RFL
Kigali

Nyuma y’imyaka 5 batandukanye, The Brothers yari igiye kugaruka habura gato

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:29/06/2024 13:00
0


Ushobora kuba utabibuka neza, ariko uvuze indirimbo 'Bya Bihe' wahita wumva neza ko ari itsinda rya The Brothers riri kuvugwa. Ryagize ibihe byiza mu muziki ku buryo hari ibihumbi by'abantu bahora barifitiye urukumbuzi n'ubwo bikigoye ko ryagaruka rikongera gutanga ibyishimo.



Iri tsinda ryavuzwe cyane mu itangazamakuru kuva mu 2006 kugeza mu 2012. Ryari rigizwe na Nshimiyimana Fikiri wamamaye nak Ziggy 55, Victory Fidele Gatsinzi [Vicky] ndetse na Semivumbi Daniel [Danny Vumbi], umunyamuziki akaba n'umwanditsi w'indirimbo uri mu bakomeye.

Inyandiko zivuga kuri iri tsinda zigaragaza ko ryatangiye urugendo rw'umuziki mu 2004, ritangijwe na Danny na Vicky, baza guhuza imbaraga na Ziggy waryinjiyemo mu 2006.

Ryavutse biturutse kuri Vicky na Danny Vumbi bahuriye muri Kaminuza ya KIE buri umwe yifitemo impano yo kuririmba, biyemeza gushinga itsinda. Ni uko rivuka mu 2004.

Bakoze ibihangano byasize urukumbuzi ku mubare munini, ndetse babasha kwegukana ibikombe birimo nk'igihembo cya Never Again cyo mu 2004, PAM Awards yo mu 2006, Salax Awards yo mu 2008, Ijoro ry'urukundo Awards yo mu 2009 ndetse na 'East African Music Awards yo mu 2011.

N'ubwo batandukanye buri wese agaca inzira ze, ariko Album yabo bise 'Impinduka' iriho indirimbo 10 na n'ubu abantu baracyayumva. Iriho indirimbo nka 'Ijambo, 'Yambi', 'Bya Bihe', 'Nagutura iki' n'izindi.

Kimwe mu bigaragara mu muziki muri iki gihe ni uko amatsinda yagiye aba macye ahanini bitewe n'ibibazo ndetse n'ibyifuzo bya buri umwe.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Danny Vumbi yavuze ko gutandukana kw'abagize itsinda bikwiye kurebwa mu nguni nyinshi, ariko kandi wanashingira mu kuba mu itsinda hari igihe habamo umuntu umwe wiyumva nk'aho iryo tsinda ari we rishingiyeho.    

Ati "Imwe mu mpamvu ituma amatsinda y'umuziki ataramba habamo kuvunishanya cyangwa kwiyemera kuri umwe mu bagize itsinda. Birashoboka ko waba ufite ijwi ryiza kurusha bagenzi bawe cyangwa undi akaba ari umwanditsi mwiza kurusha abandi bose basigaye.”

“Indirimbo yasohoka ukumva uruhare rwawe ni nka 80% cyangwa 90%, nka mugenzi wawe yashaka gusohora indirimbo y'indi yahimbye nkawe nk'umwanditsi urenze ukavuga uti 'iyi ndirimbo rero ntabwo iri ku rwego rwacu' wabivuga nko mu nama na bagenzi bawe, bagahita bavuga bati uyu muntu atangiye kwishyira hejuru, buriya ntabwo biba byoroshye ko abantu bumvikana ijana ku ijana [...]"

Danny Vumbi yumvikanishije ibyabaye mu matsinda y'andi ari nabyo bishobora kuba byaragejeje ku itandukana rya The Brothers, kandi avuga ko iri tsinda ridaze kugaruka.

Uyu muhanzi uherutse gushyira hanze indirimbo yise 'Afande' yavuze ko nyuma y'imyaka itanu yari ishize nka The Brothers batandukanye, hari umuntu wabegereye ashaka kubakoreshereza indirimbo no kubategurira ibitaramo byari kugera mu Ntara zitandukanye n'Umujyi wa Kigali, ariko bombi bananirwa kumvikana. Ati "Akazi ntitwabashije kugakora, kandi twese twari duhari."

Yavuze ko uwo muntu yari uwo mu Rwanda, kandi muri gahunda yari afite harimo kubakorera indirimbo eshatu nshya, ebyiri zari gukorerwa amashusho hanyuma indi igasohoka ari 'Audio' gusa.

Ni umushinga yari yateguye ku buryo yateganyaga ko izi ndirimbo zari gucurangwa mu bitangazamakuru mu gihe cy'amezi atandatu mu rwego rwo kuzimenyekanisha hanyuma bagahita batangira ibitaramo byo kuzenguruka igihugu.

Ati "Yatekerezaga ko mu gihe cy'amezi atandatu, indirimbo abantu bazaba bazifasha hanyuma tugakora ibitaramo ku rwego rw'igihugu, ariko ntabwo twumvikanye ku buryo twari kubikora."

Danny Vumbi yavuze ko 'uwo muntu yatangaga amafaranga menshi' ariko ntibyakunze ko bombi bemeranya kuri uwo mushinga. Ati "Ni igitekerezo cyo muri 20017, hari hashize imyaka itanu dutandukanye (Bivuze ko batandukanye mu 2012)." 

Yirinze kuvuga impamvu zatumye bombi badahuza kuri ibi bitaramo bitanu, ariko kandi yumvikanishije ko buri umwe yari afite uko yumva ibintu cyane cyane bijyanye n'amafaranga uriya mushoramari yemeraga kubaha bombi.

Danny Vumbi atekereza ko iyo bemera gukora biriya bitaramo' iri tsinda ryari kugaruka. Ati "Wenda nk'iyo icyo gihe kibaho, The Brothers yari kongera kugaruka."


Danny Vumbi yatangaje ko mu 2017 bahawe ikiraka nka The Brothers cyari gutuma bagaruka mu muziki ariko bananiwe kumvikana


Danny Vumbi yavuze ko gutandukana kw’abagize itsinda ahanini bituruka mu kuvunishanya


The Brothers yagize ibihe byiza mu muziki, ku buryo indirimbo zabo nka ‘Bya bihe’ ziracyumvwa 

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO '365 REMIX' YA DANNY VUMBI NA ZIGGY 55

">

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA DANNY VUMBI AGARUKA KU NGINGO ZINYURANYE KU MUZIKI

 ">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND