RFL
Kigali

Haciwe umurongo ntarengwa ku bakoresha nabi imbuga nkoranyambaga

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:23/10/2024 8:33
0


Mu bihe bitandukanye wabonye cyangwa wumvise abantu bishyurwa kugira ngo basebye abandi bisunze imiyoboro y'abo y'imbuga nkoranyambaga. Ariko kandi harimo n'abandi babikora mu rwego rwo kugira ngo wawundi bavuga nabi azabashake (mu mvugo z'ubu).



Hari abatawe muri yombi bakurikiranyweho ibi byaha! Bamwe bafungiye i Mageragere, abandi baratashye mu ngo zabo bakomeza urugendo rw'itangazamakuru, abandi bakomeza guhahira ku mbuga nkoranyambaga.

Ku wa Gatanu tariki 16 Ukwakira 2024, Umuvugizi w'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry yabwiye InyaRwanda ko bataye muri yombi Nsengabo Jean Bosco uzwi nka Fatakumavuta akurikiranyweho ibyaha bitatu aribyo: Gukoresha imvugo zishyamiranya abantu mu myidagaduro, gutukana mu ruhame no kubuza amahwemo hifashishijwe imbuga nkoranyambaga.

Mu kiganiro n'itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Ukwakira 2024, Murangira yavuze ko mu byaha bakurikiranyeho Fatakumavuta hiyongereho icyo gukoresha urumogi.

Ariko kandi yasobanuye ko mbere y'uko bamufata baramwihanangirije mu bihe bitandukanye, bamwereka inzira nziza yo gukoramo akazi ke.

Yavuze ko bitumvikana ukuntu mu minsi ishize Fatakumavuta yagaragaye mu mashusho ari mu kiganiro na Djihad ashimangira ko atazigera yitaba RIB uko byagenda kose.

Dr.Murangira yavuze ko "iperereza ryamukozweho ryasanze akoresha ikiyobyabwenge cy'urumogi ku kigero cya 298, ni mu gihe mu busanzwe igipimo ari hagati ya 0 na 20…Rero biragaragara ko biriya yavugaga byaturukaga kuri ibi ngibi, hari ibyamukoreshaga koko."

Yavuze ko mu bihe bitandukanye hari abo bagiye batumira barabihanangiriza, ndetse bemera kwisubiraho, ku buryo bashimira RIB ko yabafashije guhinduka.

Umurongo nyirantarengwa waciwe!

Dr.Murangira yavuze ko igihe kigeze kugira ngo RIB ikomeze gushyira mu bikorwa inshingano zayo. Yavuze ko bigishije mu bihe bitandukanye bityo "uwinangiye ubwo ng'ubwo amategeko arakora akazi kayo."

Yavuze ko "n'undi wese ukora nka Fatakumavuta ndabivuga nciyeho akarongo ntabwo tuzamwihanganira." Akomeza ati "Aya mafuti ari muri 'Showbiz' acike."

Dr.Murangira yavuze ko 'Showbiz' atari ikirwa ku buryo RIB itakurikirana ibiberamo. Ariko kandi batangazwa n'uburyo umunyamakuru ukorera Radio cyangwa Televiziyo iyo agiye kuri shene ye ya Youtube ahinduka undi muntu akavuga ibintu atavugira kuri Radio cyangwa se igitangazamakuru akorera.

Yabwiye abafite shene za Youtube ko "Umuntu uzongera kwakira (mu kiganiro) umuntu wibasira undi uri umufatanyacyaha, muzajya mujyana."

Yavuze ko atari ubwa mbere uru rwego rutanze ubutumwa nk'ubu- bibaza impamvu abantu badacika kuri iyi ngeso ku buryo bakora ibikorwa bibabyarira inyungu.

Murangira yavuze ko bamaze kubona ko mu muziki "harimo gukoreshwa imvugo zishobora gukurura amacakubiri, aho abantu biremamo uduce, bamwe bagurira abandi abitwa ba 'social media influencer' ngo bagende basenye abandi, ngo harimo ibintu byo kuzimya abandi, ibyo bintu bicike."

Yavuze ko RIB itazigera yemera ko 'Showbiz inyuramo abantu bashaka gusenya ubumwe bw'Abanyarwanda, bashaka gukururamo amatiku, amacakubiri, udukundi"

Akomeza avuga ko "Murabizi ko ubumwe bw'Abanyarwanda ariyo nkingi u Rwanda rwubakiyeho umuryango uzashaka gucamo wose..."

Murangira yavuze ko hari abagerageje kwitwikira umutaka w'itangazamakuru bapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, none bisanze muri gereza ya Mageragere.

Yabwiye abakoresha Youtube n'indi miyoboro kwitonda cyane mu bantu bakira mu kiganiro, kuko bakwiye gushungura ntibahe umwanya abantu basebya abandi.

Byagenda gute hagize uwihorera?

Dr.Murangira yavuze ko nta muntu ukwiye kwihorera igihe yandagajwe ku mbuga nkoranyambaga, ahubwo akwiye kwegera inzego zikamurenganura, kandi zigomba guhana ibyo byaha. Ati "Uzihorera, azahanwa nk'uwihoreye."

Yavuze ko hari ibyaha byo kuregera mu nkiko za gisivile, ariko hari n'ibyaha bijya muri RIB. Murangira yavuze ko igihe cyo ukangishije gusebanya, kwakira ruswa, kubuza amahwemo undi wifashishije imbuga nkoranyambaga 'byose ni akazi ka RIB'. 

Dr.Murangira yavuze ko kuba ufite ikarita y'itangazamakuru ntibiguha ubudahangarwa bwo kubaka utakurikiranwa na RIB- Ni nako bimeze ku muntu ufite imbuga nkoranyambaga yigengaho. Yavuze ko imbuga nkoranyambaga zikwiye gukoreshwa mu buryo bumwungukira, no mu kwishimisha.

Murangira yatangaje ko RIB itazigera yihanganira buri wese ukoresha nabi imbuga nkoranyambaga 

Dr. Murangi yavuze ko mu byo bakurikiranyeho Fatakumavuta hiyongereye icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND