RFL
Kigali

Byatangiye bagiye kwifotoreza mu Bugesera! Uko umugore wa Edouce Softman yisanze mu ndirimbo yamuhimbiye-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:21/09/2024 8:32
0


Umuhanzi akaba n’umwanditsi w’indirimbo, Edouce Softman yatangaje ko yageze ku gukora indirimbo ‘Marry Me’ yahimbiye umugore we witwa Nyinawumuntu Delice Rwiririza mu buryo bwatunguranye, kuko byatangiye ubwo bari bagiye gufatira amafoto y’umuryango we mu Karere ka Bugesera mu Burasirazuba.



Ni ubwa mbere Edouce Softman agaragaje umugore we mu ndirimbo nyuma y’umwaka urenze bahamije isezerano ryabo biyemeje kubana nk’umugabo n’umugore.

Muri uyu mwaka ushize, umuryango waragutse, kuko bibarutse imfura yabo. Mu kiganiro na InyaRwanda, Edouce Softman yasobanuye ko nk’umuhanzi afite indirimbo nyinshi amaze igihe ari gukoraho muri studio, ku buryo iyi yahimbiye umugore we itari hafi mu zo yateganyaga gushyira hanze muri uyu mwaka.

Kandi asobanura ko umugore we aba azi buri mu ndirimbo ari gukoraho, yaba izarangiye cyangwa se izo afite muri studio. Yavuze ko ubwo yakoraga iyi ndirimbo ‘Marry me’ muri we, yumvaga ko azifashisha undi muntu mu rwego rwo kujyanisha n’ubutumwa yaririmbyemo.

Ati “Mu by’ukuri ntabwo ariwe nateganyaga kuba nashyira mu mashusho y’iyi ndirimbo kubera ko sinayo nashakaga guhita nshyira hanze.”

Uyu muhanzi wamenyekanye mu ndirimbo nka ‘Akandi’, avuga ko umugore we yisanze mu mashusho y’iyi ndirimbo, mu rugendo rwabanjirijwe no kujya gufatira amafoto mu Karere ka Bugesera.

Yavuze ko ubwo bajyaga muri kariya kare, bari kumwe na gafotozi basanzwe bakorana, kandi akaba inshuti y’umuryango we.

Akomeza ati “gahunda kwari ukugenda tugatembere tukifotoza nyuma tugataha, tugezeyo tubona ahantu heza cyane birangira gafotozi wacu avuze ati nyamara mwanakora amashusho (Video Clip) ndabona byavamo.”     

Yavuze ko yahise agira igitekerezo cyo kubyaza umusaruro uwo mwanya, ndetse yiyumvamo gufata amashusho y’iyi ndirimbo, ariko ‘kubyumvisha umugore wanjye cyari ikibazo’.

Ati “Twabikoze nk’abantu bakinira tumwumvisha ko ari amashusho asanzwe atazasohoka, hanyuma uwafashe amashusho akora akazi. Ni nayo mpamvu mu ndirimbo hatagaragaramo ibintu byinshi, n’imyambaro ntihinduka.”

Edouce avuga ko nyuma yo gufata amashusho baratashye, hashize iminsi uwafashe amashusho aboherereza ibyavuyemo, bakunda uburyo indirimbo ikozemo biyemeza kuyishyira hanze.

Ati “Yatwoherereje ‘Sample’ yayo twese tuyirebye turayikunda na Madame arayikunda cyane cyane ko yari n’indirimbo yurukundo niko gufata umwanzuro wo kuyisohora gutyo ari ‘Visualizer’ ntakindi twongereyemo.”

Edouce Softman yasohoye amashusho y’indirimbo ‘Marry me’ yifashishijemo umugore we

Edouce yavuze ko umugore we atari yiteguye kujya muri iyi ndirimbo, kuko babikoze mu buryo bwabatunguye


Umwaka urashize, Edouce Softman arushinze n’umugore we Rwiririza Delice wahataniye ikamba rya Miss Rwanda 2020


 

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘MARRY ME’ YA EDOUCE SOFTMAN

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND