RFL
Kigali

Dr Frank Habineza yashimiye abamutoye abizeza kugira uruhare mu iterambere ry’Igihugu

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:17/07/2024 15:47
0


Perezida w’ishyaka rya Green Party wari uhataniye kuyobora u Rwanda , yashimiye abamutoye nubwo atariwe watsinze, abizeza gukomeza kugira uruhare mu iterambere ry’Igihugu byumwihariko guteza imbere Demokarasi nk’uko biri mu ntego nyamukuru z’iri shyaka .



Dr.Frank Habineza wari umukandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu watanzwe n’ishyaka rya  Green Party, yashimiye abamugiriye icyizere bakamutora nubwo atagize amahirwe yo kwegukana intsinzi.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, yagize ati “Banyarwanda, ndashimira cyane abantu bantoye ndetse n’abatoye Green Party mu kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite. Tuzakomeza gukorera ibyiza Igihugu cyacu cy’u Rwanda ndetse no kugira uruhare muri Demokarasi.”

Dr.Frank Habineza yari yongeye kwiyamamariza kuyobora u Rwanda  ku nshuro ya kabiri nyuma y’uko yiyamamaje mu mwaka wa 2017 amahirwe ntiyamusekera akongera kugerageza amahirwe muri uyu mwaka wa 2024.

Ku wa 15 Nyakanga 2024, nibwo habaye amatora y’Umukuru w’Igihugu n’Abadepite ndetse ku mugoroba wo kuri uwo munsi hasohoka ibyavuye mu matora by’agateganyo ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu  bigaragaza ko  Perezida Paul Kagame ariwe wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda.

Ibyavuye mu matora by’agateganyo bigaragaza ko Paul Kagame ariwe uri imbere n’amanota 99.15% akurikirwa na Dr Frank Habineza wagize amanita 0.53% hagaheruka Mpayimana Phillipe wabonye amanita 0.32%.

Mu myanya y’Abadepite, ishyaka Green Party ryari rifite abakandida 50 bagizwe n’Abagabo 26 n’Abagore 24, babashije kubona amanota angana na 5.30% angana n’abatoye bangana na 462,290.

Dr Frank Habineza yabashije kuzenguruka mu turere twose tugize Igihugu yiyamamaza ndetse arangiza ibikorwa bye byo kwiyamamaza afite ikcyizere cya 55% cyo gutsinda amatora.

Ku munsi hamenyekanaga ibyavuye mu matora by’agateganyo, Dr Frank Habineza yashimiye Perezida Paul Kagame watsinze aya matora, avuga ko yabarushije amajwi menshi cyane.

 

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND