Umugore wari mu birori bye byo gushyingirwa n’umugabo we bagiye kubana akaramata, yerekeje ku kigo yigagaho ajya gukora ikizamini gisoza amashuri ye mu ikanzu y’ubukwe agaragiwe n’abamwambariye.
Inkuru itangaje ivuga ko umugore udasanzwe yavuye mu
bukwe bwe akerekeza ahaherereye ishuri yigagamo, ajya gukora ikizamini gisoza
amasomo yize, benshi bacika ururondogoro ku mbuga nkoranyambaga.
Uyu mugore utatangajwe imyirondoro ye wakoze agashya, yerekeje ku kigo y’ishuri
afata urugendo rw’amaguru aherekejwe n’abamwambariye berekeza ku kigo yigagaho
atangira gukora ikizamini cye.
Ubusanzwe kirazira guhaguruka uko wiboneye igihe
wakoze ubukwe, ndetse no mu bwiherero wirinda kujyayo buri kanya.
Ubwo uyu mugore yabazwaga ibi yakoze yatangaje ko nyuma yo gupanga ubukwe, yamenye neza ko itariki buzaberaho yagonganye n’ikizamini
abura icyo yakora n’icyo areka, gusa nyuma amenya ko byose ashobora kubikorera
rimwe bikagenda neza.
FOM ihamya ko amagambo yabaye menshi ku bamubonye imbona nkubone, bigatangaza abo bigana, ndetse abarimo ababyeyi bakifata ku munwa babonye ibibaye, hadasigaye n’abakoresha imbuga nkoranyambaga ubwo babonaga ayo mafoto.
TANGA IGITECYEREZO