RFL
Kigali

Amanota 16/30! Ibyo Torsten Frank Spittler usabirwa kongerwa amasezerano yo gutoza Amavubi amaze kugeraho

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:17/10/2024 11:35
0


Mu minsi ishyize abanyarwanda batunguwe n’amagambo yatangajwe n’umutoza w’ikipe y’igihugu,Amavubi, Torsten Frank Spittler, ubwo yatangaje ko amasezerano ye narangira mu Kuboza, azasezera ku kazi ko gutoza ruhago.



Nyuma y’uko Torsten Frank Spittler atangaje ko azasezera ku gutoza ikipe y’igihugu Amavubi, abanyarwanda batangiye gusaba  ko yakongera amasezerano cyane ko yatangiye urugendo rwo kubaka ikipe y’igihugu itsinda.

KuvaTorsten Frank Spittler yatangira gutoza ikipe y’igihugu y’u Rwanda,Amavubi, yatumye icyizere kigaruka mu banyarwanda, bamwe bari baracitse ku bibuga bagaruka gushyigikira ikipe yabo.

Abanyarwanda babona byagorana kubona undi mutoza wakubaka icyizere cyo gutsinda mu ikipe y’igihugu mu gihe Umudage Torsten Frank Spittler yareka gutoza amavubi.

Mu mukino u Rwanda rwakinaga mbere y’uko Torsten Frank Spittler agera mu Rwanda, wasangaga nta gahunda yo gutsinda ihari kuko u Rwanda rwakinaga rwugarira nta gahunda yo gushaka ibitego ihari. Benshi bibeshaga ko u Rwanda rudatsindwa ibitego byinshi kubera ko rwakinaga rwugarira ariko nta buryo bwo gushaka ibitego rwaremaga.

Kuva Torsten Frank Spittler yatangira gutoza Amavubi, ubu abanyarwanda basigaye barazamuye icyizere ku buryo buri rushanwa  u Rwanda rwazaryitabira.

Ubu Amavubi atozwa na Torsten Frank Spittler mu mukino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi ni urwa mbere mu itsinda ririmo ibihugu nka Benin, Nigeria, Afurika y’Epfo n’ibindi.

Mu mikino yo gushaka itike yo kujya mu gikombe cya Afurika ho, Amavubi ni aya Gatatu mu itsinda ririmo ibihugu nka Nigeria, Benin na Libya.

Kugeza ubu mu mikino Torsten Frank Spittler amaze gutoza Amavibi ni 10. Yatsinzwe ibiri, atsinda imikino ine,anganya indi ine. Mu mikino 10 ihwanye n’amanota 30 Torsten Frank Spittler amaze gusaruramo amanota 16.

Umukino wa mbere wa Torsten Frank Spittler atoza ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi yakinnye na Zimbazwe. Wari umukino wo gushaka itike yo kujya gikombe cy’Isi cya 2026 kizabera USA, Canada na Mexico, icyo gihe umukino wabereye nkuri Stade ya Huye, warangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa.

Umukino wa Kabiri Torsten Frank Spittler yatoje Amavubi, nawo wari uwo gushaka itike y’igikombe cy’Isi. Uwo mukino ntabwo uzava mu mitwe y’abanyarwanda kuko u Rwanda rwatsinze Afurika  y’Epfo ibitego bibiri ku busa kuri Stade ya Huye.

Umukino wa Gatatu Torsten Frank Spittler yatoje Amavubi wari uwa gicuti wabereye muri Madagascar, uaho u Rwanda rwanganyijemo na Botswana ubusa ku busa.

Umukino wa Kane nawo wari uwa gicuti wabereye  muri Madagascar, u Rwanda rwatsinze Madgascar ibitego bibiri ku busa.

Umukino wa Gatanu Torsten Frank Spittler atoza ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi ntabwo wagenze neza kuko Benin yamutsinze igitego 1-0 mu mikino yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’Isi cya 2026, ni umukino wabereye muri Cote d’Ivoire.

Umukino wa Gatandatu Torsten Frank Spittler atoza Amavubi, yakomeje akazi ko kurimbagura amakipe y’ibihugu maze kuri iyi nshuro atsinda ikipe y’igihugu ya Lesotho mu mukino wabereye muri Afurika y'Epfo mu gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’Isi.

Umukino wa Karindwi ku mutoza Torsten Frank Spittler utoza Amavubi, wari uwo gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Morooc mu2025. Ni umukino u Rwanda rwanganyije na Libya igitego 1-1.

Umukino wa Munani kuri Torsten Frank Spittler atoza Amavubi, ni uwahuje u Rwanda na Nigeria mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cya 2025. Uwo mukino wabereye kuri Stade Amahoro warangiye Torsten Frank Spittler afashije u Rwanda kunganya na Nigeria ubusa ku busa.

Umukino wa 9 kuri Torsten Frank Spittler atoza Amavubi, twakwemeza ko ariwo mukino mubi yagize kuva yatangira gutoza u Rwanda. Wari umukino wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika ubwo Benin yatsindaga u Rwanda ibitego bitatu ku busa maze abanyarwanda bagatakaza icyizere cyo gukomeza.

Umukino wa 10 kuri Torsten Frank Spittler  atoza Aamvubi, wabaye kuri uyu wa Kabiri ku itariki 15 Ukwakira ubwo yafashije u Rwanda gutsinda ikipe y’igihugu ya Benin mu mikino yo gushaka itike yo kujya mu gikombe cya Afurika cya 2025 muri Morocco.

Bisobanuye ko mu mukino 10 Torsten Frank Spittler yatoje ikipe y’igihugu Amavubi, yatsinze imikino 4, anganya imikino 4, atsindwa imikino 2.

Mu mikino 10 ihwanye n’amanota 30, umutoza Torsten Frank Spittler yasaruyemo amanota 16, ikibabaje muri byose ni uko iyo mikino ibiri yatsinzwe yayitsinzwe n’ikipe y’igihugu ya Benin gusa.



Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi, Trosten Frank Spittler benshi bamusaba ko yakongera amasezerano 


Umutoza w'u Rwanda Spittler Frank mu mukino ibiri yatsinzwe ubwo yatozaga u Rwanda yayitsinzwe na Benin



Mu mikino 10 Trosten Frank yatoje Amavubi yatsinemo 4, atsindwa 2, angamya imikino 4.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND