Bamwe mu bayobozi bo hejuru mu ishyaka rya Democrats bashyize igitutu kuri Joe Biden bashaka ko yegura bitewe n’imyitwarire yagaragaje mu kiganiro mpaka yagiranye na Donald Trump.
Hashize igihe gito
bimenyekanye ko Joe Biden yanduye Covid-19 akaba ari ku mucanga wa Rehoboth aho yishyize mu kato kugira ngo abanze akiruke iyi ndwara ya Covid-19.
Nyamara nubwo yahuye n’ubwo
burwayi, Joe Bieden ari kotswa igitutu n’abayobozi bakuru mu ishyaka rya Democrats
bamusaba ko yakwikura mu bikorwa byo kwiyamamariza kuyobora Amerika hagashakwa
undi umusimbura.
Ikinyamakuru Daily Mail
cyatangaje ko kubera igitutu Biden ari gushyirwaho n’abayobozi bakuru mu
ishyaka rye, ashobora gutangaza ko ahagaritse ibikorwa byo kwiyamamaza mu mpera
z’iki cyumweru.
Barack Obama wakoranye na
Joe Biden imyaka 8, aherutse kubwira abagize ishyaka rya Democrats amahirwe yo
gutsinda Joe Biden afite ari make cyane bityo hakaba harebwa undi wamusimbura
akamuhuhira mu ngata.
Bimwe mu bituma abo mu
ishyaka rya Democrats barakuye amaboko kuri Joe Biden, byatewe n’uburyo yitwaye
mu kiganiro mpaka yagiranye na Donald Trump ndetse icyo gihe akaba yari ameze
nk’umuntu unaniwe byatumye abantu benshi bavuga ko ashaje akwiye gufata
akaruhuko nubwo atabikozwa aho we yemeza ko ntacyo Donald Trump amurusha cyane
ko benda kungana.
TANGA IGITECYEREZO