RFL
Kigali

Bakunda umurimo! Igisobanuro n’imiterere y’abitwa ba Amiel

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:22/05/2024 8:35
0


Buri muntu wese agira umwihariko w'izina rye aba yarahawe n'ababyeyi be bitewe n'ibyo bamwifuriza mu buzima, ariko ikibabaje ni uko hari abita abana babo amazina batazi n'icyo asobanuye.



Amiel ni izina rihabwa abana b’abahungu rikaba rikomoka mu rurimi rw’Igiheburayo aho risobanura ngo ‘Imana y’abantu banjye.’

Hari abantu benshi bamenyekanye cyane bitwa ba Amiel, urugero ni umuhanga mu by’Imitekerereze Henri-Frédéric ukomoka mu Busuwisi n’umusizi witwa Jack Amielg.

Bimwe mu biranga ba Amiel:

Intego nyamukuru kuri ba Amiel ni uko bakomeza gushikama ku rushako rwabo, kutajegajega mu bijyanye n’ubukungu bwabo no kuguma kuba abo bari bo mu bihe ibyo aribyo byose.

Mu buzima busanzwe, Amiel ni umusore ukunda gukora ariko iyo wibeshye ukamushyiraho amategeko ku byo akora ntimubyumva kimwe ndetse rimwe na rimwe akuka inabi.

Ba Amiel ntibakunda ko hari umuntu wese wabafatira ibyemezo ahubwo baba bashaka ko ibintu byose babikora uko bashaka.

Ni abantu bakunda kwigengesera cyane mu myitwarire no kugenzura imiterere yabo. Bakunda kumva abantu babari hafi ariko nanone batabangamiye uburyo bo babona ibintu.

Iyo ba Amiel batangiye urukundo bashyiramo imbaraga zabo zose, bakamenya kwita ku rukundo rwabo n’abo bihebeye. Ba Amiel barangwa n’urukundo rwinshi ku buryo bakora ibishoboka byose kugira ngo barinde abakunzi babo.

Ibi rimwe na rimwe babipfa na bagenzi babo kuko atari abantu benshi bakunda ko umuntu ahora amenya ibyo bakora byose.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND