RFL
Kigali

Ibyishimo bya Miss Kalimpinya wasuye umuryango w'umwana w’Ingagi yise izina-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:1/10/2024 9:22
0


Mu gihe u Rwanda rwitegura igikorwa kiri mu bikomeye mu bukerarugendo ariko na none kinasobanuye mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, Miss Queen Kalimpinya yatewe ibyishimo no gusura umwana w’Ingagi yise izina.



Kalimpinya ari mu bakobwa bahiriwe n’amarushanwa y’ubwiza, aho yabaye Igisonga cya Gatatu cya Miss Rwanda 2017.

Ubu yatangiye gukina umukino w’amasiganwa y’imodoka, aho guhera mu mwaka wa 2019 kuva yabyinjiramo yakomeje gutanga icyizere cyo kugera kure.

Mu gihe u Rwanda rwitegura umuhango wo Kwita Izina 2024 uzaba tariki ya 18 Ukwakira 2024, Kalimpinya yafashe umwanya ajya gusura umuryango w’Ingagi yise izina Impundu.

Igisobanura cy’izina Kalimpinya yahaye uyu mwana w’ingagi nk'uko yabitangaje, yarihisemo mu rwego rwo kugaragaza ko mu muco w’Abanyarwanda iyo umwana avutse yakirizwa impundu ndetse n’indirimbo z’ibyishimo zimuha ikaze.

Ibyishimo bikaba byari byose ubwo uyu mukobwa yasuraga Pariki y’Ibirunga nk'uko bigaragara mu butumwa yashyize hanze aho yagize ati”Nahuye na Agashya, Se w’umwana w’Ingagi wanjye.”

Ubundi agaragaza ko ntacyaruta umunezero wo gusura iyi pariki ati”Ni umunezero n’ibyishimo kuba nabashije gusura umwana w’Ingagi wanjye.”

Yongeraho ati”Ni inkuru iteye ishema guhura n’ibi biremwa by’agatangaza binyibutsa impamvu dukwiriye kubungabunga ibidukikije.”Miss Kalimpinya yishimiye gusura Parike y'Igihugu y'Ibirunga abonereho gusura umuryango w'umwana yise Izina Yagaragaje ko ari ibyishimo bikomeye kubasha kugira umwanya wo gusura ibi biremwa bitangaje kandi byibutsa umuntu akamaro ko kubungabunga urusobe rw'ibinyabuzimaUmuryango w'Ingagi, Miss Kalimpinya yise izina witwa Inyenyeri yamwise Impundu bisobanuye ibyishimo byo kwibaruka 

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND