RFL
Kigali

Madagascar na Somalia byabonye ubwigenge: Bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:26/06/2024 9:33
0


Uyu munsi ni kuwa 3 w’icyumweru cya 26 mu byumweru bigize umwaka. Tariki 26 Kamena, ni umunsi w’177 mu minsi igize umwaka, hakaba habura iminsi 188 ngo umwaka urangire.



Hari byinshi biba byarabaye kuri iyi tariki mu bihe byashize, ariko buri munsi InyaRwanda yiyemeje kujya ikugezaho bimwe mu by’ingenzi byayiranze mu mateka.

Bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka:

1870: Umunsi wa Noheli wagizwe umunsi w’ikiruhuko rusange muri Leta zunze ubumwe za Amerika.

1889: Umujyi wa Bangui warashinzwe, ushingwa n’abafaransa Albert Dolisie na Alfred Uzac mu cyari Kongo-mfaransa, kuri ubu ukaba ari umurwa mukuru w’igihugu cya Centrafurika.

1960: Igihugu cya Somalia cyabonye ubwigenge bwacyo ku Bwongereza, kikaba cyaritwaga Somaliland.

1960: Iguhugu cya Madagascar cyabonye ubwigenge bwacyo ku Bufaransa.

Ibyamamare byavutse kuri iyi tariki:

1922: Eleanor Parker, umukinnyikazi wa filime w’umunyamerika nibwo yavutse, aza kwitaba Imana mu 2013.

1972: Garou, umuririmbyi w’umunyakanada nibwo yavutse.

1979: Ryan Tedder, umuririmbyi, umwanditsi w’indirimbo akanazitunganya w’umunyamerika wamenyekanye mu itsinda rya OneRepublic nibwo yavutse.

1983: Felipe Melo, umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umunyabrazil nibwo yavutse.

1987: Samir Nasri, umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umufaransa nibwo yavutse.

1993: Ariana Grande, umuririmbyikazi akaba n’umukinnyikazi wa filime w’umunyamerika nibwo yavutse.

Ibihangange byitabye Imana uyu munsi:

1810: Joseph-Michel Montgolfier, umuvumbuzi w’umufaransa, akaba umwe mu bavumbuye ibipirizo biguruka mu kirere bizwi nka  'hot air balloon,' yaratabarutse ku myaka 70 y’amavuko.

1994: Abatutsi biciwe hirya no hino mu gihugu, mu gihe Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yari ikomeje.

2003: Marc-Vivien Foé, umukinnyi w’umupira w’umunyakameruni yitabye Imana, ku myaka 28 y’amavuko.

Iminsi mikuru yizihizwa uyu munsi:

Uyu munsi ni umunsi mpuzamahanga wo kurwanya icuruzwa n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge  ku isi.

Uyu munsi ni umunsi mpuzamahanga wo kuzirikana no kwita ku bantu bahuye n’iyica rubozo.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND