RFL
Kigali

U Bushinwa bwemewe n’Umuryango w’Abibumbye! Ibyaranze uyu munsi mu mateka

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:27/09/2024 8:51
0


Ibintu biba byarabaye kuri iyi tariki mu myaka yashize ni byinshi cyane ariko uyu munsi, InyaRwanda yaguhitiyemo bimwe mu by’ingenzi bidateze kwibagirana mu mateka y’isi.



Tariki 27 Nzeri ni umunsi wa 271 mu minsi igize umwaka usigaje 96 ukagera ku musozo.

Uyu munsi Kiliziya Gatolika irizihiza Mutagatifu Vincent de Paul na Florentin.

Bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka:

1590: Papa Urban VII ubusanzwe witwaga Giovanni Battista Castagna yatabarutse nyuma y’iminsi 13 nyuma yo kwimikwa nk’Umushumba Mukuru wa kiliziya Gatolika, ni we wayoboye Kiliziya Gatolika mu gihe gito cyane.

1905: Ikinyamakuru Annalen der Physik cyandika ku bijyanye n’Ubugenge cyashyize ahagaragara inyandiko yanditswe n’umuhanga uzwi cyane mu bijyanye n’Ubugenge n’Ubutabire Albert Einstein. Iyi nyandiko yagiraga iti ”Does the Inertia of a Body Depend Upon Its Energy Content?” igaragaza formule ya E=mc²,Mass–energy equivalence ikoreshwa cyane mu Bugenge n’Ubutabire.

1916: Iyasu yabaye Umwami w’Abami wa Ethiopia gusa akurwa ku ngoma vuba biturutse kuri Nyirasenge Zauditu.

1928: Repubulika y’u Bushinwa yemewe n’Umuryango w’Abibumbye.

1959: Abantu barenga ibihumbi 5 bapfiriye ku Kirwa cya Honshū mu Buyapani bazize umuyaga wo mu Nyanja wiswe ’typhoon’.

1961: Sierra Leone yinjiye mu Muryango w’Abibumbye.

1962: Yemen Arab yabaye Repubulika.

1964: Komisiyo yiswe Warren yashyize ku mugaragaro icyegereranyo cyayo, cyemeje ko Lee Harvey Oswald ari we wishe Perezida John F. Kennedy.

1996: Nyuma yo kwirukana Perezida Burhanuddin Rabbani wa Afghanistan, intagondwa zo mu Mutwe w’Abatalibani zafashe Umujyi wa Kabul ndetse zivugana uwahoze ari umukuru w’iki gihugu Mohammad Najibullah.

2002: East Timor yashyizwe mu bihugu binyamuryango by’Umuryango w’Abibumbye.

2008: Zhai Zhigang yabaye Umushinwa wa mbere washoboye kugenda mu kirere atwawe n’Icyogajuru Shenzhou 7.

Bamwe mu bavutse uyu munsi:

1948: Duncan Fletcher, wo muri Zimbabwe wabaye umukinnyi ndetse n’umutoza wa Cricket.

1966: Uche Okechukwu, umukinnyi w’umupira w’amaguru ukomoka mu gihugu cya Nigeria.

Bamwe mu bitabye Imana uyu munsi:

2009: Charles Houston, Umunyamerika wakoraga ibijyanye n’ubukerarugendo bwo kurira imisozi.

2010: George Blanda, Umukinnyi w’umupira w’amaguru ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND