ko amaze igihe kinini ari gukoraho. Kandi iriho indirimbo yakoranyeho n’abahanzi barimo Drama T, Marina, Jay Polly, Afrique n’abandi.

Lil John yabwiye InyaRwanda ko iyi ndirimbo yayikoranye na Jay Polly mu 2018, ariko bitewe n’uko ibihe byagiye bihinduka mu muziki, yahisemo kuyongerera uburyohe mbere y’uko ijya hanze kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Ukwakira 2024.

Ati “Ni indirimbo twakoze mu 2018 ariko nahisemo kuyisubiramo. Mu 2018 twafashe amajwi indirimbo irarangirira. Rero bifashe igihe kugirango ijye hanze ahanini bitewe n’uko iri kuri Album yanjye, kandi nari nasezeranyije abakunzi banjye ko indirimbo igomba kujya hanze mbere y’uko umwaka urangira.”

Li John yavuze ko iyi ndirimbo yakabaye yaragiye hanze, ku wa 2 Nzeri 2024 mu rwego rwo kwizihiza imyaka ibiri ishize Jay Polly yitabye Imana ariko ntibyakunze.

Yavuze ko isohotse mu gihe ari no kwitegura gushyira hanze Album ye nshya mu Ukuboza 2024, ariko arateganya ko mbere yaho izasohora indi ndirimbo. Album ye iriho indirimbo 12, kandi abahanzi benshi bariho ni abo yagiye akorera indirimbo.

Urwibutso rwe kuri Jay Polly!

Li John yavuze ko yinjiye mu muziki atewe imbaraga na Jay Polly ‘kuko ni umuntu wanteraga imbaraga cyane’. Ati “Niwumva neza aho yaririmbye, urumva ko atari umuntu wagiraga imikino mu kazi, wagira ngo mbese ni ibintu yanditse ejo hashize.”

“Jay Polly ni umuntu wanyifurizaga icyiza. Ni umuntu wifuzaga ko najya mu muziki, niyo mpamvu mba numva mufitiye nk’ideni, kandi ngomba gukora cyane.”

Yavuze ko bakora iyi ndirimbo Jay Polly yifuzaga ko ‘twayikora nk’impano ku bagore’ ariko kandi ni indirimbo igenewe buri wese cyane cyane abari mu rukundo.

Avuga ati “Jay Polly yakundaga abo bashakanye, aravuga ati reka tuyikore nk’indirimbo ya buri wese. Kuko yashakaga ngo abagore be bazayumve. Kuko umugore mwiza umuhabwa n’Imana, urumva rero inkuru yose abantu baza kuyumva.”

Akomeza ati “Ni indirimbo ushobora gutura umukunzi wawe cyangwa se umugore wawe. Yarambwiye ati reka dukore indirimbo, umuntu yatura uwo babana, urumva rero kuba yarabivuze uko, kandi nabonaga akunda abagore be bari babyaranye.”

Li John yavuze ko muri studio afitemo Album eshanu zigomba gusohoka ze bwite, ariko ko akiri kunononsora buri kimwe kugirango azafashe igihe cyo kuzishyira hanze.


Li John yatangaje ko ‘Shenge’ yakoranye na Jay Polly iri mu zigize Album ye nshya


Li John yavuze ko Jay Polly yahoraga amwifuriza kuzavamo umuhanzi ukomeye na Producer

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO‘SHENGE’ YA LI JOHN NA JAY POLLY

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND